Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC

radiotv10by radiotv10
26/06/2021
in SIPORO
0
APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona ibanje kunyagira Rutsiro FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa kamarampaka (Playoffs 2021-2022), umukino wakiniwe kuri sitade Huye n’ubundi aho APR FC yaherukaga kwakirira igikombe cya shampiyona 2019-2020.

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona , igikombe yatwaye idatsinzwe umukino n’umwe (full unbeaten run), agahigo yakoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko yanabikoze mu mwaka w’imikino 2019-2020, shampiyona yahagaritswe na COVID-19 igeze ku munsi wa 23.

APR FC yatsindaga ikipe bari bahanganye ibitego 6-0 nk’uko baherukaga kubikora banyagira FC Marines ibitego 6-0 n’ubundi kuri sitade Huye. Ibitego 12 mu mikino ibiri ikurikirana.

Ibitego bitandatu bya APR FC byabontse muri uyu mukino, byatsinzwe na Yannick Bizimana watsinze ibitego bibiri ku munota wa 26′ na 39′ Mugunga Yves ku munota wa 50′ Maombi Jean Pierre witsinze igitego ku munota wa 58′ Ndayishimiye Dieudonne ku munota wa  63′ ndetse na Byiringiro Lague 88′.

Image

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 6-0

Ikipe y’ingabo z’igihugu isoje shampiyona y’uyu mwaka 2020-2021 ifite amanota 19 aho inganya n’ikipe ya AS Kigali ariko APR FC ikaba izigamye ibitego 20 mu gihe ikipe ya AS Kigali yo isoje izigamye ibitego 12.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga muri uyu mukino bari biteguye gukomeza gukora amateka ni; Manzi Thierry (C), Ishimwe Pierre (GK), Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Buregeya Prince Caldo, Ruboneka Bosco, Niyonzoma Olivier, Nsanzimfura Keddy, Manishimwe Djabel, Nshuti Innocent, Bizimana Yannick na Bizimana Yannick.

APR FC yasoje ku mwanya wa mbere n’amanota 19 n’ibitego 20 izigamye mu gihe AS Kigali babanya amanota ariko ikaba izigamye ibitego 12 kuko yatsinze Police FC ibitego bibiri bya Shaban Hussein Tchabalala na Nkizingabo Fiston.

Image

Mutsinzi Ange, Nizeyimana Djuma, Tuyisenge Jacques, Ombolenga Fitina, Buregeya Prince bishimira igikombe

Espoir FC yasoje ku mwanya wa gatatu n’amanota 10 ikurikirwa na Police FC ifite amanota umunani (8), Marines ni iya gatanu n’amanota arindwi (7).

Rutsiro FC yasoje ku mwanya wa gatandatu n’amanota atandatu mu gihe Rayon Sports ari iya karindwi n’amanota atanu (5), Bugesera FC ni iya munani n’amanota ane (4).

Image

APR FC yahabwaga igikombe cya kabiri cya shampiyona yatwaye yikurikiranya idatsindwa

Image

Manzi Thierry kapiteni wa APR FC yujuje igikombe cya kabiri cya shampiyona mu myaka ibiri amaze muri APR FC

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + fifteen =

Previous Post

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Next Post

BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Related Posts

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

IZIHERUKA

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere
SIPORO

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

BURERA: Abahinzi b'ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.