Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
1
Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Anne Uwamahoro Rwigara, umukobwa w’uwari umunyemari Assinapol Rwigara, akaba n’umuvandimwe wa Diane Rwigara wamenyekanye ubwo yinjiraga muri politiki ariko ntayitindemo, yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America, azize urupfu rutunguranye kuko atari arwaye igihe.

Urupfu rwa Anne Rwigara rwavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, aho bamwe mu bari hafi y’umuryango wa Assinapol Rwigara, bavugaga ko uyu mukobwa we yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America ari na ho yabaga.

Aya makuru yanemejwe n’umuryango wa nyakwigendera, ko Anne Rwigara yitabye Imana atarigeze arwara igihe kinini.

Adeline Rwigara Mukangemanyi, umubyeyi wa nyakwigendera yabwiye BBC ati “Ntiyarwaye. Ni iminsi ingahe gusa, ni amayobera gusa.”

Bivugwa ko Anne Rwigara yari amaze iminsi ibiri gusa aribwa mu nda aho yari atuye muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yari afite n’ubwenegihugu bw’iki Gihugu, yaguyemo.

Nyakwigendera kandi ari mu bagarutsweho muri 2017 ubwo we na bamwe mu bo mu muryango we, barimo Diane Rwigara ndetse n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, batabwaga muri yombi bakurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umudendezo w’Igihugu.

Gusa Anne Rwigara we yahise arekurwa, mu gihe abo mu muryango we bari bafunganywe bakomeje kuburana no mu rubanza rw’imizi, bakaza kurekurwa bagizwe abere muri 2018.

Nyakwigendera ni umuvandimwe wa Diane Shima Rwigara wigeze kwinjira muri Politiki, ndetse akagerageza gushaka gutanga kandidatire mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2017, ariko igasubizwa inyuma kuko hari ibyo atari yujuje yanaje gukurikiranwaho ko yakoreshejemo inyandiko mpimbano.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mudatenguha says:
    2 years ago

    Nihanganishije Dianne na na mama na family muriri rusange uwamahoro arasinziriye tuzahurira kunyanja y,ibirahure gusa turababaye nkinshuti n,umuryango nubundi turabashyitsi muriyisi igendere Anne warumukobwabwa mwiza kumutima no kumubiri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Next Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Related Posts

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo
AMAHANGA

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo

by radiotv10
29/12/2025
0

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.