Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
1
Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Anne Uwamahoro Rwigara, umukobwa w’uwari umunyemari Assinapol Rwigara, akaba n’umuvandimwe wa Diane Rwigara wamenyekanye ubwo yinjiraga muri politiki ariko ntayitindemo, yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America, azize urupfu rutunguranye kuko atari arwaye igihe.

Urupfu rwa Anne Rwigara rwavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, aho bamwe mu bari hafi y’umuryango wa Assinapol Rwigara, bavugaga ko uyu mukobwa we yitabiye Imana muri Leta Zunze Ubumwe za America ari na ho yabaga.

Aya makuru yanemejwe n’umuryango wa nyakwigendera, ko Anne Rwigara yitabye Imana atarigeze arwara igihe kinini.

Adeline Rwigara Mukangemanyi, umubyeyi wa nyakwigendera yabwiye BBC ati “Ntiyarwaye. Ni iminsi ingahe gusa, ni amayobera gusa.”

Bivugwa ko Anne Rwigara yari amaze iminsi ibiri gusa aribwa mu nda aho yari atuye muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yari afite n’ubwenegihugu bw’iki Gihugu, yaguyemo.

Nyakwigendera kandi ari mu bagarutsweho muri 2017 ubwo we na bamwe mu bo mu muryango we, barimo Diane Rwigara ndetse n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, batabwaga muri yombi bakurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umudendezo w’Igihugu.

Gusa Anne Rwigara we yahise arekurwa, mu gihe abo mu muryango we bari bafunganywe bakomeje kuburana no mu rubanza rw’imizi, bakaza kurekurwa bagizwe abere muri 2018.

Nyakwigendera ni umuvandimwe wa Diane Shima Rwigara wigeze kwinjira muri Politiki, ndetse akagerageza gushaka gutanga kandidatire mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2017, ariko igasubizwa inyuma kuko hari ibyo atari yujuje yanaje gukurikiranwaho ko yakoreshejemo inyandiko mpimbano.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mudatenguha says:
    2 years ago

    Nihanganishije Dianne na na mama na family muriri rusange uwamahoro arasinziriye tuzahurira kunyanja y,ibirahure gusa turababaye nkinshuti n,umuryango nubundi turabashyitsi muriyisi igendere Anne warumukobwabwa mwiza kumutima no kumubiri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Next Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.