Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rya Gakeri ryo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, barataka ibihombo baterwa n’imivu y’amazi itwara ibicuruzwa byabo bakibaza icyo imisoro batanga ikora kuko iki gihombo cyose bagiterwa no kuba bacururiza hasi.

Abacururiza muri iri soko rya Gakeri riri mu Kagari ka Kavumu muri uyu Murenge wa Ruhango, bavuga ko batumva icyabuze ngo bakorerwe isoko nyamara badasiba gutanga imisoro.

Umwe ati “Iyo imvura iguye nsanga ibyanjye byagiye abana bo muri santere bakabitoragura bakabyihekenyera ngasanga n’ibyanjye byuzuyemo umucanga n’ibitaka byose, niba umukiliya yari kuza kunyorera yasanga byuzuyemo icyondo ngo ntabwo arabiyora ngo ubwo byabaye icyondo, ni ikibazo nyine ni umwanda.”

Undi mucuruzi avuga ko ikibabaje ari uko iki kibazo kizwi n’abayobozi ariko bakomeje kukirengagiza nyamara kimaze imyaka 10.

Aba bacuruzi bakomeza bavuga ko batumva icyo imisoro batanga ikora mu gihe bamaze imyaka isaga 10 bagaragariza ubuyobozi iki kibazo kibaremereye ariko ntibugire icyo bugikoraho.

Undi ati “Kandi nyobozi si uko zitahagera, aha hantu hagera abayobozi urabona ko hegereye kaburimbo, hakagera nyobozi zitandukanye ariko bakabibona gutya ntacyo babivugaho.”

Akomeza agira ati “Tugire imisoro dutanga, tugire kunyagirwa reba n’ubu imvura iri kugwa turi kunyagirwa, abandi barayitanga bikagira umumaro bakabibona, twebwe ni mpamvu ki nta bikorwa biboneka?”

Uretse aba bacuruzi kandi, n’abaguzi bakunze kuza guhahira muri iri soko, bagirwaho ingaruka no kuba iri soko ridakoze.

Umwe ati “Natwe abaguzi nyine turunama tugakora hasi kandi twakagombye kugura duhagaze ariko n’imvura iyo iguye biranyagirwa bikajyamo ibyondo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose yatanze icyizere ko iri soko rigiye gukorwa bityo ko aba bacuruzi n’abaguzi bashonje bahishiwe.

Ati “Icyizere bagombye kuba bagifite kuko nzi ko amakuru bayafite; ubu hari agasoko bagiye kububakira kandi kazatangira kubakwa uyu mwaka tugiye gutangira kandi numva ko ayo makuru bagombye kuba bayafite, icyizere bakigire kuko dufite umufatanyabikorwa ugiye kukubaka uriya mwaka kazaba kabonetse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Amani Jean bapista says:
    3 years ago

    Ariko nukuri niba reta yita kumuturage bite kusu jyisoko jyagakeri babubakire isoko apana agasoko byaba bibabaje kuba isoko riremwa nabantu batandukanye bimpande zose bagihahira hasi kd arisoko twavugako mukarere rikomeye muyambere none ngo umuyobozi ngo bazabubakira agasoko ntanubwo bidushimishije

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Next Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.