Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in SIPORO
0
APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

Imodoka itwara abagenzi yangiritse cyane

Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye abakinnyi n’abatoza b’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yakoreye impanuka mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo ubwo yari igiye mu mukino wo gushaka itike ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, yakoze iyi mpanuka kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gicurasi ubwo imodoka yari itwaye abakinnyi n’abatoza yerecyezaga kuri stade ya Kigali i Nyamirambo iva i Shyorongi aho isanzwe ikorera umwiherero.

APR ikoze iyi mpanuka yari igiye gukina umukino wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro igomba guhuramo na Marines FC, wo gushaka itike ya 1/2.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko abakinnyi b’iyi kipe ndetse n’abandi bari muri iyi modoka ya APR, ntawakometse, gusa ngo abari mu imodoka itwara abagenzi yagonganye na yo, harimo abakomeretse.

Nta makuru y’icyateye iyi mpanuka, aratangazwa, gusa bigaraga ko imodoka yari itwaye abakinnyi ba APR yakubise iturutse inyuma iyari itwaye abagenzi yo mu bwoko bwa Mini-Bus.

Imodoka yari itwaye abagenzi, yangiritse cyane ku ruhande rw’inyuma mu gihe iya APR yo yamenetse ikirahure cy’imbere.

Kugeza ubwo twatangazaga iyi nkuru, hari taramenyekana niba uyu mukini wa APR na Marines uza kuba cyangwa uri busubikwe.

Ubuyobozi bwa APR FC, bwahise busohora itangazo rivuga iby’iyi mpanuka aho rivuga ko yabaye ubwo iyi kipe yerecyezaga ku kibuga ariko ko ku bw’amahirwe abari muri iyi modoka bose bameze neza.

Imodoka itwara abagenzi yangiritse cyane
Imodoka ya APR yangiritse ariko bidakanganye

Abakinnyi bavuyemo amahoro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Kuva ku mukarani, ukubura umuhanda, umuhinzi w’imiteja kugeza ku banyamahoteri- Inyungu za CHOGM zizagera kuri bose

Next Post

Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.