Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal ibura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ihure na Liverpool iyoboye Shampiyona y’u Bwongereza, yavunikishije myugariro wayo, Umutaliyani Riccardo Calafiori, uje wiyongera ku barimo kapiteni Martin Ødegaard na Bukayo Saka, isanzwe igenderaho.

Ni imvure yagiriye mukino ikipe ye yakiragamo ikipe ya Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine kuri Stade ya Emirates Stadium, aho buri kipe yakinaga umukino wayo wa 3 muri UEFA Champions League 2024-2025.

Arsenal yanatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, yavunikije uyu myugariro Riccardo Calafiori wavunitse ku munota wa 68’ w’umukino.

Nubwo uyu mukinni yari yabanje gukomeza gukina uyu mukino nyuma y’ikibazo cy’imvure yo mu ivi, nyuma y’iminota 4 gusa, ku munota wa 72, yisabiye gusimbuzwa, aho yahise avanwa mu kibuga asimburwa na Myles Lewis-Skelly.

Imvune ya Riccardo Calafiori ije mu gihe habura iminsi micye ngo ikipe ya Arsenal yakire Liverpool muri Shampiyona y’u Bwongereza dore ko aya makipe yombi azacakirana kuri iki Cyumweru, tariki 27 Ukwakira 2024.

Arsenal iherutse gutsindwa n’ikipe ya Bournemouth muri Shampiyona, izaba isabwa kwitwara neza muri uyu mukino kugira ngo yigarurire icyizere, dore ko iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 17, mu gihe Liverpool bigiye guhura iyoboye urutonde n’amanota 21.

Mikel Artera utoza ikipe ya Arsenal, nyuma y’umukino wa Shakhtar Donetsk, ubwo yari abajijwe na TNT Sports kuri iyi mvune ya Riccardo Calafiori n’igihe azamara adakina, yagize ati “sinzi uko bimeze. Yumvaga atameze neza ku buryo atakomeza gukina, rero bisa n’aho yagizemo akabazo.”

Uyu mutoza, Mikel Arteta, kandi mu kiganiro n’itangazamakuru yaje kubishimangira muri aya magambo agira ati “yagombaga gusohoka mu kibuga cyane ko yumvaga ari kubabara, sinzi igihe imvune ye izakirira, nta yandi makuru mfite muri aka kanya.”

Imvune ya Riccardo Calafiori ije yiyongera ku z’abandi bakinnyi ba Arsenal, barimo Bukayo Saka, umaze imikino ibiri adakina kubera imvune izwi nka ‘Hamstring Injury’, kapiteni Martin Ødegaard, umaze ukwezi n’igice adakina kubera imvune y’akagombambari (ankle injury), Jurrien Timber, Kieran Tierney n’Umuyapani Takehiro Tomiyasu.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eight =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’amafaranga ya ruswa ishinjwa Umushinjacyaha waregewe Ubushinjacyaha

Next Post

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Related Posts

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

by radiotv10
05/08/2025
1

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.