Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izahagararira u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup, yerecyeje muri Tanzania, ahazabera iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe 12.

Amakuru yo kuba iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yerecyeje muri Tanzania, yatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ubwo yari ihagurutse i Shyorongi aho isanzwe ikorera umwiherero.

Ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga za APR FC, bugira buti “Ikipe ihagurutse i Shyorongi yerekeza ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe, aho igiye kwitabira imikino ya CECAFA KAGAME CUP 2024 muri Tanzania.”

APR FC iri mu tsinda C, ririmo andi makipe ari yo; Villa SC yo muri Uganda, Singida Black Stars yo muri Tanzania ndetse na Al Mereik Bentui yo muri Sudani y’Epfo.

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup, nyuma y’uko ikomeje kugura abakinnyi bashya, barimo Abanya- Ghana babiri; Richmond Lamptey na Seidou Daouda ndetse na rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ya Mauritania, Mamadou Sy.

Muri iri rushanwa rya CEACAFA Kagame Cup, andi makipe azaryitabira, arimo ari mu itsinda A, rigizwe na Coastal Union yo muri Tanzania, Al-Wadi yo muri Sudan, JKU yo muri Zanziba ndetse na Dekaheda FC yo muri Somalia.

Naho itsinda B ririmo Al Hilal yo muri Sudan, Gor Mahia yo muri Kenya, Red Arrows yo muri Zambia, ndetse na Telecom FC yo muri Djibouti.

Abakinnyi ba APR ubwo bahagurukaga i Shyorongi berecyeza i Kanombe
Kapiteni Niyomugabo Claude ari kumwe n’umunyezamu Ishimpe Pierre

Ubwo bageraga ku Kibuga cy’Indege bahahuriye na rutahizamu w’Amavubi Meddie Kagere

Bahise burira rutemikirere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − sixteen =

Previous Post

Nyuma y’u Bwongereza mu Bufaransa naho bishobora guhindura imirishyo muri Guverinoma

Next Post

Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi

Menya amahirwe atazwi na benshi ya 'Camera' zo muhanda ziha abashoferi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.