Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umugabo utuye mu murenge wa Gatsata akarere ka Gasabo utabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye uburwayi bwamugize paralarize umubiri wose ku buryo ku rubu ubushobozi bwo kumuvuza bwamushiranye akaba arembeye mu rugo.

Mutavunika Dorcella niwe mubyeyi umaze imyaka 2 arembeye mu rugo bikomeye, uyu mubyeyi yagize ikibazo cyo kuba paralize umubiri wose  akimara kubyara nk’uko bisobanurwa n’umugabo we Kazige Bahati, uvuga ko iki kibazo gishobora no kuba cyaraturutse kuburangare bw’abaganga.

Umufasha wa Bahati ararembye bikomeye

Bahati avuga ko yagerageje uko ashoboye kose mu bushobozi yari afite ngo avuze umugore we bikageraho bikananirana ubushobozi burabashirana bitewe n’uko  urwego uburwayi bwari  bugezeho butabasha kuvuzwa na mutwelle de sante. Ibi byatumye bamusezerera kwa muganga bamwohereza mu rugo  abe ariho ajya kurwariza .

“Kazige Bahati umugore wanjye yagize ikibazo ubwo yari amaze kubyara, icyo gihe yabyaye neza. Nanjye ndi gusubira mu rugo kumwitegura dore ko yari butahe uwo munsi, bahise bampamagara ngo agiye muri koma, nahise ngaruka igitaraganya nsanga bamujyanye muri urgence umwana afitwe na nyirakuru. Uwo munsi nibwo mperuka kumva ijwi rye. Koma yayimazemo amezi atatu ayivamo yarabaye gutya mumureba, ubwo ku bitaro byagezeho baradusezerera batubwira ngo muje kurwarira mu rugo”

Mwumve ngo ubu ubushobozi bwaranshiranye kubera nahagaritse akazi ngiran go ngumane nawe mu rugo mwiteho , urabona ko nta na kimwe yakwifasha. Ubwo rero muntize amasengesho, munsabira gukomera ariko n’uwaba afite indi nkunga yamfasha”

Abaturanyi n’ishuti z’ uyu muryango, zivuga ko nazo zigerageza uko zishoboye kose ngo zibehafi uyu muryango ngo ariko ku bwabo gusa ntibabasha kumubonera ubushobozi bwamufasha kwivuza ariyo mpamvu nabo bamusabira ubufasha, ingingo bahuriyeho ari benshi ukurikije abaganiriye na Radio &Tv10.

Umwe muri abo witwa Fifi yateruye agira ati”Uyu mudamu ni inshuti yanjye twabanye kuva mbere hose. Mu by’ukuri arababaye, bigaragara. Tugerageza kumuba hafi uko dushoboye n’ubushobozi buke dufite tukamufasha ariko ku bwacu gusa ntibyadushobokera kumubonera amafaranga yamuvuza. Bamubwiye ko abaye abonye ubuvuzi bwisumbuyeho ashobora gukira. Umuntu wese waba ufite umutima wa kimuntu uzi uko ububabare bumera abaye afite ubushake n’ubushobozi ni ukuri yamufasha”

Bahati wanavukiye muri Repbulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) avuga ko uyu mubyeyi atigeze anonsa umwana yari amaze kubyara kugeza na n’ubu dore ko  yahise ajya muri koma y’amezi 3 mu kuyivamo yahise aba paralize umubiri wose, aho amariye gusezererwa mu bitaro ubushobozi bubaye bucye ubu yibera mu rugo mu buzima bugoye.

Mu gihe cyo kurya arira musi sonde, ibiryo biseye gusa, guhumeka ahumekera mu kuma bamucometse mu ijosi dore ko mu mazuru ariho hari iyi iyo sonde ariramo.

Ibyo byose abifashwamo n’umugabo we uvuga ko adateze kumuva iruhande kugeza akize, nawe kuri ubu wahagaritse akazi kugira ngo amwiteho.

Kuri ubu rero arasaba ubufasha yaba leta ndetse n’abagiraneza ku buryo uwakenera kumufasha ashobora no kumubonera kuri Telephone ye igendanwa ariyo 0783721192.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

Next Post

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.