Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza

radiotv10by radiotv10
22/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bugaragaza ko muri za Gereza ubuzima bukomeza kuko abazirimo bakomeza guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko, nko kwidagadura, kuvurwa ndetse n’ibindi.

Inzego z’ubutabera mu Rwanda zikunze kugaragaza ko hari politiki yo guhindura uburyo bwo gufungamo abantu, bikarushaho kuba kugororwa aho kumva ko abagiye muri za Gereza baba bagiye guhanwa.

Muri urwo rwego; Leta y’u Rwanda yagiye itangiza ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha imfungwa n’abagororwa guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko.

Hatangijwe uburyo bwo kwigisha imyuga abafunzwe ndetse bakanahabwa n’impamyabumenyi kugira ngo igihe bazaba basohotse babashe kwiteza imbere bakoresheje ubumenyi basohokanye.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS) rwagaragaje uko umunsi w’abafungiye muri Gereza ya Muhanda, uba uteye.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga z’uru rwego, agaragaza abafungiye muri iyi Gereza ya Muhanga, bari gukina umukino w’amaboko wa Volleyball.

Inmates in Rwandan Prisons are treated in accordance with National and International laws and Regulations on Prison management and Human Rights.

A typical day in Muhanga Prison (Former Gitarama Prison) ⬇️ pic.twitter.com/bPQBKxca44

— Rwanda Correctional Service (@RCS_Rwanda) October 20, 2022

Nanone kandi iyo bari mu gihe cy’akaruhuko, baridagadura, aho muri aya mashusho haragaragaramo bamwe mu mfungwa bari kubyina umuziki mu buryo bugezweho, ndetse abandi bari gucuranga bakoresheje ibikoresho by’umuziki bigezweho.

Muri aya mashusho, imfungwa zigaragaza akanyamuneza k’umuziki uba uri gucurangwa na bagenzi babo ndetse bakanyuzamo bakabakomera amashyi nkuko bisanzwe bikorwa mu bitaramo bya muzika.

Urwego rushinzwe Imfungwa n’abagororwa kandi rutangaza ko muri iyi Gereza ya Muhanga, abafungiyemo bakora ibikorwa by’Ubukorikiri kandi “Bagahabwa igice kimwe cy’amafaranga kiva mu byagurishijwe.”

Muri iyi Gereza hanatangirwa amasomo y’imyuga ajyanye no gukora amashanyarasi ashobora kuzabafasha mu gihe bazaba bageze hanze.

Hari n’uburyo kandi bahabwa umwanya wo kuvugisha imiryango yabo, bakoresheje telefone yabugenewe, ndetse bakanahabwa serivisi z’ubuvuzi zigezweho.

Muri iyi gereza hari n’icyumba cyabugenewe kibamo mudasobwa zifasha imfungwa n’abagororwa gukurikirana dosiye z’ibirego byabo dore ko ikurikirana rya dosiye z’ibirego, rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Harimo n’ikigo gitanga serivisi z’uburezi bw’abana bato gifasha ababyeyi bafunganywe n’abana babo bakiri bato, guhabwa uburezi no kwitabwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eight =

Previous Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Next Post

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Related Posts

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

IZIHERUKA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.