Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi Claver Gatete uherutse guhabwa kuyobora Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Ubukungu muri Afurika, yazirahiriye imbere y’Umunyamabanga Mukuru w’Uyu Muryango, António Guterres.

Ni nyuma y’uko Ambasaderi Claver Gatete aherutse kujya i Addis Ababa muri Ethiopia, ahasanzwe hari icyicaro gikuru cy’iyi Komisiyo izwi nka UN ECA.

Claver Gatete wari umaze umwaka n’igice ahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yahawe izi nshingano zo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Ubukungu muri Afurika, mu ntangiro z’ukwezi gushize k’Ukwakira 2023.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres wanahaye Amb. Claver Gatete izi nshingano, ni na we wakiriye indahiro ze.

Ubutumwa dukesha iyi Komisiyo ya UN ishinzwe Ubukungu muri Afurika, bwanyuze kuri X, buvuga ko “Mu muhango wo gutangira ku mugaragaro inshingano z’Umunyamabanga Nshingwakorwa wa ECA, Claver Gatete yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru wa UN, António Guterres kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2023.”

Ambasaderi Claver Gatete wasimbuye Umunya-Cameroon Vera Songwe wari usoje manda ye yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa UN ECA, yageze i Addis Ababa mu cyumweru gishize, tariki 02 Ugushyingo 2023, ari na bwo yakiranwaga icyubahiro n’abasanzwe bakora muri iyi Komisiyo, barimo abashinzwe umutekano.

Iyi komisiyo igiye kuyobora na Ambasaderi Claver Gatete, yashinzwe mu 1958; uretse kuba ifite Icyicaro gikuru i Addis Ababa, inafite ibiro by’amashami mu Bihugu binyuranye birimo u Rwanda, Sénégal, Maroc, Niger no muri Cameroon.

António Guterres yifurije imirimo myiza Ambasaderi Gatete
Mu cyumweru gishize ubwo yageraga ku cyicaro cya EAC yakiranywe ubwuzu n’icyubahiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twelve =

Previous Post

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Kajugujugu z’intambara zongeye gusuka ibisasu

Next Post

Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Ibivungwa nyuma y'inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.