Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru y’ibihuha yavugaga ko Aimabe Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza ubu akaba afunzwe, yitabye Imana, yamaganiwe kure, ndetse muri iki gitondo yabyutse nk’abandi bagororwa afata ibitunga umubiri bya mu gitondo.

Kuva ejo ku mbuga nkoranyambaga, nka Twitter ndetse na Facebook hakomeje gucicikana amakuru y’ibihuha, avuga ko Amaible Karasira ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge, yaba yitabye imana.

Ni amakuru akomeje gukwirakwizwa n’abakunze kuvuga nabi u Rwanda, bahimba ibinyoma bigamije kurugaragaza nabi isura nziza yarwo rusanganywe.

Uwiyita Wa-Kanda kuri Twitter ukunze gutambutsa ibitekerezo bisebya u Rwanda, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “RIP (Ruhukira Mu Mahoro) Kararasira Aimable […] Tuzahora tukwibuka nk’intwari, gupfa ni ibisanzwe iyo uzize ukuri, Imana igukomeze Karasira mwiza.”

Aya makuru y’igihugu kandi yagiye anavugwa n’abandi bakunze kuvuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda barimo uwiyita Kamena June kuri Twitter, na we wavuze ko hari kwishimirwa urupfu rwa Aimable Karasira.

Amakuru twakuye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) avuga ko Aimable Karasira ameze neza aho afungiye, akomeje ubuzima busanzwe nk’ubw’abandi bagororwa.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yagize ati “Karasira ni muzima, nta n’ubwo arwaye.”

Andi makuru kandi avuga ko Karasira mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, yabyutse afite imbaraga aho afungiye ndetse afata ifunguro rya mu gitondo [igikoma] nk’abandi bagenzi be bagororerwa mu igororero rimwe.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Amakuru ko Karasira yapfuye ni ikinyoma. Karasira yabyutse yinywera igikoma rwose.”

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, agiye kumara imyaka ibiri afunze, kuko yatawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021, akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri mu Banyarwanda.

Uyu mugabo uhakana ibyaha ashinjwa, yakunze gusaba Urukiko kurekurwa akajya kwivuza indwara zirimo iyo mu mutwe, yanakunze kugaragaza nk’impamvu yo kuba atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga Karasira Aimable, rwiyambuye ububasha, ruvuga ko ibyo aregwa biri ku rwego rwo kuburanishwa n’Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Next Post

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.