Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America n’Ibihugu by’i Burayi ntibumva kimwe ingingo yo gutegeka u Burusiya guhagarika intambara muri Ukraine nk’uburyo bwo gutegura inzira yo kugera ku mahoro arambye.

Gushaka igisubizo ku ntambara imaze imyaka itatu n’igihe muri Ukraine, byongeye kuba ingingo ikomeye, ubwo Perezida Donald Trump yakiraga abanyaburayi barimo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy waje aherekejwe n’abarimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Mu biganiro byabaye, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yemeje ko iyi ntamabara iri hafi kurangira.

Yagize ati “Iyi ntambara izahagarara. Igihe izarangirira nzabibabwira, ariko igomba guhagarara. Uyu mugabo [Zelenskyy] arashaka ko irangira, na Perezida putin ni ko abyifuza. Isi yose yarayirambiwe, murabizi ko nahagaritse intambara esheshatu, iyi natekerezaga ko yoroshye cyane kurusha izindi ariko nasanze ari yo ikomeye cyane.”

Zelenskyy yakiriye neza ibi byatangajwe na mugenzi we, aho yagize ati “Nkuko mubizi twibera mu masasu. Ubu bari ibitero byinshi bimaze kugabwa muri Ukraine, byahitanye abantu benshi barino abana n’impinja, ariko twerekanye ko tudacika intege. Ubu kandi dushyigikiye igitekerezo cya Leta Zunze Ubumwe za America byumwihariko Perezida trump. Arashaka ko iyi ntambara ihagarara binyuze mu biganiro, kandi twiteguye kuzaganira na mugenzi wanjye mu nama ya batatu. Ndatekereza ko ari byiza cyane.”

Chancelier w’u Budage, Joachim Friedrich Matin Josef merz yavuze ko hakenewe kubanza gutegeka u Burusiya bugahagarika intambara. Ibi ngo byatuma izindi ntambwe zihuta.

Yagize ati “Intambwe iri imbere ni yo ikomeye cyane. Ku wa Gatanu ushize watangije uru rugendo, ubu rero wakinguriye amazembo ibindi biganiro bikomeye, ariko tuvugishije ukuri; agahenge k’intambara karakenewe cyane. Siniyumvisha ukuntu inama izakurikiraho ishobora kuba hatarajyaho agahenge. Mureke dushyire igitutu ku Burusiya kubera ko ibyo turimo aka kanya byakwizerwa igihe haba hagiyeho agahenge.

Njye ndifuza ko ibiganiro bikomeye byazaba hari agahenge muri iyo nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bitatu ntitaye ku hantu izabera.”

Ni na ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron abibona, aho yavuze ko ari cyo cyatumye baherekeza Perezida Zelenskyy i Washington.

Yagize ati “Icyo dushaka ni uko aya masezeano adashyira mu kaga Ukraine n’Umugabane w’u Burayi wose. Twese ni byo turashaka amahoro, ariko turifuza ko ayo mahoro aza agamije gufasha Ukraine gusubirana ubutaka bwose bw’Igihugu cyabo, tugomba no kwizera ko nyuma y’aya mahoro Ukraine ifite ubwirinzi ku buryo itazongera guterwa, u Burayi nabwo bugomba kwizera ko buzagira amahoro n’umutekano.

Ntushobora kujya muri ibyo biganiro mu gihe amasasu akuri hejuru. Ibaze ko uyu munsi twari mu nama na Zelenskyy, turangije iyo nama; Perezida yahamagaye Perezida Putin. Twagombaga kongera kugirana inama nyuma y’ibyo biganiro bya Trump na Putin, Ariko hagati aho ingabo z’u burusiya zarasaga ibisasu biremereye mu basivile ba Ukraine.

Ntabwo bishoboka ko umuyozi wa Ukraine yajya mu biganiro mu gihe u burusiya buri kumisha ibisasu byicya abasivile be bikanasenya igihugu.

Uramutse ushyizeho amasezerano y’amahoro ariko ntugaragaze ubwirinzi bwa Ukraine; u burusiya ntibushobora kubahiriza ibyo bwemeye.”

Kuri iyI ngingo Perezida Donald trump avuga ko uburyo bwombi bushoboka. Ati “Nemera igitekerezo cyo guhagarika intambara kuko bituma abantu badakomeza kwicwa. Haba mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri, sinitaye ku gihe byamaraa ariko birashoboka ko twanaganira ku ngingo y’amahoro agahenge katanabayeho.

Gusa ndifuza ko babihagarika kabone n’ubwo bishobora kuba imbogamizi ku ruhande rumwe cyangwa urundi ariko intambara zose nazihagaritse ntanabasabye gushyiraho agahenge.

Ngomba gukorana na buri ruhande kugira ngo hazaboneke amahoro y’igihe kirekire. Ntabwo dushaka amahoro amara imyaka ibiri hanyuma tugasubira muri ibi bibazo.”

Nubwo abo bakomeje ibyo biganiro; Umunyamabanaga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio avuga ko inzira ikiri ndende, gusa akavuga ko itanga icyizere; igihugu cye ngo ntikirashyira hasi amahitamo y’ibihano bikomeye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 15 =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Next Post

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Related Posts

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

by radiotv10
20/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye, rukomeje gukoresha intwaro za rutura zirimo...

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

by radiotv10
20/08/2025
0

Imirimo yo gutabara irakomeje muri Pakistan nyuma y’umwuzure ukomeye watewe n’imvura nyinshi yaguye kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho...

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

by radiotv10
19/08/2025
0

Inzego z’umutekano muri Somalia zatangaje ko igitero simusiga cyagabwe ku birindiro bya Al Shabab, cyasize gihitanye benshi mu barwanyi b’uyu...

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

by radiotv10
19/08/2025
0

General Jean Bosco Ndayikengurukiye uri mu bagize uruhare mu ishingwa ry’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, afuniye muri Gereza...

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga muri Kenya yatanze ibisobanuro ku itegeko rya Perezida William Ruto aherutse kwemeza, rigena Uhagarariye Igihugu cye (Consul-General)...

IZIHERUKA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira
MU RWANDA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

20/08/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

20/08/2025
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

20/08/2025
Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

20/08/2025
Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

20/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.