• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
B.Melodie muri America yavuze ibyabaye mu myaka 15 bigaragaza ko ibiri kuba ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakoze ikiganiro kuri radio ari kumwe na Shaggy yavuyemo ibyatunguranye, aho yavuze ko muri 2008 yagiye mu gitaramo cye, adafite ayo kwishyura, none ubu akaba ari umuhanzi bakorana.

Bruce Melodie wahuye na Shaggy bakagirana ibiganiro ndetse bakanasangira, banakoze ikiganiro cyatambutse kuri radio ya Kidd Nation yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri iki kiganiro, Bruce Melodie yabajijwe aho akomoka, avuga ko ari uw’i Kigali mu Rwanda muri Afurika y’Iburasirazuba, byanatumye abanyamakuru babaza uburyo yahuye na Shaggy, umuhanzi w’ikirangirire.

Shaggy wahise asubiza iki kibazo, yavuze ko itsinda rifasha Bruce Melodie ryegereye inshuti ye yitwa Steve akumva indirimbo y’uyu muhanzi nyarwanda yitwa Funga Macho, akumva ni nziza bidasanzwe.

Ati “Yarayumvise yahise ampamagara, arambwira ngo ‘Shaggy iyi ndirimbo ni nziza cyane, ndi kuyumva kandi nayikunze, ni nziza bidasanzwe, ifite uburyo budasanzwe.”

Shaggy avuga ko na we yayumvise akumva ijwi ry’uyu muhanzi nyarwanda ridasanzwe, bagahita bemeza ko bazakorana, ndetse bakaza gukorana bifashije iya kure.

Shaggy yavuze ko yumvise Melodie ari umuhanzi udasanzwe, ndetse atanga urugero rwo kuba aherutse kwegunaka igihembo muri Trace Awards.

Melodie abajijwe uburyo yabonye America, yavuze ko yahishimiye cyane nubwo ari Igihugu gikonje ugereranyije no mu Rwanda.

Shaggy na yongeye kuvuga ko ubwo yazaga mu Rwanda muri 2008, yasanze ari Igihugu cyiza bidasanzwe, gifite isuku yaba ku muhanda n’ahandi hose, ndetse kikaba kiri ku murongo.

Melodie yahise avuga ko ubwo Shaggy yazaga mu Rwanda, we yari akiri umwana muto, ndetse ko yari yagiye mu gitaramo nk’ugiye kureba uyu muhanzi w’ikirangirire wari waje mu Rwanda.

Ati “Nari umusore muto, ukishahisha mu muziki nza kumva ko Shaggy azaza kuririmba i Kigali, kandi ntabwo nari mfite amafaranga yo kugura tike yo kwinjira mu gitaramo [abari mu kiganiro baraseka] ariko ubu ndi kumwe na Shaggy, ndabishimira Imana. Ni iby’agaciro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Next Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Amakuru mashya kuri rutahizamu Youssef byavugwaga ko agiye gusohoka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.