Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru witwa Mukanemeye Madeleine wo mu Karere ka Huye, usanzwe ari umukunzi w’Ikipe ya Mukura VS n’Amavubi, yasuwe n’abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23, bamuha impano zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ubwo abakinnyi, abatoza n’abandi bari kumwe basuraga uyu mukecuru ukunze kugaragara kuri stade ya Huye yagiye gushyikira ikipe ya Mukura ndetse n’iy’Igihugu Amavubi.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ritangaza ko iyi kipe y’abatarengeje imyaka 23 bahaye impano uyu mukecuru.

Ubutumwa bw’iri shyirahamwe buherekeje amafoto agaragaza abakinnyi bari kumwe n’uyu mukecuru, bugira buti “Bamuhaye umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, ikoti ry’imvura, ibahasha n’ibiribwa.”

FERWAFA ikomeza ivuga ko uyu mukecuru “Yasazwe n’ibyishimo, abasezeranya kuzaza kubafana bahatana na Mali.”

Abasore b’Amavubi basanze uyu mukecuru ari mu turimo two mu rugo, yabakiranye urugwiro, agenda abaramutsa umwe ku wundi akagenda anaba ibyo bita chance.

Uyu mukecuru wagaragazaga amarangamutima yo kuba yakiriye aba basore b’Igihugu, yagize amarira y’ibyishimo, ababwira ati “Ni ibyishimo.”

Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23, amaze iminsi mu Karere ka Huye ari mu myitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Next Post

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.