Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in MU RWANDA
0
Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 66 y’amavuko, wo mu Kagari ka Muhororo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, avuga ko inka ye yayinyazwe n’ikimina kubera ideni ry’umuhungu we, none akomeje gusiragira ku Biro by’Akarere asaba kurenganurwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ibyakozwe byanyuze mu mucyo.

Nyirahabimana Fatuma, avuga ko inka ye yatwawe kubera ideni umuhungu we Mbarimombazi Cyprien w’imyaka 40 yari afitiye ikimina.

Uyu mubyeyi avuga ko abagize itsinda uyu Mbarimombazi abereyemo umwenda, baje bagashorera Inka ye bakanayitesha inyana y’amezi abiri, byaje gutuma inapfa.

Avuga ko yahurujwe ubwo iyo nka yajyanwaga, akagerageza kwitambika agaragaza ko ari iye dore ko ayifitiye icyangombwa, ariko bakamubera ibamba, bakayijyana.

Ati “Nasanze bayishoreye ku gasozi mbabaza uburyo yayijyanye barambwira ngo bagiye kwiyishyura itsinda umuhungu wanjye yambuye, mbabajije niba iyo nka ari iye barambwira ngo niba bimbabaje ninjye kubarega. Nahise njya ku Kagari n’inka na bo turajyana n’abaturage bahari, Gitifu aravuga ngo nibanyihorere bashorere inka yabo.”

Kuva ubwo ngo yahise atangira gusiragira mu nzego zitandukanye agerageza kugaruza inka ye kugeza ubwo amaze kujya ku biro by’Akarere inshuro zirindwi ndetse biza gutuma akurwa mu bakora muri VUP kuko yaba yarahitishijwemo akazi no gukomeza kwiruka ku nka ye.

Ati “Yemwe n’akazi nari mfite ka VUP barampagaritse kuko urumva ko nashyogozanyije na Gitifu w’akagari, twari turi gukora tugeze mu ma saa tanu barambwira ngo njye kumvikana na Gitifu bampitishamo inka cyangwa akazi ndababwira ngo inka nzayikurikirana kugeza umunsi nzapfa.”

Umukozi Ushinzwe Iterambere mu Kagari ka Muhoro, Nzabanita Fils, avuga ko iri tungo ryari ryatanzwemo ingwate n’umuhungu w’uyu mukecuru, kandi ko yagombaga kwishyura ideni.

Ati “Inka yari iragiwe n’umuhungu we ayitangaho ingwate mu itsinda ananiwe kwishyura rirayitwara.”

Uyu muyobozi anahakana ibivugwa ko uyu mukecuru yakuwe muri VUP kubera iki kibazo. Ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo ni ukumuvanamo, n’ubundi buri mwaka hari abavamo, niba twajyaga tugiramo nk’abantu 80 ariko ubu dufite 29. Ni uko wenda ashobora kubihuza n’icyo kibazo akagira ngo ni cyo cyabiteye ariko si byo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Umuhoza Pascasie wakiriye ikibazo cy’uyu mukecuru, avuga ko kuba amaze kujya ku Karere inshuro 7 biterwa no kutumva inama yagiriwe

Agira ati “Twamugiriye inama yo kurega umuhungu we muha na nimero yanjye ndamubwira nti nujya ukenera ubujyanama ujye umpamagara kuri iyi telefone ariko ntuzagaruke ku Karere kuko urugendo ukora ni urw’ubusa. Rero bigaragara ko umukecuru yanze kwiteranya n’urubyaro rwe.”

Nyirahabimana avuga ko azakomeza gusaba gusubizwa itungo rye
Avuga ko afite icyangombwa kigaragaza ko iyi nka yari iye
Kubera gusiragira ku Karere avuga ko amaze kunanirwa byanamukenesheje

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 9 =

Previous Post

Hatangajwe icyari cyabeshywe Abanya-Uganda 23 bari bagiye gucuruzwa mu Gihugu cyo muri Asia

Next Post

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.