Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in MU RWANDA
0
Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 66 y’amavuko, wo mu Kagari ka Muhororo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, avuga ko inka ye yayinyazwe n’ikimina kubera ideni ry’umuhungu we, none akomeje gusiragira ku Biro by’Akarere asaba kurenganurwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ibyakozwe byanyuze mu mucyo.

Nyirahabimana Fatuma, avuga ko inka ye yatwawe kubera ideni umuhungu we Mbarimombazi Cyprien w’imyaka 40 yari afitiye ikimina.

Uyu mubyeyi avuga ko abagize itsinda uyu Mbarimombazi abereyemo umwenda, baje bagashorera Inka ye bakanayitesha inyana y’amezi abiri, byaje gutuma inapfa.

Avuga ko yahurujwe ubwo iyo nka yajyanwaga, akagerageza kwitambika agaragaza ko ari iye dore ko ayifitiye icyangombwa, ariko bakamubera ibamba, bakayijyana.

Ati “Nasanze bayishoreye ku gasozi mbabaza uburyo yayijyanye barambwira ngo bagiye kwiyishyura itsinda umuhungu wanjye yambuye, mbabajije niba iyo nka ari iye barambwira ngo niba bimbabaje ninjye kubarega. Nahise njya ku Kagari n’inka na bo turajyana n’abaturage bahari, Gitifu aravuga ngo nibanyihorere bashorere inka yabo.”

Kuva ubwo ngo yahise atangira gusiragira mu nzego zitandukanye agerageza kugaruza inka ye kugeza ubwo amaze kujya ku biro by’Akarere inshuro zirindwi ndetse biza gutuma akurwa mu bakora muri VUP kuko yaba yarahitishijwemo akazi no gukomeza kwiruka ku nka ye.

Ati “Yemwe n’akazi nari mfite ka VUP barampagaritse kuko urumva ko nashyogozanyije na Gitifu w’akagari, twari turi gukora tugeze mu ma saa tanu barambwira ngo njye kumvikana na Gitifu bampitishamo inka cyangwa akazi ndababwira ngo inka nzayikurikirana kugeza umunsi nzapfa.”

Umukozi Ushinzwe Iterambere mu Kagari ka Muhoro, Nzabanita Fils, avuga ko iri tungo ryari ryatanzwemo ingwate n’umuhungu w’uyu mukecuru, kandi ko yagombaga kwishyura ideni.

Ati “Inka yari iragiwe n’umuhungu we ayitangaho ingwate mu itsinda ananiwe kwishyura rirayitwara.”

Uyu muyobozi anahakana ibivugwa ko uyu mukecuru yakuwe muri VUP kubera iki kibazo. Ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo ni ukumuvanamo, n’ubundi buri mwaka hari abavamo, niba twajyaga tugiramo nk’abantu 80 ariko ubu dufite 29. Ni uko wenda ashobora kubihuza n’icyo kibazo akagira ngo ni cyo cyabiteye ariko si byo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Umuhoza Pascasie wakiriye ikibazo cy’uyu mukecuru, avuga ko kuba amaze kujya ku Karere inshuro 7 biterwa no kutumva inama yagiriwe

Agira ati “Twamugiriye inama yo kurega umuhungu we muha na nimero yanjye ndamubwira nti nujya ukenera ubujyanama ujye umpamagara kuri iyi telefone ariko ntuzagaruke ku Karere kuko urugendo ukora ni urw’ubusa. Rero bigaragara ko umukecuru yanze kwiteranya n’urubyaro rwe.”

Nyirahabimana avuga ko azakomeza gusaba gusubizwa itungo rye
Avuga ko afite icyangombwa kigaragaza ko iyi nka yari iye
Kubera gusiragira ku Karere avuga ko amaze kunanirwa byanamukenesheje

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − two =

Previous Post

Hatangajwe icyari cyabeshywe Abanya-Uganda 23 bari bagiye gucuruzwa mu Gihugu cyo muri Asia

Next Post

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye
IBYAMAMARE

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Tshisekedi babanye mu Ihuriro, kubura intwaro, iby’ikinyoma cyo gufashwa n’u Rwanda…-Gen.Makenga yiniguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.