Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe
Share on FacebookShare on Twitter

Kugeza mu masaha ya nyuma ya saa sita, imirwano ya FARDC na M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari ikomereje mu bice bituyemo abaturage mu gace ka Bwiza, ahari kuraswa ibisasu biremereye.

Iyi mirwano imaze iminsi yubuye, aho impande zombi zatangiye zitana bamwana ku bayubuye, kuko umutwe wa M23, wavugaga ko FARDC n’abambari bayo bayigabyeho ibitero mu birindiro byayo.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, ukomeje kugaragaza uko uru rugamba ruhagaze umunsi ku wundi, yavuze ko kugeza mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, yari ikomereje mu bice binyuranye.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ku isaaha ya saa 13:00, ibikorwa byo kurimbura ubwoko byakomereje muri Bwiza, aho Ihuriro rya FARDC, FDLR, Abacancuro n’abiyambajwe mu rugamba bari kurasa buhumyi mu bice bituyemo abaturage benshi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bikorwa biri gukorwa na FARDC n’abambari bayo, byatumye abaturage batuye muri ibi bice biri kuraswaho, bava mu byabo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko kandi FARDC n’imitwe bari gukorana muri uru rugamba, ku wa 09 Ukwakira bashimuse abaturage b’abasivile barindwi bo mu gace ka Bugomba muri Gurupoma ya Gisigari bari bahunze imirwano, ndetse bakaza kwicirwa mu gace ka Budyuku.

Uyu mutwe kandi wanatangaje amazina y’aba baturage yumvikana ko ari abasanzwe ari Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, dore ko ari bo bibasiwe n’uruhande rwa FARDC, bicwa.

Barimo uwitwa Harerimana Bangirahe w’imyaka 45, Gifishi Sebirare w’imyaka 75, Banzibasha Jean Pierre w’imyaka 36, Sebisusa Eric w’imyaka 38, Bagabo Albert w’imyaka 46, Bapfaguheka Rugiracyane na Matemane Dieme.

Aba baturage bishwe nyuma y’iminsi micye hagaragaye amashusho y’inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo wiyemeje gufatanya na FARDC, bagaragaye bavuga ko bagomba kwirukana Abanyarwanda bose bari ku butaka bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − ten =

Previous Post

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Next Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.