Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Uwigeze gufungwa akabanza kubura n’ubu abaturage baramutangira ubuhamya
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, bafashwe saa munani z’ijoro batera amabuye ku nzu ya Mujyambere Boniface uhagarariye Ibuka muri uyu Murenge nyuma yuko n’ubundi bari bayateye ariko bakaburirwa irengero baza kongera mu gicuku aba ari bwo bafatirwa mu cyuho.

Byabaye mu ijoro rishyira ku ya 07 Mata 2025, aho abari bataramenyekana bateye amabuye ahagana saa mbiri z’ijoro ku nzu ya Mujyambere bagahita bihisha.

Amakuru yahise amenyekana ndetse ubuyobozi burahagera icyakora bubura abari babikoze hahita hakazwa ingamba zo gucunga umutekano hafi y’urugo rwa Mujyambere.

Amabuye yongera kugwa ku nzu y’uyu muturage saa munani z’ijoro aba ari bwo hafatwa Nteziryayo Frodouard w’imyaka 35 na Minani Abdulkarim w’imyaka 33 nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Daniel Ndamyimana.

Ati “Mu masaha ya saa munani nagiye kumva numva n’ubundi barampamagaye bambwira ko bongeye kumva amabuye kuri ya nzu, birumvikana irondo ryari riryamiye amajanja hafi aho ngaho birangira rikoze akazi barafatwa.”

Mu gihe ikibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside gikomeje kugaragara muri aka Karere ka Rusizi aho abarokotse bagenda bakorerwa urugomo, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel avuga ko abakiyifite bagomba kumenya ko imbaraga zahagaritse Jenoside zigihari bityo ko badakwiye gukina n’umuriro.

Ati “Kuba hari bamwe buririra ku gihe nk’iki kigoye aho tuba dutangiye kwibuka bagatangira kubyutsa ingengabitekerezo ya Jenoside, turababwira ko ijisho n’imbaraga zahagaritse Jenoside zigihari. Uwahirahira wese ashaka kugaragaza ibibi bimurimo muri iki gihe turamugira inama yo kudakina n’umuriro.”

Hari hatarashira n’ukwezi n’ubundi muri uyu Murenge hagaragaye umwana w’imyaka 15 wateye mugenzi we umusumali hafi y’ijisho, aho byavuzwe ko yari yabanje kumubwira amagambo yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Next Post

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.