Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yamenyesheje iya DRC, ko ihangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’Abanyekongo byongeye gukaza umurego, inagaragaza ko umuti ukenewe, ari inzira za Politiki, aho kuba iz’intambara.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kane tariki, aho itangira ivuga ko “Ihangayikishijwe bikomeye no kuba ibikorwa byo guhohotera abaturage mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu Burasirazuba rwa DRC, bikomeje kwiyongera.”

Iri tangazo rya Ambasade ya USA muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rikomeza rivuga ko “Kubura kw’imirwano hagati y’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro na M23 byatumye abantu bahasiga ubuzima n’ibyabo ndetse n’abaturage benshi b’abasivile bakava mu byabo.”

Leta Zunze Ubumwe za America, zikomeza zigira ziti “Turahamagarira Guverinoma ya DRC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kongera ingufu mu bikorwa byabo kugira ngo harindwe umutekano w’abasivile mu nshingano zabo kandi mu buryo bufite umurongo umwe.”

Yaboneyeho kandi gusaba ubuyobozi bwose bireba, gushyiraho uburyo bworohereza abagizweho ingaruka n’ibi bibazo, kugerwaho n’ubutabazi.

USA ivuga ko nubwo abari gukurwa mu byabo n’iyi ntambara bakomeje kwiyongera, ariko iki Gihugu kizakomeza kuba umuterankunga w’imena mu gutanga inkunga mu bikorwa by’ubutabazi muri DRC, kandi ko ibyo banabisaba abandi baterankunga.

 

Igisubizo si intambara

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Americ kandi, zakomeje zimenyesha ko “Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bikeneye igisubizo cya politiki aho kuba icy’imbaraga za gisirikare.”

Ibi kandi byakunze kugarukwaho n’abayobozi banyuranye ku Isi, barimo Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bikenewe umuti unyuze mu nzira za Politiki, aho gukoresha imbaraga za gisirikare cyangwa iz’intambara.

Igakomeza muri iri tangazo ryayo igira iti “Turasaba impande zose kubahiriza mu buryo bwuzuye imyanzuro yafatiwe mu nzira z’ibiganiro by’akarere byabaye birimo guhagarika imirwano nk’uko byemejwe kuva tariki 07 Werurwe 2023 kandi dushyigikiye ko habaho umutekano n’iperereza ryihuse binyuze mu rwego rwa gisirikare rushinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, isoza yizeza ko izakomeza gushyigikira inzira zose za dipolomasi, kugira ngo amahoro n’umutekano bigaruke mu Burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe

Next Post

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y'itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.