Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rya Gakeri ryo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, barataka ibihombo baterwa n’imivu y’amazi itwara ibicuruzwa byabo bakibaza icyo imisoro batanga ikora kuko iki gihombo cyose bagiterwa no kuba bacururiza hasi.

Abacururiza muri iri soko rya Gakeri riri mu Kagari ka Kavumu muri uyu Murenge wa Ruhango, bavuga ko batumva icyabuze ngo bakorerwe isoko nyamara badasiba gutanga imisoro.

Umwe ati “Iyo imvura iguye nsanga ibyanjye byagiye abana bo muri santere bakabitoragura bakabyihekenyera ngasanga n’ibyanjye byuzuyemo umucanga n’ibitaka byose, niba umukiliya yari kuza kunyorera yasanga byuzuyemo icyondo ngo ntabwo arabiyora ngo ubwo byabaye icyondo, ni ikibazo nyine ni umwanda.”

Undi mucuruzi avuga ko ikibabaje ari uko iki kibazo kizwi n’abayobozi ariko bakomeje kukirengagiza nyamara kimaze imyaka 10.

Aba bacuruzi bakomeza bavuga ko batumva icyo imisoro batanga ikora mu gihe bamaze imyaka isaga 10 bagaragariza ubuyobozi iki kibazo kibaremereye ariko ntibugire icyo bugikoraho.

Undi ati “Kandi nyobozi si uko zitahagera, aha hantu hagera abayobozi urabona ko hegereye kaburimbo, hakagera nyobozi zitandukanye ariko bakabibona gutya ntacyo babivugaho.”

Akomeza agira ati “Tugire imisoro dutanga, tugire kunyagirwa reba n’ubu imvura iri kugwa turi kunyagirwa, abandi barayitanga bikagira umumaro bakabibona, twebwe ni mpamvu ki nta bikorwa biboneka?”

Uretse aba bacuruzi kandi, n’abaguzi bakunze kuza guhahira muri iri soko, bagirwaho ingaruka no kuba iri soko ridakoze.

Umwe ati “Natwe abaguzi nyine turunama tugakora hasi kandi twakagombye kugura duhagaze ariko n’imvura iyo iguye biranyagirwa bikajyamo ibyondo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose yatanze icyizere ko iri soko rigiye gukorwa bityo ko aba bacuruzi n’abaguzi bashonje bahishiwe.

Ati “Icyizere bagombye kuba bagifite kuko nzi ko amakuru bayafite; ubu hari agasoko bagiye kububakira kandi kazatangira kubakwa uyu mwaka tugiye gutangira kandi numva ko ayo makuru bagombye kuba bayafite, icyizere bakigire kuko dufite umufatanyabikorwa ugiye kukubaka uriya mwaka kazaba kabonetse.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Amani Jean bapista says:
    3 years ago

    Ariko nukuri niba reta yita kumuturage bite kusu jyisoko jyagakeri babubakire isoko apana agasoko byaba bibabaje kuba isoko riremwa nabantu batandukanye bimpande zose bagihahira hasi kd arisoko twavugako mukarere rikomeye muyambere none ngo umuyobozi ngo bazabubakira agasoko ntanubwo bidushimishije

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 3 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Next Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.