Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka yongeye kwiyandika mu mahitamo y’Abanyarwanda: Perezida Kagame yarahiye aha isezerano Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka yongeye kwiyandika mu mahitamo y’Abanyarwanda: Perezida Kagame yarahiye aha isezerano Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Saa 15:42’, isaha itazibagirana mu mateka y’Abanyarwanda ubwo bakiraga indahiro ya Perezida Paul Kagame bongeye kwitorera ku majwi 99,18%, akaba yabizeje ko bazakomeza gufatanya nk’uko byakomeje kubaranga, ati “Icyizere mumfitiye, ni cyo mbafitiye.”

Ni umunsi wari utegerezanyijwe amatsiko menshi, ku Banyarwanda batahwemye kugaragariza Perezida Paul Kagame ko ari we muyobozi uhwanye n’amahitamo yabo, ndetse bakabigaragariza mu kumuhundagazaho amajwi mu matora yabaye tariki 15 Nyakanga 2024, yasize bamutoye ku gipimo gisatira 100%.

Umuhango witabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batandukanye barenga 20, baturutse mu mfuruka zose z’Umugabane wa Afurika, ndetse n’abandi Banyacyubahiro barimo abayoboye Imiryango Mpuzamahanga ndetse n’abigeze kuba Abakuru b’Ibihugu.

Ku isaaha ya saa cyenda na mirongo ine n’ibiri (15:42’), Perezida Paul Kagame wari ufashe ku ibendera ry’u Rwanda n’ukuboko kw’imoso, yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda muri Manda y’imyaka itanu, ikaba ari na yo ya mbere nyuma y’uko Itegeko Nshinga rihinduwe, imyaka ya manda ikagirwa itanu ivuye kuri irindwi.

Mu birori byari binogeye ijisho, Perezida Paul Kagame amaze kurahizwa na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, yanamushyikirije ibirango by’Igihugu, Itegeko Nshinga, Ibendera n’Ikirangantego cya Repubulika y’u Rwanda, ndetse Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, na we amushyikiriza inkota n’ingabo, nk’ibimenyetso by’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda byo kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Icyizere bamugiriye yavuze ko na we ari cyo abafitiye

Mwakunze kuvuga ngo ‘ni wowe’ ariko si ndi njyenyine

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere, bakamutora, ndetse ko babigaragaje mu bihe bitambutse birimo ibyo kwiyamamaza, ndetse n’ibikorwa by’amatora, byaranzwe n’ibyishimo ku Banyarwanda.

Ati “Ndagira ngo mbere na mbere nshimire Abanyarwanda mwese kuba mwongeye kungirira icyizere. Nishimiye kongera kubabera Umuyobozi ari we Perezida muri iyi manda nshya dutangiye.”

Perezida Kagame kandi yashimiye abashyitsi baje kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi birori, yaba ari abaturutse mu Bihugu bya hafi ndetse n’abaturutse mu bya kure.

Yavuze ko muri iyi myaka 30 ishize, u Rwanda rwashyizeho politiki ishingiye ku kongera kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda bwari bwarasenywe n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere bukabiba amacakubiri mu Banyarwanda yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyo Abanyarwanda bagezeho muri iyi myaka 30, byagezweho kubera imikoranire y’Abanyarwanda n’abayobozi babo, by’umwihariko umuyobozi wabo bihitiyemo.

Ati “Mu bihe byo kwiyamamaza twumvaga kenshi ya ntero yagira iti ‘ni wowe’, ariko mu by’ukuri si njye njyenyine, ahubwo ni mwebwe ni twese, namwe.”

Yavuze ko ubu igisigaye ari uguhanga amaso ibiri imbere, ubundi ubu bufatanye bwakomeje kuranga Abanyarwanda, bugakomeza kubageza ku bindi bifuza kugeraho.

Ati “Ubu rero tugomba kongera kureba imbere ahazaza. Mu myaka 30 ishize, twageze kuri byinshi kandi byiza, ariko nanone haracyari byinshi tutarageraho, ariko tuzageraho mu myaka iri imbere. Iyi manda nshya rero, ni intangiriro yo gukora ibirenze kugira ngo ibyo twifuza tubigereho. Kuki se n’ubundi tutarenza ku byo twakoze?”

Ibi kandi kuba Abanyarwanda babitekereza, ntabwo byaba ari ukwigerezaho, kuko ibyo bashoboye mu bihe bitambutse byari bigoye, bishimangira ko ntacyo batageraho kandi ko icyatuma babigeraho kigishinze imizi.

Ati “Kubitekereza ntabwo ari ukurota, birashoboka bizashoboka, twabikora kandi tuzabikora. Icy’ingenzi muri byose turi hamwe turi umwe.”

Yongeye kwizeza Abanyarwanda ko icyizere bamugiriye azakomeza kukigenderaho, kandi ko yizeye ko n’ubundi bazakomeza kukimushyigikiramo bakanamufasha kuzuza inshingano bamuhaye.

Ati “Mwampaye amahirwe y’icyo cyizere yo kubakorera no gukorana namwe, ibyo twifuza byose tuzabigeraho. Hari byinshi tugomba gukomeza gucyemura, hari byinshi tugomba gukomeza guhuriraho, icyizere mumfitiye, ni cyo mbafitiye.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje Abanyarwanda ko umugisha u Rwanda rufite, uzakomeza gushoboza abarutuye kugera ku byo bifuza kugeraho, kandi buri wese abigizemo uruhare, ndetse n’umusaruro wabyo ukazakomeza kugera kuri bose.

Perezida Kagame yarahiriye kongera kuyobora Abanyarwanda
Abakuru b’Ibihugu binyuranye bitabiriye ibi birori

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 2 =

Previous Post

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.