Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rya Gakeri ryo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, barataka ibihombo baterwa n’imivu y’amazi itwara ibicuruzwa byabo bakibaza icyo imisoro batanga ikora kuko iki gihombo cyose bagiterwa no kuba bacururiza hasi.

Abacururiza muri iri soko rya Gakeri riri mu Kagari ka Kavumu muri uyu Murenge wa Ruhango, bavuga ko batumva icyabuze ngo bakorerwe isoko nyamara badasiba gutanga imisoro.

Umwe ati “Iyo imvura iguye nsanga ibyanjye byagiye abana bo muri santere bakabitoragura bakabyihekenyera ngasanga n’ibyanjye byuzuyemo umucanga n’ibitaka byose, niba umukiliya yari kuza kunyorera yasanga byuzuyemo icyondo ngo ntabwo arabiyora ngo ubwo byabaye icyondo, ni ikibazo nyine ni umwanda.”

Undi mucuruzi avuga ko ikibabaje ari uko iki kibazo kizwi n’abayobozi ariko bakomeje kukirengagiza nyamara kimaze imyaka 10.

Aba bacuruzi bakomeza bavuga ko batumva icyo imisoro batanga ikora mu gihe bamaze imyaka isaga 10 bagaragariza ubuyobozi iki kibazo kibaremereye ariko ntibugire icyo bugikoraho.

Undi ati “Kandi nyobozi si uko zitahagera, aha hantu hagera abayobozi urabona ko hegereye kaburimbo, hakagera nyobozi zitandukanye ariko bakabibona gutya ntacyo babivugaho.”

Akomeza agira ati “Tugire imisoro dutanga, tugire kunyagirwa reba n’ubu imvura iri kugwa turi kunyagirwa, abandi barayitanga bikagira umumaro bakabibona, twebwe ni mpamvu ki nta bikorwa biboneka?”

Uretse aba bacuruzi kandi, n’abaguzi bakunze kuza guhahira muri iri soko, bagirwaho ingaruka no kuba iri soko ridakoze.

Umwe ati “Natwe abaguzi nyine turunama tugakora hasi kandi twakagombye kugura duhagaze ariko n’imvura iyo iguye biranyagirwa bikajyamo ibyondo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose yatanze icyizere ko iri soko rigiye gukorwa bityo ko aba bacuruzi n’abaguzi bashonje bahishiwe.

Ati “Icyizere bagombye kuba bagifite kuko nzi ko amakuru bayafite; ubu hari agasoko bagiye kububakira kandi kazatangira kubakwa uyu mwaka tugiye gutangira kandi numva ko ayo makuru bagombye kuba bayafite, icyizere bakigire kuko dufite umufatanyabikorwa ugiye kukubaka uriya mwaka kazaba kabonetse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Amani Jean bapista says:
    3 years ago

    Ariko nukuri niba reta yita kumuturage bite kusu jyisoko jyagakeri babubakire isoko apana agasoko byaba bibabaje kuba isoko riremwa nabantu batandukanye bimpande zose bagihahira hasi kd arisoko twavugako mukarere rikomeye muyambere none ngo umuyobozi ngo bazabubakira agasoko ntanubwo bidushimishije

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Next Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.