Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amayeri adasanzwe yakoreshejwe n’uwibye imodoka agafatwa atarasoza umugambi

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amayeri adasanzwe yakoreshejwe n’uwibye imodoka agafatwa atarasoza umugambi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 39 yafatiwe mu Karere ka Rubavu, ari gushakira umukiliya moteri y’imodoka akekwaho kwibira i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, aho yakoresheje amayeri kugira ngo ayibe.

Ni imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yari yibiwe ahazwi nko ku Mashyirahamawe muri Nyabugogo, aho nyirayo yari yasize ayiparitse.

Iyi modoka yaje gufatirwa mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023, nyuma y’icyumweru yibwe kuko yari yabuze tariki 17 Nyakanga 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uwibye iyi modoka asanzwe ari umukanishi mu igaraje nyirayo yajyaga ajya kuyikoreshamo.

Ati “Byaje kumenyekana ko mu gukora iyo modoka mu kwezi kwa Gicurasi, yayikuyemo urufunguzo rwayo (Kontaki) ajya gucurishamo urundi ararusigarana.”

Nyiri iyi modoka, hari hashize amezi abiri avuye gukoresha iyi modoka kuri uwo mukanishi ukekwaho kuyiba, kugeza tariki 17 Nyakanga ubwo yayiburaga.

CP John Bosco Kabera avuga ko Polisi ikimara kwakira amakuru ko iyi modoka yabuze, yahise itangira ibikorwa byo kuyishakisha.

Ati “Ucyekwa aza gufatirwa mu Karere ka Rubavu, arimo gushakira moteri yayo umukiriya, ibindi byuma yayikuyemo bifatirwa aho atuye mu Murenge wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge naho imodoka yo iboneka mu murenge wa Kacyiru aho yari yayisize hafi y’umuhanda.”

Uyu mugabo avuga ko ubwo yibaga iyi modoka, yabanje gutega moto ikurikira nyirayo, kugira ngo abone aho aparika, ari na bwo yahise ayatsa akoresheje kontaki yacurishije agahita ayijyana Kacyiru, akuramo moteri n’ibindi byuma.

Nyiri iyi modoka yari yibwe, nyuma yo kuyisubizwa, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yayimushakiye kandi bigakorwa mu gihe gito.

Ukekwaho kwiba iyi modoka we yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Habinshuti jpierre says:
    2 years ago

    Ashaka gukira yibye reka abyishyurire muri gereza are ibigori byu buntu kuko ntazi kwikorera ngo yitunge nicyo kimukwiye hamwe nibiteganywa na mategeko.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + five =

Previous Post

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Next Post

Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.