Friday, September 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yizeje abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu kwishyurwa ibirarane by’amafaranga arimo ay’agahimbazamusyi k’umukino baheruka kunganya, mbere yuko iyi kipe ihura n’iya Nigeria mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Amakuru aturuka muri Nigeria aho Ikipe y’u Rwanda iri yitegura umukino ifite kuri uyu wa Gatandatu, yemeza ko Perezida wa FERWAFA, yemereye aba bakinnyi kwishyurwa ibirarane bari bafitiwe.

Amafaranga yemerewe aba bakinnyi, arimo agahimbazamusyi ko kuba Amavubi yaranganyije na Lesotho igitego 1-1 mu mukino wabaye muri Werurwe mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, avuga ko aka gahimbazamusyi kishyurwa abakinnyi, kangana n’ibihumbi 750 Frw kuri buri mukinnyi.

Nanone kandi Shema Ngoga Fabrice yizeje abakinnyi kwishyurwa ibirarane by’amafaranga bahabwa uko bahamagawe azwi nka Call up Fees, aho bari baberewemo ayo guhamagarwa inshuro ebyiri, hakiyongeraho ayo kuri iyi nshuro.

Aya mafaranga yose hamwe agomba guhabwa abakinnyi imbumbe, angana na miliyoni 75 Frw, y’ibirarane bari baberewemo.

Ni amafaranga atangwa na Minisiteri ya Siporo, aho Perezida wa FERWAFA, mu kiganiro yaraye agiranye n’abakinnyi kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025, yabizeje ko bagomba kuyishyurwa.

Amakuru avuga ko Minisiteri ya Siporo yamaze gutanga aya mafaranga yose, kugira ngo bayashyikirizwe, bazamanuke mu kibuga kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, bahagaze neza.

Shema Ngoga Fabrice waherekeje Amavubi nyuma y’iminsi ibiri gusa atorewe kuba Perezida wa FERWAFA, yanizeje iyi kipe kandi ko niramuka itsinze uyu mukino uzayihuza na Nigeria, azayihemba, ariko ntiyatangaje igihembo ayiteganyirije.

Perezida wa FERWAFA mushya aganira na Kapiteni Bizimana Djihadi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + ten =

Previous Post

Rusizi: Uwakubitiwe mu nama akekwaho kuroga afite impungenge zo kugirirwa nabi

Next Post

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Related Posts

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

by radiotv10
04/09/2025
0

Amahoro Stadium has been ranked seventh on the list of the top ten best stadiums in Africa, a ranking led...

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

by radiotv10
04/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwimuye ibiro bwakoreragamo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko kuri ‘Zinia’ bwimukira iruhande rwa BK...

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri...

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, yatsinze umukino wayo wa mbere muri iri...

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe...

IZIHERUKA

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda
MU RWANDA

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

by radiotv10
05/09/2025
1

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

05/09/2025
Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

05/09/2025
Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

05/09/2025
Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w'abo kimaze guhitana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.