Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana inkuru y’uwiyita Yezu wa Tongaren (Kenya) wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira uwo atari we, akaza kurekurwa kuko habuze Yezu wa nyawe. Ese ni muntu ki?

Nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyita Yezu ndetse no kuyobya rubanda, yaje kurekurwa.

Uwo ni Eliudi Wekesa uzwi nka Yezu w’i Tongaren, agace gaherereye mu burengerazuba bwa Kenya w’imyaka 42 y’amavuko akaba umuyobozi w’itorero New Jerusalem Church rifite abayoboke batari bacye muri aka gace.

Yatawe muri yombbi akurikiranyweho kuyobya rubanda ndeste n’abatarageza imyaka y’ubukure ndetse no kwiyitirira Yezu kandi atariwe.

Ubwo yitabaga inzego z’ubutabera, yasobanuye ko ibyo akurikiranyweho atari byo aho avuga ko nta muntu yiyitiriye ahubwo ngo bamwitiranya na Yezu w’i Nazaleti kandi batandukanye dore ko we ari Yezu w’i Tongaren.

Ibinyamakuru birimo The Nation byavuze ko indi ngingo yireguje ngo ari ugusaba ko bagaragaza uwo yiyitirira ariko bakamubura.

Ashimangira ko atari we wenyine kuri iyi Si witwa Yezu dore ko hari n’abakinnyi ku Mugabane w’i Burayi bafite ayo mazina ndetse ntawabibarenganyirije.

Mu bindi yari akurikiranyweho harimo kuyobya rubanda aho yireguye avuga ko ntawe yayobeje n’ikimenyimenyi yubahiriza gahunda za Leta ya Kenya.

Aha yari amaze amasaha 6 ahatwa ibibazo na Polisi mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati “Bambajije niba abana bajya ku ishuri cyangwa se batiga…bariga. Bambajije kandi niba tujya tujya kwivuza.

Hari abashobora kuba bamfata nk’umutekamutwe, ariko ntakibi na kimwe nshobora kuba nakora ku bw’abantu ahubwo bitegure ko igihe kimwe nzabagarukira.”

Nyuma byarangiye agizwe umwere ndetse yongera gusubira mu muryango we.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Bungoma, Francis Kooli na we yagize ati “Kugeza ubu ntakintu turabona tumushinja twabatangariza, iyo kiba gihari tuba twamujyanye mu rukiko.”

Uyu Yezu w’i Tongaren afite intumwa 12 zigenda iruhande rwe, naho abayoboke bo mu idini rye bakitwa abamalayika ndetse ntibemerewe gukoresha amazina yabo bwite.

Yezu w’i Tongaren yakuriye muri Kiliziya Gatulika, bivugwa ko yashatse umugore afite imyaka 20 ubu akaba afite abana umunani.

Uyu mugabo yaherukaga kuvugwa cyane Muri Werurwe uyu mwaka mbere gato y’umunsi mukuru wa Pasika ubwo abaturage bamwe bari bahize ko bazamubamba ngo barebe ko koko azuka nyuma y’iminsi 3 dore ko yiyita umukiza wo muri bibiliya icyakora icyo gihe yaje kwishinganisha ku nzego z’umutekano avuga ko ahangayikishijwe n’abashaka kumubamba ku musaraba.

Uyu mugabo avuga ko nubwo hari abatekereza ko akize, atari ukuri dore ko ngo abamukoraho ibiganiro ari bo byinjiriza we agasigara amara masa. Abihera ku kuba yarasabye abanyamakuru kumugurira gaze yo gutekeraho ndetse na telefone yo guha umukobwa we ugiye gutangira kaminuza.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seventeen =

Previous Post

Amafoto utabonye: Perezida Kagame yongeye gushimangira ko akunda Siporo anagaragarizwa urugwiro ruhebuje

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.