Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe
Share on FacebookShare on Twitter

Kugeza mu masaha ya nyuma ya saa sita, imirwano ya FARDC na M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari ikomereje mu bice bituyemo abaturage mu gace ka Bwiza, ahari kuraswa ibisasu biremereye.

Iyi mirwano imaze iminsi yubuye, aho impande zombi zatangiye zitana bamwana ku bayubuye, kuko umutwe wa M23, wavugaga ko FARDC n’abambari bayo bayigabyeho ibitero mu birindiro byayo.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, ukomeje kugaragaza uko uru rugamba ruhagaze umunsi ku wundi, yavuze ko kugeza mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, yari ikomereje mu bice binyuranye.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ku isaaha ya saa 13:00, ibikorwa byo kurimbura ubwoko byakomereje muri Bwiza, aho Ihuriro rya FARDC, FDLR, Abacancuro n’abiyambajwe mu rugamba bari kurasa buhumyi mu bice bituyemo abaturage benshi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bikorwa biri gukorwa na FARDC n’abambari bayo, byatumye abaturage batuye muri ibi bice biri kuraswaho, bava mu byabo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko kandi FARDC n’imitwe bari gukorana muri uru rugamba, ku wa 09 Ukwakira bashimuse abaturage b’abasivile barindwi bo mu gace ka Bugomba muri Gurupoma ya Gisigari bari bahunze imirwano, ndetse bakaza kwicirwa mu gace ka Budyuku.

Uyu mutwe kandi wanatangaje amazina y’aba baturage yumvikana ko ari abasanzwe ari Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, dore ko ari bo bibasiwe n’uruhande rwa FARDC, bicwa.

Barimo uwitwa Harerimana Bangirahe w’imyaka 45, Gifishi Sebirare w’imyaka 75, Banzibasha Jean Pierre w’imyaka 36, Sebisusa Eric w’imyaka 38, Bagabo Albert w’imyaka 46, Bapfaguheka Rugiracyane na Matemane Dieme.

Aba baturage bishwe nyuma y’iminsi micye hagaragaye amashusho y’inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo wiyemeje gufatanya na FARDC, bagaragaye bavuga ko bagomba kwirukana Abanyarwanda bose bari ku butaka bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Next Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.