Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in BASKETBALL, SIPORO
0
APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America (NBA) aho yanatwaye ibikombe bibiri mu makipe abiri arimo ikipe ya Lakers iri mu makipe akomeye.

Cook w’imyaka 32, yatwaye ibikombe bibiri bya NBA, aho ku nshuro ya mbere yagitwaranye na Warriors muri 2018, ndetse no muri 2020 ubwo yari muri Lakers.

Uyu mukinnyi agiye kujya muri APR Basketball Club, mu rwego rwo kongereye imbaraga muri iyi kipe yitegura irushanwa rya BAL (Basketball Africa League) rya 2026.

Cook kandi yakiniye amakipe anyuranye akina NBA nka Dallas Mavericks, New Orleans Pelicans, na Cleveland Cavaliers.

Biteganijwe ko uyu mukinnyi ukina nk’uyoboye abandi mu kibuga azagera i Kigali ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 11 Werurwe, aho azafatanya n’abandi bakinnyi ba APR mu myiteguro yo kujya gukina BAL 2026.

Cook wanakinnye cyane muri shampiyona yo muri America ya Ruguru ‘NBA G League’ yanakinnye mu Bihugu binyuranye birimo u Bushinwa.

APR BBC ikomeje kongera imbaraga igura abakinnyi mu myiteguro y’imikino y’iri rushanwa Nyafurika BAL.

Mu bandi bakinnyi bashya binjiye muri APR BBC, barimo Madut Akec ukomoka ufite ababyeyi barimo Umunya-Sudani y’Epfo n’Umunya-Australia, n’umukinnyi mpuzamahanga wa Sudani y’Epfo Mangok Mathiang, bombi binjiye muri iyi kipe mu ntangiriro z’uku kwezi.

APR BBC kandi yanazanye umukinnyi w’Umunyamerika Leonard Craig Randall, na we wahoze akinira NBA G League, na Teafale Marquise Lenard Jr., wahoze akinira ikipe ya Made By Basketball yo muri Afurika y’Epfo (MBB).

Quinn Cook na rurangiranwa LeBron James

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + twenty =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Why former UR students must repay Government study loans

Related Posts

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca...

IZIHERUKA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.