Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yiteze ko mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, azasinya amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri iki cyumweru.

Ubutegetsi bwa Kyiv, bwatangeje ko Ukraine yemeye ibikubiye muri ayo masezerano, azemerera America gucukura amabuye y’agaciro yayo ku bufatanye.

Bivugwa ko kimwe mu bisabwa na Perezida Donald Trump, ari uko Ukraine yishyura ubufasha bwa gisirikare yahawe n’Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Aya masezerano yemerejwe nyuma y’uko icyifuzo cya Trump, cyo kwishyura inyungu zigera kuri miliyari 500 z’amadolari na Ukraine, ariko ntagaragaze ingingo zizewe z’ubwirinzi ku Gihugu cya Ukraine gikomeje kugarizwa n’intambara.

Ntibiramenyekana niba aya masezerano yaramaze kwemezwa, gusa kuri uyu wa Kabiri Trump yavuze ko yiteze ko Zelensky azayasinya ubwo azaba agirira uruzinduko i Washington muri iki cyumweru.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump avuga ko Ukraine izahabwa “uburenganzira bwo gukomeza kurwana” nk’inyungu izakura muri ayo masezerano.

Yagize ati “Hatabayeho Leta Zunze Ubumwe za America, amafaranga yayo ndetse n’ibikoresho byayo bya gisirikare, iyi ntambara yari kurangira mu gihe gito cyane.”

Trump yongeyeho ko nyuma y’amasezerano hazaba hakenewe “uburyo runaka bwo kubungabunga amahoro” muri Ukraine.

Trump yavuze ko yakomeje gusaba kugira uburenganzira ku mutungo kamere wa Ukraine nk’uburyo bwo kwiyishyura ubufasha bwa gisirikare America yahaye iki Gihugu. Yagize ati “Turashaka kugaruza ayo mafaranga.”

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − four =

Previous Post

Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo

Next Post

Igikekwaho gutandukanya myugariro wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda n’ikipe yari amazemo amezi atanu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwaho gutandukanya myugariro wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda n’ikipe yari amazemo amezi atanu

Igikekwaho gutandukanya myugariro wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda n’ikipe yari amazemo amezi atanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.