Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y’amazi meza anyura mu Mudugudu wabo, ariko bo bakaba bakivoma amazi mabi, badatinya kwita ibiziba, bayakoresha muri byose no kuyanywa.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze igihe kirenga imyaka itanu basaba amazi meza kuko bavoma mu gishanga, ariko bakategereza igisubizo bagaheba.

Umusaza witwa Habinshuti François Xavier, umunyamakuru yasanze yagiye  kuvoma amazi yo mu bishanga, kimwe n’abandi baturage bo muri Gitwa, yamubwiranye agahinda ko kuba bakivoma amazi mabi, kandi bazi neza ko imiyoboro ijyana ameza ahandi, inyura hafi yabo. Yagize ati “Uko uyabona ni ko tuyakoresha, mu guteka, kumesa n’ibindi.”

Senzira Jean Damascène na we yagize ati “Ntiwareba ukuntu aba yanduye! Hari ibikeri, inzoka… Kuyavoma ni ukubura amazi, kuko iyo umuntu yishwe n’inyota birangira ayagotomereye.”

Iyamuremye na we ati “Amazi meza aho ari ni kure ku muhanda; bisaba urugendo rw’amasaha abiri ku musore kugira ngo agaruke kandi amatiyo anyura muri uyu Mudugudu wacu, ariko twe nta mazi tugira.”

Gusa Umukuru w’Umudugudu wa Gitwa, Bayagambe Daphrose, we agaragaza ko hari intambwe iherutse guterwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro.

Yagize ati “Mu nteko y’abaturage, Visi Meya yatubwiye ko hagiye gukorwa igishushanyo mbonera, kandi ko amazi azatangwa hashingiwe ku buryo abantu batuye. Urebye koko turanywa amazi mabi, n’ubwo abajyanama baduha inama z’uko twayasukura, ariko abantu bose ntibabyumvaga kimwe. Ni na yo mpamvu usanga abana barwara inzoka kubera umwanda uva kuri ayo mazi.”

Mudacumura Emmanue, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) ishami rya Rutsiro, avuga ko aba baturage bahoranye amazi meza ariko bakaza kwangiza bimwe mu bikorwa remezo byayo, bityo ikibazo cyabo kigiye gushakirwa umuti mu gihe cya vuba.

Ati “Habayeho kwangiza ibikoresho by’amazi. Abacunga iyo zone babwiye abaturage ko ari bo babyangije bityo bakwiye gushaka amafaranga yo kugura ibyo bikoresho bishyirwemo. Tugiye gukorana n’abo bacunga zone bagura mubazi bashyirweho bityo abaturage bavome. Tuzanakora ubukangurambaga kugira ngo bamenye ko ibikorwaremezo ari ibyabo kandi ko kubyangiza bibagiraho ingaruka. Turabikurikirana kandi vuba birakemuka.”

Kugeza ubu, Akarere ka Rutsiro kari kuri 69.7% by’abaturage bagerwaho n’amazi meza, mu gihe gahunda ya 2 y’imbaturabukungu ya Guverinoma y’u Rwanda (NST2) iteganya ko bitarenze umwaka wa 2029, abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.

Baracyavoma amazi yo mu bishanga

Basaba ko na bo bahabwa amazi meza nk’abandi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seventeen =

Previous Post

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Next Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.