Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi Claver Gatete uherutse guhabwa kuyobora Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Ubukungu muri Afurika, yazirahiriye imbere y’Umunyamabanga Mukuru w’Uyu Muryango, António Guterres.

Ni nyuma y’uko Ambasaderi Claver Gatete aherutse kujya i Addis Ababa muri Ethiopia, ahasanzwe hari icyicaro gikuru cy’iyi Komisiyo izwi nka UN ECA.

Claver Gatete wari umaze umwaka n’igice ahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yahawe izi nshingano zo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Ubukungu muri Afurika, mu ntangiro z’ukwezi gushize k’Ukwakira 2023.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres wanahaye Amb. Claver Gatete izi nshingano, ni na we wakiriye indahiro ze.

Ubutumwa dukesha iyi Komisiyo ya UN ishinzwe Ubukungu muri Afurika, bwanyuze kuri X, buvuga ko “Mu muhango wo gutangira ku mugaragaro inshingano z’Umunyamabanga Nshingwakorwa wa ECA, Claver Gatete yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru wa UN, António Guterres kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2023.”

Ambasaderi Claver Gatete wasimbuye Umunya-Cameroon Vera Songwe wari usoje manda ye yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa UN ECA, yageze i Addis Ababa mu cyumweru gishize, tariki 02 Ugushyingo 2023, ari na bwo yakiranwaga icyubahiro n’abasanzwe bakora muri iyi Komisiyo, barimo abashinzwe umutekano.

Iyi komisiyo igiye kuyobora na Ambasaderi Claver Gatete, yashinzwe mu 1958; uretse kuba ifite Icyicaro gikuru i Addis Ababa, inafite ibiro by’amashami mu Bihugu binyuranye birimo u Rwanda, Sénégal, Maroc, Niger no muri Cameroon.

António Guterres yifurije imirimo myiza Ambasaderi Gatete
Mu cyumweru gishize ubwo yageraga ku cyicaro cya EAC yakiranywe ubwuzu n’icyubahiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Kajugujugu z’intambara zongeye gusuka ibisasu

Next Post

Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume
MU RWANDA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Ibivungwa nyuma y'inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.