Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana inkuru y’uwiyita Yezu wa Tongaren (Kenya) wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira uwo atari we, akaza kurekurwa kuko habuze Yezu wa nyawe. Ese ni muntu ki?

Nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyita Yezu ndetse no kuyobya rubanda, yaje kurekurwa.

Uwo ni Eliudi Wekesa uzwi nka Yezu w’i Tongaren, agace gaherereye mu burengerazuba bwa Kenya w’imyaka 42 y’amavuko akaba umuyobozi w’itorero New Jerusalem Church rifite abayoboke batari bacye muri aka gace.

Yatawe muri yombbi akurikiranyweho kuyobya rubanda ndeste n’abatarageza imyaka y’ubukure ndetse no kwiyitirira Yezu kandi atariwe.

Ubwo yitabaga inzego z’ubutabera, yasobanuye ko ibyo akurikiranyweho atari byo aho avuga ko nta muntu yiyitiriye ahubwo ngo bamwitiranya na Yezu w’i Nazaleti kandi batandukanye dore ko we ari Yezu w’i Tongaren.

Ibinyamakuru birimo The Nation byavuze ko indi ngingo yireguje ngo ari ugusaba ko bagaragaza uwo yiyitirira ariko bakamubura.

Ashimangira ko atari we wenyine kuri iyi Si witwa Yezu dore ko hari n’abakinnyi ku Mugabane w’i Burayi bafite ayo mazina ndetse ntawabibarenganyirije.

Mu bindi yari akurikiranyweho harimo kuyobya rubanda aho yireguye avuga ko ntawe yayobeje n’ikimenyimenyi yubahiriza gahunda za Leta ya Kenya.

Aha yari amaze amasaha 6 ahatwa ibibazo na Polisi mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati “Bambajije niba abana bajya ku ishuri cyangwa se batiga…bariga. Bambajije kandi niba tujya tujya kwivuza.

Hari abashobora kuba bamfata nk’umutekamutwe, ariko ntakibi na kimwe nshobora kuba nakora ku bw’abantu ahubwo bitegure ko igihe kimwe nzabagarukira.”

Nyuma byarangiye agizwe umwere ndetse yongera gusubira mu muryango we.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Bungoma, Francis Kooli na we yagize ati “Kugeza ubu ntakintu turabona tumushinja twabatangariza, iyo kiba gihari tuba twamujyanye mu rukiko.”

Uyu Yezu w’i Tongaren afite intumwa 12 zigenda iruhande rwe, naho abayoboke bo mu idini rye bakitwa abamalayika ndetse ntibemerewe gukoresha amazina yabo bwite.

Yezu w’i Tongaren yakuriye muri Kiliziya Gatulika, bivugwa ko yashatse umugore afite imyaka 20 ubu akaba afite abana umunani.

Uyu mugabo yaherukaga kuvugwa cyane Muri Werurwe uyu mwaka mbere gato y’umunsi mukuru wa Pasika ubwo abaturage bamwe bari bahize ko bazamubamba ngo barebe ko koko azuka nyuma y’iminsi 3 dore ko yiyita umukiza wo muri bibiliya icyakora icyo gihe yaje kwishinganisha ku nzego z’umutekano avuga ko ahangayikishijwe n’abashaka kumubamba ku musaraba.

Uyu mugabo avuga ko nubwo hari abatekereza ko akize, atari ukuri dore ko ngo abamukoraho ibiganiro ari bo byinjiriza we agasigara amara masa. Abihera ku kuba yarasabye abanyamakuru kumugurira gaze yo gutekeraho ndetse na telefone yo guha umukobwa we ugiye gutangira kaminuza.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − fifteen =

Previous Post

Amafoto utabonye: Perezida Kagame yongeye gushimangira ko akunda Siporo anagaragarizwa urugwiro ruhebuje

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.