• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America yavuze ko Igihugu cya Israel cyifashishije intwaro z’iki Gihugu cy’inshuti mu guhonyora amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu mu Ntara ya Gaza.

Bikubiye muri raporo yagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Gatanu, aho igaragaza ko nubwo nta bimenyetso bifatika birimo ariko bishoboka ko izi ntwaro America iha Israel, izifashisha mu guhitana ubuzima bw’inzirakarengane.

Ni raporo bavuga ko yakozwe ku busabe bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ikorerwa ku Bihugu bitandatu biri mu ntambara.

Bimwe mu bikubiye muri iyi raporo, Leta Zunze Ubumwe za America yihanangiriza Israel, iyitegeka guhagarika ibikorwa by’intambara muri Gaza ndetse no kudakoresha intwaro yahawe n’iki Gihugu mu guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Ibi kandi bije nyuma y’iminsi micye Perezida wa America, Joe Biden avuze ko Israel nidahagarika ibikorwa by’intambara mu mujyi wa Rafah, Igihugu cye kizahagarika inkunga y’intwaro cyahaga Israel, icyakora Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Ntenyahu minisitir we yavuze ko Igihugu cye kitakangwa mu buryo bubonetse bwose kandi ko bibaye ngombwa Israel yasigara yonyine ariko igahorera amaraso y’abana bayo.

Umujyi wa Rafah ni wo mujyi uri gufatwa nk’indiri ya Hamas ndetse urimo amamiliyoni y’Abanya-Palestine bahahungiye kuva umwaka ushize intambara ihuje impande zombi yatangira.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Next Post

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.