Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru witwa Mukanemeye Madeleine wo mu Karere ka Huye, usanzwe ari umukunzi w’Ikipe ya Mukura VS n’Amavubi, yasuwe n’abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23, bamuha impano zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ubwo abakinnyi, abatoza n’abandi bari kumwe basuraga uyu mukecuru ukunze kugaragara kuri stade ya Huye yagiye gushyikira ikipe ya Mukura ndetse n’iy’Igihugu Amavubi.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ritangaza ko iyi kipe y’abatarengeje imyaka 23 bahaye impano uyu mukecuru.

Ubutumwa bw’iri shyirahamwe buherekeje amafoto agaragaza abakinnyi bari kumwe n’uyu mukecuru, bugira buti “Bamuhaye umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, ikoti ry’imvura, ibahasha n’ibiribwa.”

FERWAFA ikomeza ivuga ko uyu mukecuru “Yasazwe n’ibyishimo, abasezeranya kuzaza kubafana bahatana na Mali.”

Abasore b’Amavubi basanze uyu mukecuru ari mu turimo two mu rugo, yabakiranye urugwiro, agenda abaramutsa umwe ku wundi akagenda anaba ibyo bita chance.

Uyu mukecuru wagaragazaga amarangamutima yo kuba yakiriye aba basore b’Igihugu, yagize amarira y’ibyishimo, ababwira ati “Ni ibyishimo.”

Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23, amaze iminsi mu Karere ka Huye ari mu myitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Next Post

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.