Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro b’Abanyaburayi bakabakaba 300 baherutse kunyuzwa mu Rwanda nyuma yo gukubitwa incuro na M23 mu rugamba bafashagamo FARDC, mbere yo gucyurwa habanje kuba ibiganiro bitoroshye kugira ngo uyu mutwe wemereye kubarekure bashyikirizwe u Rwanda bagombaga kunyuramo. Uyu mutwe wo wanifuzaga ko bagenda bambaye gisirikare.

Inkuru y’aba bacancuro b’Abanyaburayi yabaye kimomo mu gitondo cyo ku ya 29 Mutarama 2025 ubwo bashyikirizwaga u Rwanda ngo babone inzira iberecyeza mu Gihugu cyabo.

Ubwo binjiraga ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, babanje gusakwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda ahantu hose kugira ngo batagira ibyo basigarana byahungabanya Abaturarwanda.

Aba bagabo barimo abo bigaragara ko bakamiritse mu bya gisirikare, bagaragazaga ikimwaro cyinshi nyuma yo gutsindwa na M23, no kuba yari ibanje kubagaraguza agati ibereka ko bagize amahitamo mabi yo kuza gufasha ubutegetsi buri kwica abaturage babwo.

Aba bacancuro bagaragaye nyuma y’iminsi ibiri umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, dore ko wawufashe tariki 27 Mutarama 2025, ndetse nyuma yo gushyikirizwa u Rwanda, bakaba baratashye na bwo nyuma y’iminsi ibiri, kuko buriye rutemikirere tariki 01 Gashyantare.

Ubwo bajyaga kurira indege ibasubiza iwabo, bamwe mu baganirije itangazamakuru, bavuze ko na bo bamenye amakuru y’ukuri ku bibazo biri muri Congo, bakavuga ko umuti wabyo ntahandi wava atari mu biganiro aho kuba mu gatuza k’intwaro na bo bari baje gutangamo umusada.

Aba bagabo bahembwaga agera ku 5 000 USD ku kwezi kuri buri umwe, ubwo umwe muri bo yahabwaga isomo n’Umuvugizi wa M23 mu mashusho yasakaye, yavuze ko bibabaje kuba baza gutanga imbaraga bahabwa aya mafaranga angana uku, nyamara umusirikare wa Congo ahembwa atagera no muri 100 USD.

Banyuze mu Rwanda ubwo batahaga

M23 yabarekuye habanje ibiganiro bikomeye

Amakuru avuga ko mbere yuko aba bacancuro barekurwe na M23, habanje kuba ibiganiro bitoroshye kugira ngo uyu mutwe wemere kubarekura bashyirizwe u Rwanda, ubundi basubira muri Romania aho bakomoka, ndetse nta yindi nzira yashobokaga bagombaga kunyuramo atari mu Rwanda.

Andrei Țărnea usanzwe ari Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Romania, aganira na BBC kuri aba bacancuro, yavuze ko kugira ngo M23 yemere kubarekura habanje kuba “ibiganiro bitoroshye.”  Kugira ngo inabashyikirize u Rwanda

Amakuru avuga ko habaye ibiganiro byamaze igihe kinini, ndetse bivugwa ko umutwe wa M23 wabashyikirijwe na MONUSCO, wo wifuzaga ko bataha bambaye imyambaro ya gisirikare kugira ngo Isi yose ibabone ko bari mu mirwano mu buryo bweruye.

Gusa ngo aba barwanyi barabyanze, ndetse na byo byabanje kuganirwaho, ariko aba bacancuro barabyanga, ariko uyu mutwe uza kwemera kubarekura, ubundi banyuzwa mu Rwanda kugira ngo babone uko bataha.

Ubwo banyuzwaga mu Rwanda ngo babone uko burira indege ibacyura, bamwe bavugaga ko igisirikare cya Congo gifite imbaraga nke, ndetse ko ubwo urugamba rwabahuzaga na M23 rwari rugeze mu mahina, abakuru muri FARDC bananiwe, bigatuma na bo bamanika amaboko bakishyikiriza MONUSCO.

Nabo ntibumvaga ibyari biri kubabaho

Aho babaga hatahuwe amakuru y’urugamba arimo n’ayakomozaga ku Rwanda

Ikinyamakuru cyitwa Igihe cyohereje abanyamakuru mu mujyi wa Goma nyuma y’urugamba, kivuga ko bigereye mu nyubako yabagamo aba bacancuro iherereye mu rusisiro ruzwi nka Quartier Les Volcans.

Iki kinyamakuru gitangaza ko muri iyi nyubaho hagaragaye inyandiko nyinshi zakoreshwaga n’aba bacancuro zirimo n’iz’imyanzuro yavaga mu nama babaga bakoze, aho bagaragazaga imitegurire y’urugamba.

Izo nyandiko ziganjemo iziri mu rurimi rwo muri Romania, harimo izigaragaza ko mu “guhangana n’umwanzi” bagombaga kumugotera mu mpande eshatu, aho zimwe muri izo nyandiko zinagaragaramo u Rwanda na rwo ruri mu bo bitaga “umwanzi.”

Inkuru z’aba bacancuro b’Abanyaburayi, zagaragaje ikimwaro ku Bihugu by’i Burayi byaruciye bikarumira ntibyamagane ibikorwa nk’ibi byo gukoresha abarwanyi b’abacancuro kandi bihabanye n’amategeko mpuzamahanga.

Ibitangazamakuru byo mu Burengerazuba bw’Isi, byiguze nk’aho bitamenye inkuru y’aba bacancuro kubera ko gusa ko ari Abanyaburayi, ariko iyo baza kuba abo mu Burusiya, ntayindi nkuru yari kuba igezweho kuri byo.

Bashimiye inzego z’u Rwanda zikora kinyamwuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 4 =

Previous Post

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Next Post

Kigali: Uko kwihanira uwibye matela byaviriyemo batandatu gukurikiranwaho uruhare mu rupfu rw’umuntu

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Kigali: Uko kwihanira uwibye matela byaviriyemo batandatu gukurikiranwaho uruhare mu rupfu rw’umuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.