Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in SIPORO
0
APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

Imodoka itwara abagenzi yangiritse cyane

Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye abakinnyi n’abatoza b’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yakoreye impanuka mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo ubwo yari igiye mu mukino wo gushaka itike ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, yakoze iyi mpanuka kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gicurasi ubwo imodoka yari itwaye abakinnyi n’abatoza yerecyezaga kuri stade ya Kigali i Nyamirambo iva i Shyorongi aho isanzwe ikorera umwiherero.

APR ikoze iyi mpanuka yari igiye gukina umukino wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro igomba guhuramo na Marines FC, wo gushaka itike ya 1/2.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko abakinnyi b’iyi kipe ndetse n’abandi bari muri iyi modoka ya APR, ntawakometse, gusa ngo abari mu imodoka itwara abagenzi yagonganye na yo, harimo abakomeretse.

Nta makuru y’icyateye iyi mpanuka, aratangazwa, gusa bigaraga ko imodoka yari itwaye abakinnyi ba APR yakubise iturutse inyuma iyari itwaye abagenzi yo mu bwoko bwa Mini-Bus.

Imodoka yari itwaye abagenzi, yangiritse cyane ku ruhande rw’inyuma mu gihe iya APR yo yamenetse ikirahure cy’imbere.

Kugeza ubwo twatangazaga iyi nkuru, hari taramenyekana niba uyu mukini wa APR na Marines uza kuba cyangwa uri busubikwe.

Ubuyobozi bwa APR FC, bwahise busohora itangazo rivuga iby’iyi mpanuka aho rivuga ko yabaye ubwo iyi kipe yerecyezaga ku kibuga ariko ko ku bw’amahirwe abari muri iyi modoka bose bameze neza.

Imodoka itwara abagenzi yangiritse cyane
Imodoka ya APR yangiritse ariko bidakanganye

Abakinnyi bavuyemo amahoro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 15 =

Previous Post

Kuva ku mukarani, ukubura umuhanda, umuhinzi w’imiteja kugeza ku banyamahoteri- Inyungu za CHOGM zizagera kuri bose

Next Post

Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.