Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko adashyigikiye ko u Bwongereza bwohereza abashaka ubuhungiro mu Rwanda ngo kuko ari ukwikoreza umutwaro Ibihugu bikennye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, António Guterres yavuze ko atigeze ashyigikira gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Yavuze ko umugabane w’u Burayi “ufite inshingano mu bijyanye no kwakira abashaka ubuhungiro biri no mu mahame y’u Burayi.” Ndetse ko biri no mu masezerano y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango w’Abibumbye, bikaba biri no mu masezerano mpuzamahanga.

Yakomeje agira ati “Sinigeze njya mu bashyigikiye ibyo kubungabunga impunzi boherezwa mu kindi Gihugu by’umwihariko ukazoherereza mu Gihugu gikennye aho icyizere cy’izamuka ry’ubukungu n’ejo hazaza kiba ari gito.”

Mu iki kiganiro Umunyamabanga w’Abibumbye watanze ikiganiro ubwo yasuraga Ibihugu birimo Senegal, Niger na Nigeria, yavuze ko Afurika ari Umugane uri guhura n’ibibazo by’umwihariko muri iki gihe Isi iri guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ndetse ukaba uri kugirwaho ingaruka n’intambara yo muri Ukraine.

Yagize ati “Ntitwibagirwe ko Afurika ari Umugabane uri gukura mu buryo bwihuse mu myaka 10 ukaba uhuye n’ibi bibazo, ubundi ukazahazwa na COVID kandi Afurika ntiyigeze ibona inkingo zihagije.”

António Guterres yakomeje agaragaza ibibazo biri muri Afurika kandi ko bikomeza kuyigiraho ingaruka mu bihe biri imbere mu gihe itigeze yoroherezwa kubivamo.

Yavuze ko ibihugu byinshi byo kuri uyu Mugabane bifite n’ikibazo cy’ibura ry’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati “Ibihugu byinshi ntibifite ingengo y’imari yo kugura ibikenewe mu gufasha abaturage kandi bikaba bishobora kugira ingaruka z’inzara mu bice bimwe byo muri Afurika mu gihe badafashe ingamba zo kubikemura.”

António Guterres yavuze ko Umuryango w’Abibumbye uri gushaka uburyo watera inkunga Umugabane wa Afurika ubinyujije mu Kigega GCRG (Global Crisis Response Group) kigamije gushakira umuti ibibazo birimo iby’ibiribwa, ingufu ndetse n’ubukungu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 18 =

Previous Post

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

Next Post

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.