Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Putin muri iyi nama

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yemereye ingano z’ubuntu Ibihugu bikennye kurusha ibindi muri Afurika, ndetse n’amafaranga y’urugendo rwo kuzazigezayo, akazishyurwa n’iki Gihugu.

Byatangajwe na Perezida Vladimir Putin kuri uyu wa Kane, mu ijambo yatangiye mu nama yahuje u Burusiya na Afurika, yari imaze igihe itegerejwe na benshi.

Muri iyi nama yabereye i Saint Petersburg, Perezida Putin yemereye Ibihugu birimo Burkina Faso, Zimbabwe, Mali, Somali, Repubuka ya Centrafrique, na Eritrea; ko Igihugu cye kizabaha ingano ku buntu.

Buri Gihugu muri ibi bizahabwa izi ngano, kizakira toni ziri hagati y’ibihumbi 25 n’ibihumbi 50, ndetse bikanishyurirwa igiciro cy’ubwikorezi.

Putin yatangaje ibi nyuma y’icyumweru kimwe, ubutegetsi bw’u Burusiya bwanze kuvugurura umushinga uzwi nka ‘Black Sea Grain Initiative’ wafashaga Ukraine kohereza ingano hifashishijwe ubwato bw’ubucuruzi, ukanatuma Ibihugu bikennye muri Afurika bibasha kubona ingano.

Ni mu gihe Perezida w’u Burusiya avuga ko aya masezerano atageze ku ntego yayo, ndetse ko Umuryango w’Abibumbye wananiwe kumvisha Ibihugu by’Iburengerazuba bw’Isi, gukuriraho ibihano by’ubukungu byafatiwe u Burusiya no kohereza ifumbire kandi byari mu bigize ayo masezerano.

Yagize ati “Ahubwo banashyizeho amananiza ku migambi yacu yo gutanga inyongeramusasuro ku Bihugu Bikennye bizikeneye. Toni zirenga 262 000 zafungiwe ku byambu by’i Burayi, twabashije kujyana toni 20 000 muri Malawi na toni 34 000 muri Kenya, ibisigaye byose biracyari mu maboko y’Abanyaburayi.”

Putin yavuze ko nubwo u Burayi bukomeje kunaniza Igihugu cye cy’u Burusiya, kitazabura kohereza ibyo gisanzwe cyohereza muri Afurika, yaba ari mu rwego rw’ubucuruzi ndetse no mu gutanga inkunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Amayeri adasanzwe yakoreshejwe n’uwibye imodoka agafatwa atarasoza umugambi

Next Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.