Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America (NBA) aho yanatwaye ibikombe bibiri mu makipe abiri arimo ikipe ya Lakers iri mu makipe akomeye.
Cook w’imyaka 32, yatwaye ibikombe bibiri bya NBA, aho ku nshuro ya mbere yagitwaranye na Warriors muri 2018, ndetse no muri 2020 ubwo yari muri Lakers.
Uyu mukinnyi agiye kujya muri APR Basketball Club, mu rwego rwo kongereye imbaraga muri iyi kipe yitegura irushanwa rya BAL (Basketball Africa League) rya 2026.
Cook kandi yakiniye amakipe anyuranye akina NBA nka Dallas Mavericks, New Orleans Pelicans, na Cleveland Cavaliers.
Biteganijwe ko uyu mukinnyi ukina nk’uyoboye abandi mu kibuga azagera i Kigali ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 11 Werurwe, aho azafatanya n’abandi bakinnyi ba APR mu myiteguro yo kujya gukina BAL 2026.
Cook wanakinnye cyane muri shampiyona yo muri America ya Ruguru ‘NBA G League’ yanakinnye mu Bihugu binyuranye birimo u Bushinwa.
APR BBC ikomeje kongera imbaraga igura abakinnyi mu myiteguro y’imikino y’iri rushanwa Nyafurika BAL.
Mu bandi bakinnyi bashya binjiye muri APR BBC, barimo Madut Akec ukomoka ufite ababyeyi barimo Umunya-Sudani y’Epfo n’Umunya-Australia, n’umukinnyi mpuzamahanga wa Sudani y’Epfo Mangok Mathiang, bombi binjiye muri iyi kipe mu ntangiriro z’uku kwezi.
APR BBC kandi yanazanye umukinnyi w’Umunyamerika Leonard Craig Randall, na we wahoze akinira NBA G League, na Teafale Marquise Lenard Jr., wahoze akinira ikipe ya Made By Basketball yo muri Afurika y’Epfo (MBB).


RADIOTV10











