Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku mukozi w’Urwego rwa Leta uvugwaho gukora ibyanenzwe na benshi

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora (RCS) wagaragaye mu mashusho bivugwa ko yakubitiye urushyi mu muhanda rwagati umukarani wari utwaye imizigo, ubu akaba yaratawe muri yombi, hatangajwe andi makuru kuri we, arimo amazina ye n’ipeti rye muri RCS.

Ni SP (Superintendent of Prison) Dalanoe Nyagatare watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, hirya y’ejo hashize tariki 10 Ukwakira 2023.

Uyu mucungagereza yatawe muri yombi, nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho ye atambuka yifashe mu mifuka, bivugwa ko yari amaze gukubita urushyi umukarani wari urimo acunga ingorofani atwaye amakaziye.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, avuga ko iki cyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake gikekwa kuri SP Dalanoe Nyagatare, cyabereye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Dr Murangira B. Thierry avuga ko ukekwaho gukora iki cyaha, avuga ko umugabo yakubise yari yamwimye inzira, nyamara mu muhanda hari harimo imodoka nyinshi.

SP Dalanoe Nyagatare, nyuma yo gutabwa muri yombi, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu Mujyi wa Kigali mu gihe hakiri gukorwa iperereza kugira ngo dosiye y’ikirego cye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Dr Murangira yaboneyeho kugira inama abantu kwitonda, bakirinda guhohotera bagenzi babo, bitwaje abo bari bo cyangwa inzego bakorera.

Hagendewe ku biteganywa n’ingingo y’ 121 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’ibihano muri rusange, SP Dalanoe Nyagatare aramutse ahamijwe icyaha, yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu itari munsi ya 500 000 Frw ariko itarenze 1 000 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyempano wanyuze mu bibazo uruhuri yabonye Igihugu cyifuza kumuhanagura amarira

Next Post

Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Related Posts

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.