Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in MU RWANDA
0
Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 66 y’amavuko, wo mu Kagari ka Muhororo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, avuga ko inka ye yayinyazwe n’ikimina kubera ideni ry’umuhungu we, none akomeje gusiragira ku Biro by’Akarere asaba kurenganurwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ibyakozwe byanyuze mu mucyo.

Nyirahabimana Fatuma, avuga ko inka ye yatwawe kubera ideni umuhungu we Mbarimombazi Cyprien w’imyaka 40 yari afitiye ikimina.

Uyu mubyeyi avuga ko abagize itsinda uyu Mbarimombazi abereyemo umwenda, baje bagashorera Inka ye bakanayitesha inyana y’amezi abiri, byaje gutuma inapfa.

Avuga ko yahurujwe ubwo iyo nka yajyanwaga, akagerageza kwitambika agaragaza ko ari iye dore ko ayifitiye icyangombwa, ariko bakamubera ibamba, bakayijyana.

Ati “Nasanze bayishoreye ku gasozi mbabaza uburyo yayijyanye barambwira ngo bagiye kwiyishyura itsinda umuhungu wanjye yambuye, mbabajije niba iyo nka ari iye barambwira ngo niba bimbabaje ninjye kubarega. Nahise njya ku Kagari n’inka na bo turajyana n’abaturage bahari, Gitifu aravuga ngo nibanyihorere bashorere inka yabo.”

Kuva ubwo ngo yahise atangira gusiragira mu nzego zitandukanye agerageza kugaruza inka ye kugeza ubwo amaze kujya ku biro by’Akarere inshuro zirindwi ndetse biza gutuma akurwa mu bakora muri VUP kuko yaba yarahitishijwemo akazi no gukomeza kwiruka ku nka ye.

Ati “Yemwe n’akazi nari mfite ka VUP barampagaritse kuko urumva ko nashyogozanyije na Gitifu w’akagari, twari turi gukora tugeze mu ma saa tanu barambwira ngo njye kumvikana na Gitifu bampitishamo inka cyangwa akazi ndababwira ngo inka nzayikurikirana kugeza umunsi nzapfa.”

Umukozi Ushinzwe Iterambere mu Kagari ka Muhoro, Nzabanita Fils, avuga ko iri tungo ryari ryatanzwemo ingwate n’umuhungu w’uyu mukecuru, kandi ko yagombaga kwishyura ideni.

Ati “Inka yari iragiwe n’umuhungu we ayitangaho ingwate mu itsinda ananiwe kwishyura rirayitwara.”

Uyu muyobozi anahakana ibivugwa ko uyu mukecuru yakuwe muri VUP kubera iki kibazo. Ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo ni ukumuvanamo, n’ubundi buri mwaka hari abavamo, niba twajyaga tugiramo nk’abantu 80 ariko ubu dufite 29. Ni uko wenda ashobora kubihuza n’icyo kibazo akagira ngo ni cyo cyabiteye ariko si byo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Umuhoza Pascasie wakiriye ikibazo cy’uyu mukecuru, avuga ko kuba amaze kujya ku Karere inshuro 7 biterwa no kutumva inama yagiriwe

Agira ati “Twamugiriye inama yo kurega umuhungu we muha na nimero yanjye ndamubwira nti nujya ukenera ubujyanama ujye umpamagara kuri iyi telefone ariko ntuzagaruke ku Karere kuko urugendo ukora ni urw’ubusa. Rero bigaragara ko umukecuru yanze kwiteranya n’urubyaro rwe.”

Nyirahabimana avuga ko azakomeza gusaba gusubizwa itungo rye
Avuga ko afite icyangombwa kigaragaza ko iyi nka yari iye
Kubera gusiragira ku Karere avuga ko amaze kunanirwa byanamukenesheje

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

Hatangajwe icyari cyabeshywe Abanya-Uganda 23 bari bagiye gucuruzwa mu Gihugu cyo muri Asia

Next Post

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.