Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko abatarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora, bafite amahirwe yo kuzuza inshingano zo gutora, kuko bashobora gutorera ahabegereye bagashyirwa ku mugereka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, umunsi wari utegerejwe n’Abanyarwanda benshi, baramukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika, n’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere yarahujwe.

Ni igikorwa cyabimburiwe n’ibindi bigize inzira ziganisha ku matora nyirizina, birimo kwireba no kwikosoza kuri Lisiti y’itora, ndetse no kuba Abanyarwanda barahawe umwanya uhagije wo kuba bakwiyimura kuri Lisiti y’Itora bakoresheje ikoranabuhanga rya Telefone.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bwatangaje ko abacikanywe n’aya mahirwe yo kwiyimura kuri Lisiti y’Itora, batavutswa uburenganzira bwabo bwo gutora, bukaba n’inshingano zabo.

Itangazo ryashyizwe hanze, rigira riti “Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iramenyesha ko abarabashije kwiyimura, bemerewe gutorera kuri site z’itora zibegereye nyuma yo kugenzura ko banditse ku ilisiti y’itora, bagashyirwa ku mugereka.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku mabwiriza yayo yo ku wa 19 Gashyantare 2024 agenga amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024, cyane cyane mu ngingo yayo ya 93.

RARIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Next Post

Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.