Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umugabo utuye mu murenge wa Gatsata akarere ka Gasabo utabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye uburwayi bwamugize paralarize umubiri wose ku buryo ku rubu ubushobozi bwo kumuvuza bwamushiranye akaba arembeye mu rugo.

Mutavunika Dorcella niwe mubyeyi umaze imyaka 2 arembeye mu rugo bikomeye, uyu mubyeyi yagize ikibazo cyo kuba paralize umubiri wose  akimara kubyara nk’uko bisobanurwa n’umugabo we Kazige Bahati, uvuga ko iki kibazo gishobora no kuba cyaraturutse kuburangare bw’abaganga.

Umufasha wa Bahati ararembye bikomeye

Bahati avuga ko yagerageje uko ashoboye kose mu bushobozi yari afite ngo avuze umugore we bikageraho bikananirana ubushobozi burabashirana bitewe n’uko  urwego uburwayi bwari  bugezeho butabasha kuvuzwa na mutwelle de sante. Ibi byatumye bamusezerera kwa muganga bamwohereza mu rugo  abe ariho ajya kurwariza .

“Kazige Bahati umugore wanjye yagize ikibazo ubwo yari amaze kubyara, icyo gihe yabyaye neza. Nanjye ndi gusubira mu rugo kumwitegura dore ko yari butahe uwo munsi, bahise bampamagara ngo agiye muri koma, nahise ngaruka igitaraganya nsanga bamujyanye muri urgence umwana afitwe na nyirakuru. Uwo munsi nibwo mperuka kumva ijwi rye. Koma yayimazemo amezi atatu ayivamo yarabaye gutya mumureba, ubwo ku bitaro byagezeho baradusezerera batubwira ngo muje kurwarira mu rugo”

Mwumve ngo ubu ubushobozi bwaranshiranye kubera nahagaritse akazi ngiran go ngumane nawe mu rugo mwiteho , urabona ko nta na kimwe yakwifasha. Ubwo rero muntize amasengesho, munsabira gukomera ariko n’uwaba afite indi nkunga yamfasha”

Abaturanyi n’ishuti z’ uyu muryango, zivuga ko nazo zigerageza uko zishoboye kose ngo zibehafi uyu muryango ngo ariko ku bwabo gusa ntibabasha kumubonera ubushobozi bwamufasha kwivuza ariyo mpamvu nabo bamusabira ubufasha, ingingo bahuriyeho ari benshi ukurikije abaganiriye na Radio &Tv10.

Umwe muri abo witwa Fifi yateruye agira ati”Uyu mudamu ni inshuti yanjye twabanye kuva mbere hose. Mu by’ukuri arababaye, bigaragara. Tugerageza kumuba hafi uko dushoboye n’ubushobozi buke dufite tukamufasha ariko ku bwacu gusa ntibyadushobokera kumubonera amafaranga yamuvuza. Bamubwiye ko abaye abonye ubuvuzi bwisumbuyeho ashobora gukira. Umuntu wese waba ufite umutima wa kimuntu uzi uko ububabare bumera abaye afite ubushake n’ubushobozi ni ukuri yamufasha”

Bahati wanavukiye muri Repbulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) avuga ko uyu mubyeyi atigeze anonsa umwana yari amaze kubyara kugeza na n’ubu dore ko  yahise ajya muri koma y’amezi 3 mu kuyivamo yahise aba paralize umubiri wose, aho amariye gusezererwa mu bitaro ubushobozi bubaye bucye ubu yibera mu rugo mu buzima bugoye.

Mu gihe cyo kurya arira musi sonde, ibiryo biseye gusa, guhumeka ahumekera mu kuma bamucometse mu ijosi dore ko mu mazuru ariho hari iyi iyo sonde ariramo.

Ibyo byose abifashwamo n’umugabo we uvuga ko adateze kumuva iruhande kugeza akize, nawe kuri ubu wahagaritse akazi kugira ngo amwiteho.

Kuri ubu rero arasaba ubufasha yaba leta ndetse n’abagiraneza ku buryo uwakenera kumufasha ashobora no kumubonera kuri Telephone ye igendanwa ariyo 0783721192.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

Next Post

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.