Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, yavuze ko agiye kugerageza amahirwe ya nyuma yo kureba ko amasezerano yo guhagarika intambara no kurekura imfungwa za Israel ziri muri Gaza yakubahirizwa.

Blinken yatangaje ibi nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida wa Israel, Isaac Herzog, kuri uyu wa Mbere, mu ruzinduko rwa cyenda agiriye muri Israel kuva intambara ihuje iki Gihugu n’umutwe wa Hamas yatangira mu kwezi k’Ukwakira 2023.

America ntiyahwemye kugaragaza ko ishyigikiye amasezerano yo guhagarika intambara, icyakora umutwe wa Hamas ukavuga ko bitazigera bishoboka mu gihe ibyo yasabye birimo kuba israel yakura ingabo zayo zose muri Gaza, bitarakorwa.

Blinken ategerejweho gushyira igitutu kuri Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, biteganyijwe ko bari buhure kuri uyu wa Mbere, kugira ngo atekereze kuri aya masezerano, mu gihe impande zombi zishinjanya gushyiraho imbogamizi zituma adashyirwa mu bikorwa.

Igisirikare cya Israel cyatangije ibikorwa bigamije kurimbura umutwe wa Hamas, nyuma y’igitero wagabye mu majyepfo ya Israeli ku ya 07 Ukwakira 2023, kigahitana abantu bagera ku 1 200, abandi basaga 251 bagafatwa bugwate.

Kuva icyo gihe, abantu barenga ibihumbi 40 bamaze kwicirwa muri Gaza, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri iyi Ntara iyoborwa na Hamas.

Amasezerano y’agahenge aheruka mu kwezi k’Ugushyingo, yasize Hamas irekuye imfungwa za israel 105, ndetse harekurwa iz’Abanya-Palestina zigera kuri 240 zari muri gereza za Israel, gusa iki Gihugu kivuga ko kugeza ubu imfungwa 111 zikiri mu maboko ya Hamas, muri bo 39 bikaba bikekwa ko bishwe.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi

Next Post

Uko umugabo yatahuweho ibyo ashinjwa byo gufata ku ngufu kenshi umukobwa yibyariye ufite ubumuga

Related Posts

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

IZIHERUKA

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba
MU RWANDA

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

17/10/2025
Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

16/10/2025
Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Uko umugabo yatahuweho ibyo ashinjwa byo gufata ku ngufu kenshi umukobwa yibyariye ufite ubumuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.