Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amayeri adasanzwe yakoreshejwe n’uwibye imodoka agafatwa atarasoza umugambi

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amayeri adasanzwe yakoreshejwe n’uwibye imodoka agafatwa atarasoza umugambi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 39 yafatiwe mu Karere ka Rubavu, ari gushakira umukiliya moteri y’imodoka akekwaho kwibira i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, aho yakoresheje amayeri kugira ngo ayibe.

Ni imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yari yibiwe ahazwi nko ku Mashyirahamawe muri Nyabugogo, aho nyirayo yari yasize ayiparitse.

Iyi modoka yaje gufatirwa mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023, nyuma y’icyumweru yibwe kuko yari yabuze tariki 17 Nyakanga 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uwibye iyi modoka asanzwe ari umukanishi mu igaraje nyirayo yajyaga ajya kuyikoreshamo.

Ati “Byaje kumenyekana ko mu gukora iyo modoka mu kwezi kwa Gicurasi, yayikuyemo urufunguzo rwayo (Kontaki) ajya gucurishamo urundi ararusigarana.”

Nyiri iyi modoka, hari hashize amezi abiri avuye gukoresha iyi modoka kuri uwo mukanishi ukekwaho kuyiba, kugeza tariki 17 Nyakanga ubwo yayiburaga.

CP John Bosco Kabera avuga ko Polisi ikimara kwakira amakuru ko iyi modoka yabuze, yahise itangira ibikorwa byo kuyishakisha.

Ati “Ucyekwa aza gufatirwa mu Karere ka Rubavu, arimo gushakira moteri yayo umukiriya, ibindi byuma yayikuyemo bifatirwa aho atuye mu Murenge wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge naho imodoka yo iboneka mu murenge wa Kacyiru aho yari yayisize hafi y’umuhanda.”

Uyu mugabo avuga ko ubwo yibaga iyi modoka, yabanje gutega moto ikurikira nyirayo, kugira ngo abone aho aparika, ari na bwo yahise ayatsa akoresheje kontaki yacurishije agahita ayijyana Kacyiru, akuramo moteri n’ibindi byuma.

Nyiri iyi modoka yari yibwe, nyuma yo kuyisubizwa, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yayimushakiye kandi bigakorwa mu gihe gito.

Ukekwaho kwiba iyi modoka we yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Habinshuti jpierre says:
    2 years ago

    Ashaka gukira yibye reka abyishyurire muri gereza are ibigori byu buntu kuko ntazi kwikorera ngo yitunge nicyo kimukwiye hamwe nibiteganywa na mategeko.

    Reply

Leave a Reply to Habinshuti jpierre Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Next Post

Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Related Posts

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

IZIHERUKA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft
IMIBEREHO MYIZA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Ibihugu bikennye muri Afurika byaherewe inkuru nziza mu cy’Igihangange cyatumiye Umugabane wose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.