Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru agezweho y’uko urugamba rwa M23 na FARDC rwifashe
Share on FacebookShare on Twitter

Kugeza mu masaha ya nyuma ya saa sita, imirwano ya FARDC na M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari ikomereje mu bice bituyemo abaturage mu gace ka Bwiza, ahari kuraswa ibisasu biremereye.

Iyi mirwano imaze iminsi yubuye, aho impande zombi zatangiye zitana bamwana ku bayubuye, kuko umutwe wa M23, wavugaga ko FARDC n’abambari bayo bayigabyeho ibitero mu birindiro byayo.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, ukomeje kugaragaza uko uru rugamba ruhagaze umunsi ku wundi, yavuze ko kugeza mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, yari ikomereje mu bice binyuranye.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ku isaaha ya saa 13:00, ibikorwa byo kurimbura ubwoko byakomereje muri Bwiza, aho Ihuriro rya FARDC, FDLR, Abacancuro n’abiyambajwe mu rugamba bari kurasa buhumyi mu bice bituyemo abaturage benshi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bikorwa biri gukorwa na FARDC n’abambari bayo, byatumye abaturage batuye muri ibi bice biri kuraswaho, bava mu byabo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko kandi FARDC n’imitwe bari gukorana muri uru rugamba, ku wa 09 Ukwakira bashimuse abaturage b’abasivile barindwi bo mu gace ka Bugomba muri Gurupoma ya Gisigari bari bahunze imirwano, ndetse bakaza kwicirwa mu gace ka Budyuku.

Uyu mutwe kandi wanatangaje amazina y’aba baturage yumvikana ko ari abasanzwe ari Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, dore ko ari bo bibasiwe n’uruhande rwa FARDC, bicwa.

Barimo uwitwa Harerimana Bangirahe w’imyaka 45, Gifishi Sebirare w’imyaka 75, Banzibasha Jean Pierre w’imyaka 36, Sebisusa Eric w’imyaka 38, Bagabo Albert w’imyaka 46, Bapfaguheka Rugiracyane na Matemane Dieme.

Aba baturage bishwe nyuma y’iminsi micye hagaragaye amashusho y’inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo wiyemeje gufatanya na FARDC, bagaragaye bavuga ko bagomba kwirukana Abanyarwanda bose bari ku butaka bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Next Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.