Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in SIPORO
0
Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Carlos Alos Ferrer yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi bagomba kuvamo abazakina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika batarimo Haruna Niyonzima wabaye Kapiteni igihe kinini ndetse na Jacques Tuyisenge.

Ni urutonde rw’abakinnyi 28 barimo abanyezamu batatu ari bo Kwizera Olivier wigeze gutangaza ko asezeye umupira w’Amaguru ariko nyuma akaza kugarukamo ndetse ubu akaba ari mu banyezamu bahagaze neza mu Rwanda.

Barimo kandi Ntwari Fiacre wa AS Kigali ndetse na Kimenyi Yves wa Kiyovu Sports.

Barimo kandi abakinnyi b’inyuma 12 barimo Emmanuel Imanishimwe ndetse na Manzi Thierry bakinana mu ikipe ya AS FAR yo muri Maroc, hakabamo kandi abakinnyi bane ba APR FC nka Claude Niyomugabo, Nsabimana Aimable, Fitina Ombolenda na Buregeya Prince.

Mu bakinnyi barindwi bo hagati bahamagawe, barimo babiri bakina hanze ari bo Bizimana Djihad na Rafael York mu gihe abandi bakina mu Rwanda barimo batatu ba APR FC ari bo Bonheur Mugisha, Jean Bosco Ruboneka na Djabel Manishimwe ndetse na babiri ba Rayon Sports ari bo Muhire Kevin na Blaise Nishimwe.

Naho ba rutahizamu, hahamagawe abakinnyi batandatu barimo babiri ba APR FC; Yves Mugunga ndetse na Byiringiro Lague na batatu ba Police FC ari bo Dominique Ndayishimiye, Danny Usengimana na Muhadjiri Hakizimana ndetse na Medie Kagere ukina hanze.

Aba bakinnyi 28 biganjemo abakina imbere mu Gihugu kuko abakina hanze ari abakinnyi bane gusa mu gihe ikipe ifitemo abakinnyi benshi ari APR FC ifitemo icyenda (9).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + one =

Previous Post

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

Next Post

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.