Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
1
Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Anne Uwamahoro Rwigara, umukobwa w’uwari umunyemari Assinapol Rwigara, akaba n’umuvandimwe wa Diane Rwigara wamenyekanye ubwo yinjiraga muri politiki ariko ntayitindemo, yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America, azize urupfu rutunguranye kuko atari arwaye igihe.

Urupfu rwa Anne Rwigara rwavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, aho bamwe mu bari hafi y’umuryango wa Assinapol Rwigara, bavugaga ko uyu mukobwa we yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America ari na ho yabaga.

Aya makuru yanemejwe n’umuryango wa nyakwigendera, ko Anne Rwigara yitabye Imana atarigeze arwara igihe kinini.

Adeline Rwigara Mukangemanyi, umubyeyi wa nyakwigendera yabwiye BBC ati “Ntiyarwaye. Ni iminsi ingahe gusa, ni amayobera gusa.”

Bivugwa ko Anne Rwigara yari amaze iminsi ibiri gusa aribwa mu nda aho yari atuye muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yari afite n’ubwenegihugu bw’iki Gihugu, yaguyemo.

Nyakwigendera kandi ari mu bagarutsweho muri 2017 ubwo we na bamwe mu bo mu muryango we, barimo Diane Rwigara ndetse n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, batabwaga muri yombi bakurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umudendezo w’Igihugu.

Gusa Anne Rwigara we yahise arekurwa, mu gihe abo mu muryango we bari bafunganywe bakomeje kuburana no mu rubanza rw’imizi, bakaza kurekurwa bagizwe abere muri 2018.

Nyakwigendera ni umuvandimwe wa Diane Shima Rwigara wigeze kwinjira muri Politiki, ndetse akagerageza gushaka gutanga kandidatire mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2017, ariko igasubizwa inyuma kuko hari ibyo atari yujuje yanaje gukurikiranwaho ko yakoreshejemo inyandiko mpimbano.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mudatenguha says:
    2 years ago

    Nihanganishije Dianne na na mama na family muriri rusange uwamahoro arasinziriye tuzahurira kunyanja y,ibirahure gusa turababaye nkinshuti n,umuryango nubundi turabashyitsi muriyisi igendere Anne warumukobwabwa mwiza kumutima no kumubiri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Next Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.