Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC

radiotv10by radiotv10
26/06/2021
in SIPORO
0
APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona ibanje kunyagira Rutsiro FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa kamarampaka (Playoffs 2021-2022), umukino wakiniwe kuri sitade Huye n’ubundi aho APR FC yaherukaga kwakirira igikombe cya shampiyona 2019-2020.

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona , igikombe yatwaye idatsinzwe umukino n’umwe (full unbeaten run), agahigo yakoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko yanabikoze mu mwaka w’imikino 2019-2020, shampiyona yahagaritswe na COVID-19 igeze ku munsi wa 23.

APR FC yatsindaga ikipe bari bahanganye ibitego 6-0 nk’uko baherukaga kubikora banyagira FC Marines ibitego 6-0 n’ubundi kuri sitade Huye. Ibitego 12 mu mikino ibiri ikurikirana.

Ibitego bitandatu bya APR FC byabontse muri uyu mukino, byatsinzwe na Yannick Bizimana watsinze ibitego bibiri ku munota wa 26′ na 39′ Mugunga Yves ku munota wa 50′ Maombi Jean Pierre witsinze igitego ku munota wa 58′ Ndayishimiye Dieudonne ku munota wa  63′ ndetse na Byiringiro Lague 88′.

Image

APR FC yatwaye igikombe cya 19 cya shampiyona nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 6-0

Ikipe y’ingabo z’igihugu isoje shampiyona y’uyu mwaka 2020-2021 ifite amanota 19 aho inganya n’ikipe ya AS Kigali ariko APR FC ikaba izigamye ibitego 20 mu gihe ikipe ya AS Kigali yo isoje izigamye ibitego 12.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga muri uyu mukino bari biteguye gukomeza gukora amateka ni; Manzi Thierry (C), Ishimwe Pierre (GK), Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Buregeya Prince Caldo, Ruboneka Bosco, Niyonzoma Olivier, Nsanzimfura Keddy, Manishimwe Djabel, Nshuti Innocent, Bizimana Yannick na Bizimana Yannick.

APR FC yasoje ku mwanya wa mbere n’amanota 19 n’ibitego 20 izigamye mu gihe AS Kigali babanya amanota ariko ikaba izigamye ibitego 12 kuko yatsinze Police FC ibitego bibiri bya Shaban Hussein Tchabalala na Nkizingabo Fiston.

Image

Mutsinzi Ange, Nizeyimana Djuma, Tuyisenge Jacques, Ombolenga Fitina, Buregeya Prince bishimira igikombe

Espoir FC yasoje ku mwanya wa gatatu n’amanota 10 ikurikirwa na Police FC ifite amanota umunani (8), Marines ni iya gatanu n’amanota arindwi (7).

Rutsiro FC yasoje ku mwanya wa gatandatu n’amanota atandatu mu gihe Rayon Sports ari iya karindwi n’amanota atanu (5), Bugesera FC ni iya munani n’amanota ane (4).

Image

APR FC yahabwaga igikombe cya kabiri cya shampiyona yatwaye yikurikiranya idatsindwa

Image

Manzi Thierry kapiteni wa APR FC yujuje igikombe cya kabiri cya shampiyona mu myaka ibiri amaze muri APR FC

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

FERWAFA yemeje ko Habimana Sosthène ari umutoza mukuru w’Amavubi U23 azakina CECAFA anahamagara abakinnyi

Next Post

BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

BURERA: Abahinzi b'ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.