Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, General Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe ya wa Rayon Sports aho muri iki Gihugu yagiye gukina na Singida Black Stars mu mukino wo kwishyura, ayibwira ko kuba yaratsinzwe uwa mbere bitagomba kuyica intege, anifashisha urugero ko mu gisirikare gutsindwa umunsi umwe bishoboka, ariko ntibibuze gutsinda urugamba.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025, aho Amb. Gen Nyamvumva yasuye iyi kipe aho iri mu mwiherero, ndetse akayigenera ubutumwa.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bwa Rayon Sports, Amb. Gen Nyamvumba “Yibukije abakinnyi ko gutsindwa umukino ubanza bitavuze ko gukomeza bidashoboka. Yababwiye ko no ku rugamba rwa Gisirikare bibaho gutsindwa umunsi umwe ariko ukazatsinda intambara.”

Ikipe ya Rayon Sports ifite umukino na Singida Black Stars wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederations Cup kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri, mu gihe umukino ubanza wabereye i Kigali mu cyumweru gishize, aho Rayon Sports yatsinzwe igitego 1-0.

Amakuru aturuka muri Tanzania, aremeze ko ikipe ya Rayon Sports yiteguye neza umukino wo kwishyura ndetse bakaba banafite ibyishimo byuko umukinnyi wabo ngenderwaho Bigirimana Abedy utarakinnye umukino ubanza kubera imvune, yasubukuye imyitozo ndetse nta gihindutse agomba kuzakoreshwa n’umutoza Afhamia Lotfi mu mukino wo kwishyura.

Ikindi kandi nuko abakinnyi batanu ba Rayon Sports bari basigaye i Kigali kuri uyu wa Gatatu kubera ikibazo cy’ibyangombwa, na bo bamaze kugera muri Tanzania basanze bagenzi babo.

Amb. Gen Nyamvumba yibukije abakinnyi ko no mu gisirikare abantu bashobora gutsindwa umunsi umwe, ariko bakazatsinda urugamba
Perezida wa Rayon yamwizeje ko bazakora ibishoboka

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 10 =

Previous Post

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Next Post

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.