Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi; bashyize umukono ku masezerano y’amahoro ya burundu, mu muhango wari ukurikiwe n’isi yose.

Ni umuhango wabimburiwe n’imbwirwaruhame zabanje gutangwa na Perezida Donald Trump wa US, Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ndetse n’abandi Bakuru b’Ibihugu batumiwe.

Perezida Trump yabanje guha ikaze abitabiriye iki gikorwa barimo, Perezida João Lourenço wa Angola, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, William Ruto wa Kenya unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na Faure Essozimna Gnassingbé wahawe inshingano z’ubuhuza na AU.

Perezida Trump, mu ijambo rye, yatangaje ko yishimiye kuba igikorwa nk’iki cy’amateka kigezweho, kikaba ari amateka yiyanditse ku Isi, anagaruka ku mateka y’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Yavuze ko mu myaka irenga 30 ishize hari ibibazo muri kiriya gice, hari Abanyekongo benshi babarirwa mu mamiliyoni bahasize ubuzima, abandi benshi bakava mu byabo.

Yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame na Tshisekedi ku ruhare rwabo mu gutuma aya masezerano agerwaho, aho yavuze ko mu biganiro byo mu muhezo bagiranye, bagaragazanyije ko basanzwe bakundana, kandi baniteguye gukorana mu bijyanye n’ubukungu.

Perezida Paul Kagame na we mu ijambo rye, yashimiye Trump n’ubutegetsi bwe bwazanye uburyo bushya mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, avuga ko ari uburyo butigeze bukoreshwa n’abandi bose bagerageje gushaka umuti w’iki kibazo mbere.

Yavuze ko Trump yakoresheje uburyo butagira uruhande bubogamiraho, kandi bwinjira mu mizi y’ibibazo, n’uburyo byashakirwa umuti, mu gihe abagerageje mu bihe byatambutse, babinyuraga hejuru.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nk’uko bisanzwe, u Rwanda kuva cyera rwamye rwifuza kubana neza n’ibindi Bihugu birimo n’iki cya DRC, ndetse ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rusabwa byoze muri aya masezerano y’amahoro.

Perezida Kagame yavuze ko Trump ntacyo atakoze mu gushaka umuti w’ibi bibazo utegerejweho kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ndetse ko n’aya masezerano ateganya ingingo zose zikiranuye zatuma ibibazo bikemuka, bityo ko biramutse bitubahirijwe, “byaba biturutse kuri twe” aho yanavuze ko umwanya ari uyu ngo Abanyafurika bashyire imbere ibibahuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.