Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yamenyesheje iya DRC, ko ihangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’Abanyekongo byongeye gukaza umurego, inagaragaza ko umuti ukenewe, ari inzira za Politiki, aho kuba iz’intambara.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kane tariki, aho itangira ivuga ko “Ihangayikishijwe bikomeye no kuba ibikorwa byo guhohotera abaturage mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu Burasirazuba rwa DRC, bikomeje kwiyongera.”

Iri tangazo rya Ambasade ya USA muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rikomeza rivuga ko “Kubura kw’imirwano hagati y’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro na M23 byatumye abantu bahasiga ubuzima n’ibyabo ndetse n’abaturage benshi b’abasivile bakava mu byabo.”

Leta Zunze Ubumwe za America, zikomeza zigira ziti “Turahamagarira Guverinoma ya DRC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kongera ingufu mu bikorwa byabo kugira ngo harindwe umutekano w’abasivile mu nshingano zabo kandi mu buryo bufite umurongo umwe.”

Yaboneyeho kandi gusaba ubuyobozi bwose bireba, gushyiraho uburyo bworohereza abagizweho ingaruka n’ibi bibazo, kugerwaho n’ubutabazi.

USA ivuga ko nubwo abari gukurwa mu byabo n’iyi ntambara bakomeje kwiyongera, ariko iki Gihugu kizakomeza kuba umuterankunga w’imena mu gutanga inkunga mu bikorwa by’ubutabazi muri DRC, kandi ko ibyo banabisaba abandi baterankunga.

 

Igisubizo si intambara

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Americ kandi, zakomeje zimenyesha ko “Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bikeneye igisubizo cya politiki aho kuba icy’imbaraga za gisirikare.”

Ibi kandi byakunze kugarukwaho n’abayobozi banyuranye ku Isi, barimo Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bikenewe umuti unyuze mu nzira za Politiki, aho gukoresha imbaraga za gisirikare cyangwa iz’intambara.

Igakomeza muri iri tangazo ryayo igira iti “Turasaba impande zose kubahiriza mu buryo bwuzuye imyanzuro yafatiwe mu nzira z’ibiganiro by’akarere byabaye birimo guhagarika imirwano nk’uko byemejwe kuva tariki 07 Werurwe 2023 kandi dushyigikiye ko habaho umutekano n’iperereza ryihuse binyuze mu rwego rwa gisirikare rushinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, isoza yizeza ko izakomeza gushyigikira inzira zose za dipolomasi, kugira ngo amahoro n’umutekano bigaruke mu Burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe

Next Post

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y'itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.