Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakoze ikiganiro kuri radio ari kumwe na Shaggy yavuyemo ibyatunguranye, aho yavuze ko muri 2008 yagiye mu gitaramo cye, adafite ayo kwishyura, none ubu akaba ari umuhanzi bakorana.

Bruce Melodie wahuye na Shaggy bakagirana ibiganiro ndetse bakanasangira, banakoze ikiganiro cyatambutse kuri radio ya Kidd Nation yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri iki kiganiro, Bruce Melodie yabajijwe aho akomoka, avuga ko ari uw’i Kigali mu Rwanda muri Afurika y’Iburasirazuba, byanatumye abanyamakuru babaza uburyo yahuye na Shaggy, umuhanzi w’ikirangirire.

Shaggy wahise asubiza iki kibazo, yavuze ko itsinda rifasha Bruce Melodie ryegereye inshuti ye yitwa Steve akumva indirimbo y’uyu muhanzi nyarwanda yitwa Funga Macho, akumva ni nziza bidasanzwe.

Ati “Yarayumvise yahise ampamagara, arambwira ngo ‘Shaggy iyi ndirimbo ni nziza cyane, ndi kuyumva kandi nayikunze, ni nziza bidasanzwe, ifite uburyo budasanzwe.”

Shaggy avuga ko na we yayumvise akumva ijwi ry’uyu muhanzi nyarwanda ridasanzwe, bagahita bemeza ko bazakorana, ndetse bakaza gukorana bifashije iya kure.

Shaggy yavuze ko yumvise Melodie ari umuhanzi udasanzwe, ndetse atanga urugero rwo kuba aherutse kwegunaka igihembo muri Trace Awards.

Melodie abajijwe uburyo yabonye America, yavuze ko yahishimiye cyane nubwo ari Igihugu gikonje ugereranyije no mu Rwanda.

Shaggy na yongeye kuvuga ko ubwo yazaga mu Rwanda muri 2008, yasanze ari Igihugu cyiza bidasanzwe, gifite isuku yaba ku muhanda n’ahandi hose, ndetse kikaba kiri ku murongo.

Melodie yahise avuga ko ubwo Shaggy yazaga mu Rwanda, we yari akiri umwana muto, ndetse ko yari yagiye mu gitaramo nk’ugiye kureba uyu muhanzi w’ikirangirire wari waje mu Rwanda.

Ati “Nari umusore muto, ukishahisha mu muziki nza kumva ko Shaggy azaza kuririmba i Kigali, kandi ntabwo nari mfite amafaranga yo kugura tike yo kwinjira mu gitaramo [abari mu kiganiro baraseka] ariko ubu ndi kumwe na Shaggy, ndabishimira Imana. Ni iby’agaciro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Next Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Related Posts

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.