Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko adashyigikiye ko u Bwongereza bwohereza abashaka ubuhungiro mu Rwanda ngo kuko ari ukwikoreza umutwaro Ibihugu bikennye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, António Guterres yavuze ko atigeze ashyigikira gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Yavuze ko umugabane w’u Burayi “ufite inshingano mu bijyanye no kwakira abashaka ubuhungiro biri no mu mahame y’u Burayi.” Ndetse ko biri no mu masezerano y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango w’Abibumbye, bikaba biri no mu masezerano mpuzamahanga.

Yakomeje agira ati “Sinigeze njya mu bashyigikiye ibyo kubungabunga impunzi boherezwa mu kindi Gihugu by’umwihariko ukazoherereza mu Gihugu gikennye aho icyizere cy’izamuka ry’ubukungu n’ejo hazaza kiba ari gito.”

Mu iki kiganiro Umunyamabanga w’Abibumbye watanze ikiganiro ubwo yasuraga Ibihugu birimo Senegal, Niger na Nigeria, yavuze ko Afurika ari Umugane uri guhura n’ibibazo by’umwihariko muri iki gihe Isi iri guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ndetse ukaba uri kugirwaho ingaruka n’intambara yo muri Ukraine.

Yagize ati “Ntitwibagirwe ko Afurika ari Umugabane uri gukura mu buryo bwihuse mu myaka 10 ukaba uhuye n’ibi bibazo, ubundi ukazahazwa na COVID kandi Afurika ntiyigeze ibona inkingo zihagije.”

António Guterres yakomeje agaragaza ibibazo biri muri Afurika kandi ko bikomeza kuyigiraho ingaruka mu bihe biri imbere mu gihe itigeze yoroherezwa kubivamo.

Yavuze ko ibihugu byinshi byo kuri uyu Mugabane bifite n’ikibazo cy’ibura ry’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati “Ibihugu byinshi ntibifite ingengo y’imari yo kugura ibikenewe mu gufasha abaturage kandi bikaba bishobora kugira ingaruka z’inzara mu bice bimwe byo muri Afurika mu gihe badafashe ingamba zo kubikemura.”

António Guterres yavuze ko Umuryango w’Abibumbye uri gushaka uburyo watera inkunga Umugabane wa Afurika ubinyujije mu Kigega GCRG (Global Crisis Response Group) kigamije gushakira umuti ibibazo birimo iby’ibiribwa, ingufu ndetse n’ubukungu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

Next Post

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.