Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC

radiotv10by radiotv10
26/06/2021
in SIPORO
0
APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona ibanje kunyagira Rutsiro FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa kamarampaka (Playoffs 2021-2022), umukino wakiniwe kuri sitade Huye n’ubundi aho APR FC yaherukaga kwakirira igikombe cya shampiyona 2019-2020.

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona , igikombe yatwaye idatsinzwe umukino n’umwe (full unbeaten run), agahigo yakoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko yanabikoze mu mwaka w’imikino 2019-2020, shampiyona yahagaritswe na COVID-19 igeze ku munsi wa 23.

APR FC yatsindaga ikipe bari bahanganye ibitego 6-0 nk’uko baherukaga kubikora banyagira FC Marines ibitego 6-0 n’ubundi kuri sitade Huye. Ibitego 12 mu mikino ibiri ikurikirana.

Ibitego bitandatu bya APR FC byabontse muri uyu mukino, byatsinzwe na Yannick Bizimana watsinze ibitego bibiri ku munota wa 26′ na 39′ Mugunga Yves ku munota wa 50′ Maombi Jean Pierre witsinze igitego ku munota wa 58′ Ndayishimiye Dieudonne ku munota wa  63′ ndetse na Byiringiro Lague 88′.

Image

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 6-0

Ikipe y’ingabo z’igihugu isoje shampiyona y’uyu mwaka 2020-2021 ifite amanota 19 aho inganya n’ikipe ya AS Kigali ariko APR FC ikaba izigamye ibitego 20 mu gihe ikipe ya AS Kigali yo isoje izigamye ibitego 12.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga muri uyu mukino bari biteguye gukomeza gukora amateka ni; Manzi Thierry (C), Ishimwe Pierre (GK), Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Buregeya Prince Caldo, Ruboneka Bosco, Niyonzoma Olivier, Nsanzimfura Keddy, Manishimwe Djabel, Nshuti Innocent, Bizimana Yannick na Bizimana Yannick.

APR FC yasoje ku mwanya wa mbere n’amanota 19 n’ibitego 20 izigamye mu gihe AS Kigali babanya amanota ariko ikaba izigamye ibitego 12 kuko yatsinze Police FC ibitego bibiri bya Shaban Hussein Tchabalala na Nkizingabo Fiston.

Image

Mutsinzi Ange, Nizeyimana Djuma, Tuyisenge Jacques, Ombolenga Fitina, Buregeya Prince bishimira igikombe

Espoir FC yasoje ku mwanya wa gatatu n’amanota 10 ikurikirwa na Police FC ifite amanota umunani (8), Marines ni iya gatanu n’amanota arindwi (7).

Rutsiro FC yasoje ku mwanya wa gatandatu n’amanota atandatu mu gihe Rayon Sports ari iya karindwi n’amanota atanu (5), Bugesera FC ni iya munani n’amanota ane (4).

Image

APR FC yahabwaga igikombe cya kabiri cya shampiyona yatwaye yikurikiranya idatsindwa

Image

Manzi Thierry kapiteni wa APR FC yujuje igikombe cya kabiri cya shampiyona mu myaka ibiri amaze muri APR FC

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Next Post

BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

BURERA: Abahinzi b'ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.