Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana inkuru y’uwiyita Yezu wa Tongaren (Kenya) wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira uwo atari we, akaza kurekurwa kuko habuze Yezu wa nyawe. Ese ni muntu ki?

Nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwiyita Yezu ndetse no kuyobya rubanda, yaje kurekurwa.

Uwo ni Eliudi Wekesa uzwi nka Yezu w’i Tongaren, agace gaherereye mu burengerazuba bwa Kenya w’imyaka 42 y’amavuko akaba umuyobozi w’itorero New Jerusalem Church rifite abayoboke batari bacye muri aka gace.

Yatawe muri yombbi akurikiranyweho kuyobya rubanda ndeste n’abatarageza imyaka y’ubukure ndetse no kwiyitirira Yezu kandi atariwe.

Ubwo yitabaga inzego z’ubutabera, yasobanuye ko ibyo akurikiranyweho atari byo aho avuga ko nta muntu yiyitiriye ahubwo ngo bamwitiranya na Yezu w’i Nazaleti kandi batandukanye dore ko we ari Yezu w’i Tongaren.

Ibinyamakuru birimo The Nation byavuze ko indi ngingo yireguje ngo ari ugusaba ko bagaragaza uwo yiyitirira ariko bakamubura.

Ashimangira ko atari we wenyine kuri iyi Si witwa Yezu dore ko hari n’abakinnyi ku Mugabane w’i Burayi bafite ayo mazina ndetse ntawabibarenganyirije.

Mu bindi yari akurikiranyweho harimo kuyobya rubanda aho yireguye avuga ko ntawe yayobeje n’ikimenyimenyi yubahiriza gahunda za Leta ya Kenya.

Aha yari amaze amasaha 6 ahatwa ibibazo na Polisi mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati “Bambajije niba abana bajya ku ishuri cyangwa se batiga…bariga. Bambajije kandi niba tujya tujya kwivuza.

Hari abashobora kuba bamfata nk’umutekamutwe, ariko ntakibi na kimwe nshobora kuba nakora ku bw’abantu ahubwo bitegure ko igihe kimwe nzabagarukira.”

Nyuma byarangiye agizwe umwere ndetse yongera gusubira mu muryango we.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Bungoma, Francis Kooli na we yagize ati “Kugeza ubu ntakintu turabona tumushinja twabatangariza, iyo kiba gihari tuba twamujyanye mu rukiko.”

Uyu Yezu w’i Tongaren afite intumwa 12 zigenda iruhande rwe, naho abayoboke bo mu idini rye bakitwa abamalayika ndetse ntibemerewe gukoresha amazina yabo bwite.

Yezu w’i Tongaren yakuriye muri Kiliziya Gatulika, bivugwa ko yashatse umugore afite imyaka 20 ubu akaba afite abana umunani.

Uyu mugabo yaherukaga kuvugwa cyane Muri Werurwe uyu mwaka mbere gato y’umunsi mukuru wa Pasika ubwo abaturage bamwe bari bahize ko bazamubamba ngo barebe ko koko azuka nyuma y’iminsi 3 dore ko yiyita umukiza wo muri bibiliya icyakora icyo gihe yaje kwishinganisha ku nzego z’umutekano avuga ko ahangayikishijwe n’abashaka kumubamba ku musaraba.

Uyu mugabo avuga ko nubwo hari abatekereza ko akize, atari ukuri dore ko ngo abamukoraho ibiganiro ari bo byinjiriza we agasigara amara masa. Abihera ku kuba yarasabye abanyamakuru kumugurira gaze yo gutekeraho ndetse na telefone yo guha umukobwa we ugiye gutangira kaminuza.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Amafoto utabonye: Perezida Kagame yongeye gushimangira ko akunda Siporo anagaragarizwa urugwiro ruhebuje

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.