Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko abatarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora, bafite amahirwe yo kuzuza inshingano zo gutora, kuko bashobora gutorera ahabegereye bagashyirwa ku mugereka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, umunsi wari utegerejwe n’Abanyarwanda benshi, baramukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika, n’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere yarahujwe.

Ni igikorwa cyabimburiwe n’ibindi bigize inzira ziganisha ku matora nyirizina, birimo kwireba no kwikosoza kuri Lisiti y’itora, ndetse no kuba Abanyarwanda barahawe umwanya uhagije wo kuba bakwiyimura kuri Lisiti y’Itora bakoresheje ikoranabuhanga rya Telefone.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bwatangaje ko abacikanywe n’aya mahirwe yo kwiyimura kuri Lisiti y’Itora, batavutswa uburenganzira bwabo bwo gutora, bukaba n’inshingano zabo.

Itangazo ryashyizwe hanze, rigira riti “Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iramenyesha ko abarabashije kwiyimura, bemerewe gutorera kuri site z’itora zibegereye nyuma yo kugenzura ko banditse ku ilisiti y’itora, bagashyirwa ku mugereka.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku mabwiriza yayo yo ku wa 19 Gashyantare 2024 agenga amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024, cyane cyane mu ngingo yayo ya 93.

RARIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 19 =

Previous Post

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Next Post

Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.