Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umugabo utuye mu murenge wa Gatsata akarere ka Gasabo utabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye uburwayi bwamugize paralarize umubiri wose ku buryo ku rubu ubushobozi bwo kumuvuza bwamushiranye akaba arembeye mu rugo.

Mutavunika Dorcella niwe mubyeyi umaze imyaka 2 arembeye mu rugo bikomeye, uyu mubyeyi yagize ikibazo cyo kuba paralize umubiri wose  akimara kubyara nk’uko bisobanurwa n’umugabo we Kazige Bahati, uvuga ko iki kibazo gishobora no kuba cyaraturutse kuburangare bw’abaganga.

Umufasha wa Bahati ararembye bikomeye

Bahati avuga ko yagerageje uko ashoboye kose mu bushobozi yari afite ngo avuze umugore we bikageraho bikananirana ubushobozi burabashirana bitewe n’uko  urwego uburwayi bwari  bugezeho butabasha kuvuzwa na mutwelle de sante. Ibi byatumye bamusezerera kwa muganga bamwohereza mu rugo  abe ariho ajya kurwariza .

“Kazige Bahati umugore wanjye yagize ikibazo ubwo yari amaze kubyara, icyo gihe yabyaye neza. Nanjye ndi gusubira mu rugo kumwitegura dore ko yari butahe uwo munsi, bahise bampamagara ngo agiye muri koma, nahise ngaruka igitaraganya nsanga bamujyanye muri urgence umwana afitwe na nyirakuru. Uwo munsi nibwo mperuka kumva ijwi rye. Koma yayimazemo amezi atatu ayivamo yarabaye gutya mumureba, ubwo ku bitaro byagezeho baradusezerera batubwira ngo muje kurwarira mu rugo”

Mwumve ngo ubu ubushobozi bwaranshiranye kubera nahagaritse akazi ngiran go ngumane nawe mu rugo mwiteho , urabona ko nta na kimwe yakwifasha. Ubwo rero muntize amasengesho, munsabira gukomera ariko n’uwaba afite indi nkunga yamfasha”

Abaturanyi n’ishuti z’ uyu muryango, zivuga ko nazo zigerageza uko zishoboye kose ngo zibehafi uyu muryango ngo ariko ku bwabo gusa ntibabasha kumubonera ubushobozi bwamufasha kwivuza ariyo mpamvu nabo bamusabira ubufasha, ingingo bahuriyeho ari benshi ukurikije abaganiriye na Radio &Tv10.

Umwe muri abo witwa Fifi yateruye agira ati”Uyu mudamu ni inshuti yanjye twabanye kuva mbere hose. Mu by’ukuri arababaye, bigaragara. Tugerageza kumuba hafi uko dushoboye n’ubushobozi buke dufite tukamufasha ariko ku bwacu gusa ntibyadushobokera kumubonera amafaranga yamuvuza. Bamubwiye ko abaye abonye ubuvuzi bwisumbuyeho ashobora gukira. Umuntu wese waba ufite umutima wa kimuntu uzi uko ububabare bumera abaye afite ubushake n’ubushobozi ni ukuri yamufasha”

Bahati wanavukiye muri Repbulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) avuga ko uyu mubyeyi atigeze anonsa umwana yari amaze kubyara kugeza na n’ubu dore ko  yahise ajya muri koma y’amezi 3 mu kuyivamo yahise aba paralize umubiri wose, aho amariye gusezererwa mu bitaro ubushobozi bubaye bucye ubu yibera mu rugo mu buzima bugoye.

Mu gihe cyo kurya arira musi sonde, ibiryo biseye gusa, guhumeka ahumekera mu kuma bamucometse mu ijosi dore ko mu mazuru ariho hari iyi iyo sonde ariramo.

Ibyo byose abifashwamo n’umugabo we uvuga ko adateze kumuva iruhande kugeza akize, nawe kuri ubu wahagaritse akazi kugira ngo amwiteho.

Kuri ubu rero arasaba ubufasha yaba leta ndetse n’abagiraneza ku buryo uwakenera kumufasha ashobora no kumubonera kuri Telephone ye igendanwa ariyo 0783721192.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 2 =

Previous Post

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

Next Post

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.