Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, General Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe ya wa Rayon Sports aho muri iki Gihugu yagiye gukina na Singida Black Stars mu mukino wo kwishyura, ayibwira ko kuba yaratsinzwe uwa mbere bitagomba kuyica intege, anifashisha urugero ko mu gisirikare gutsindwa umunsi umwe bishoboka, ariko ntibibuze gutsinda urugamba.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025, aho Amb. Gen Nyamvumva yasuye iyi kipe aho iri mu mwiherero, ndetse akayigenera ubutumwa.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bwa Rayon Sports, Amb. Gen Nyamvumba “Yibukije abakinnyi ko gutsindwa umukino ubanza bitavuze ko gukomeza bidashoboka. Yababwiye ko no ku rugamba rwa Gisirikare bibaho gutsindwa umunsi umwe ariko ukazatsinda intambara.”

Ikipe ya Rayon Sports ifite umukino na Singida Black Stars wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederations Cup kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri, mu gihe umukino ubanza wabereye i Kigali mu cyumweru gishize, aho Rayon Sports yatsinzwe igitego 1-0.

Amakuru aturuka muri Tanzania, aremeze ko ikipe ya Rayon Sports yiteguye neza umukino wo kwishyura ndetse bakaba banafite ibyishimo byuko umukinnyi wabo ngenderwaho Bigirimana Abedy utarakinnye umukino ubanza kubera imvune, yasubukuye imyitozo ndetse nta gihindutse agomba kuzakoreshwa n’umutoza Afhamia Lotfi mu mukino wo kwishyura.

Ikindi kandi nuko abakinnyi batanu ba Rayon Sports bari basigaye i Kigali kuri uyu wa Gatatu kubera ikibazo cy’ibyangombwa, na bo bamaze kugera muri Tanzania basanze bagenzi babo.

Amb. Gen Nyamvumba yibukije abakinnyi ko no mu gisirikare abantu bashobora gutsindwa umunsi umwe, ariko bakazatsinda urugamba
Perezida wa Rayon yamwizeje ko bazakora ibishoboka

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + fifteen =

Previous Post

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Next Post

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Related Posts

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Umufaransakazi Gery Celi yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda, mu batarengeje imyaka...

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

by radiotv10
25/09/2025
0

Umufana ukomeye w’ikipe ya APR FC, akaba ari n’umuvugizi w’abafana bose, yanyomoje amakuru aherutse gukwirakwizwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

by radiotv10
24/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu ya Australia yegukanye umudali wa Zahabu muri Shampiyona y’Amagare, mu cyiciro cy’abahatana ari abakinnyi batatu-batatu mu bagore n’abagabo...

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

by radiotv10
24/09/2025
0

Ousmane Dembélé, Umufaransa ubu uri kuvugwa muri ruhago y’Isi nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka (Ballon d'Or) ku Isi, yanyuze...

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

by radiotv10
23/09/2025
0

Ousmane Dembelé, Umufaransa w'imyaka 28 ukinira Paris Saint Germain, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi w'umwaka wa 2025, ahabwa umupira wa zahabu (Ballon...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali
MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

26/09/2025
Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

26/09/2025
Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.