Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakoze ikiganiro kuri radio ari kumwe na Shaggy yavuyemo ibyatunguranye, aho yavuze ko muri 2008 yagiye mu gitaramo cye, adafite ayo kwishyura, none ubu akaba ari umuhanzi bakorana.

Bruce Melodie wahuye na Shaggy bakagirana ibiganiro ndetse bakanasangira, banakoze ikiganiro cyatambutse kuri radio ya Kidd Nation yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri iki kiganiro, Bruce Melodie yabajijwe aho akomoka, avuga ko ari uw’i Kigali mu Rwanda muri Afurika y’Iburasirazuba, byanatumye abanyamakuru babaza uburyo yahuye na Shaggy, umuhanzi w’ikirangirire.

Shaggy wahise asubiza iki kibazo, yavuze ko itsinda rifasha Bruce Melodie ryegereye inshuti ye yitwa Steve akumva indirimbo y’uyu muhanzi nyarwanda yitwa Funga Macho, akumva ni nziza bidasanzwe.

Ati “Yarayumvise yahise ampamagara, arambwira ngo ‘Shaggy iyi ndirimbo ni nziza cyane, ndi kuyumva kandi nayikunze, ni nziza bidasanzwe, ifite uburyo budasanzwe.”

Shaggy avuga ko na we yayumvise akumva ijwi ry’uyu muhanzi nyarwanda ridasanzwe, bagahita bemeza ko bazakorana, ndetse bakaza gukorana bifashije iya kure.

Shaggy yavuze ko yumvise Melodie ari umuhanzi udasanzwe, ndetse atanga urugero rwo kuba aherutse kwegunaka igihembo muri Trace Awards.

Melodie abajijwe uburyo yabonye America, yavuze ko yahishimiye cyane nubwo ari Igihugu gikonje ugereranyije no mu Rwanda.

Shaggy na yongeye kuvuga ko ubwo yazaga mu Rwanda muri 2008, yasanze ari Igihugu cyiza bidasanzwe, gifite isuku yaba ku muhanda n’ahandi hose, ndetse kikaba kiri ku murongo.

Melodie yahise avuga ko ubwo Shaggy yazaga mu Rwanda, we yari akiri umwana muto, ndetse ko yari yagiye mu gitaramo nk’ugiye kureba uyu muhanzi w’ikirangirire wari waje mu Rwanda.

Ati “Nari umusore muto, ukishahisha mu muziki nza kumva ko Shaggy azaza kuririmba i Kigali, kandi ntabwo nari mfite amafaranga yo kugura tike yo kwinjira mu gitaramo [abari mu kiganiro baraseka] ariko ubu ndi kumwe na Shaggy, ndabishimira Imana. Ni iby’agaciro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Next Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Related Posts

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.