Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza

radiotv10by radiotv10
22/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bugaragaza ko muri za Gereza ubuzima bukomeza kuko abazirimo bakomeza guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko, nko kwidagadura, kuvurwa ndetse n’ibindi.

Inzego z’ubutabera mu Rwanda zikunze kugaragaza ko hari politiki yo guhindura uburyo bwo gufungamo abantu, bikarushaho kuba kugororwa aho kumva ko abagiye muri za Gereza baba bagiye guhanwa.

Muri urwo rwego; Leta y’u Rwanda yagiye itangiza ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha imfungwa n’abagororwa guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko.

Hatangijwe uburyo bwo kwigisha imyuga abafunzwe ndetse bakanahabwa n’impamyabumenyi kugira ngo igihe bazaba basohotse babashe kwiteza imbere bakoresheje ubumenyi basohokanye.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS) rwagaragaje uko umunsi w’abafungiye muri Gereza ya Muhanda, uba uteye.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga z’uru rwego, agaragaza abafungiye muri iyi Gereza ya Muhanga, bari gukina umukino w’amaboko wa Volleyball.

Inmates in Rwandan Prisons are treated in accordance with National and International laws and Regulations on Prison management and Human Rights.

A typical day in Muhanga Prison (Former Gitarama Prison) ⬇️ pic.twitter.com/bPQBKxca44

— Rwanda Correctional Service (@RCS_Rwanda) October 20, 2022

Nanone kandi iyo bari mu gihe cy’akaruhuko, baridagadura, aho muri aya mashusho haragaragaramo bamwe mu mfungwa bari kubyina umuziki mu buryo bugezweho, ndetse abandi bari gucuranga bakoresheje ibikoresho by’umuziki bigezweho.

Muri aya mashusho, imfungwa zigaragaza akanyamuneza k’umuziki uba uri gucurangwa na bagenzi babo ndetse bakanyuzamo bakabakomera amashyi nkuko bisanzwe bikorwa mu bitaramo bya muzika.

Urwego rushinzwe Imfungwa n’abagororwa kandi rutangaza ko muri iyi Gereza ya Muhanga, abafungiyemo bakora ibikorwa by’Ubukorikiri kandi “Bagahabwa igice kimwe cy’amafaranga kiva mu byagurishijwe.”

Muri iyi Gereza hanatangirwa amasomo y’imyuga ajyanye no gukora amashanyarasi ashobora kuzabafasha mu gihe bazaba bageze hanze.

Hari n’uburyo kandi bahabwa umwanya wo kuvugisha imiryango yabo, bakoresheje telefone yabugenewe, ndetse bakanahabwa serivisi z’ubuvuzi zigezweho.

Muri iyi gereza hari n’icyumba cyabugenewe kibamo mudasobwa zifasha imfungwa n’abagororwa gukurikirana dosiye z’ibirego byabo dore ko ikurikirana rya dosiye z’ibirego, rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Harimo n’ikigo gitanga serivisi z’uburezi bw’abana bato gifasha ababyeyi bafunganywe n’abana babo bakiri bato, guhabwa uburezi no kwitabwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fifteen =

Previous Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Next Post

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi
IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.