Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza

radiotv10by radiotv10
22/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bakora ibitaramo, Bakina umupira,…- Muri Gereza ya Muhanga ubuzima burakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bugaragaza ko muri za Gereza ubuzima bukomeza kuko abazirimo bakomeza guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko, nko kwidagadura, kuvurwa ndetse n’ibindi.

Inzego z’ubutabera mu Rwanda zikunze kugaragaza ko hari politiki yo guhindura uburyo bwo gufungamo abantu, bikarushaho kuba kugororwa aho kumva ko abagiye muri za Gereza baba bagiye guhanwa.

Muri urwo rwego; Leta y’u Rwanda yagiye itangiza ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha imfungwa n’abagororwa guhabwa uburenganzira bemererwa n’amategeko.

Hatangijwe uburyo bwo kwigisha imyuga abafunzwe ndetse bakanahabwa n’impamyabumenyi kugira ngo igihe bazaba basohotse babashe kwiteza imbere bakoresheje ubumenyi basohokanye.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS) rwagaragaje uko umunsi w’abafungiye muri Gereza ya Muhanda, uba uteye.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga z’uru rwego, agaragaza abafungiye muri iyi Gereza ya Muhanga, bari gukina umukino w’amaboko wa Volleyball.

Inmates in Rwandan Prisons are treated in accordance with National and International laws and Regulations on Prison management and Human Rights.

A typical day in Muhanga Prison (Former Gitarama Prison) ⬇️ pic.twitter.com/bPQBKxca44

— Rwanda Correctional Service (@RCS_Rwanda) October 20, 2022

Nanone kandi iyo bari mu gihe cy’akaruhuko, baridagadura, aho muri aya mashusho haragaragaramo bamwe mu mfungwa bari kubyina umuziki mu buryo bugezweho, ndetse abandi bari gucuranga bakoresheje ibikoresho by’umuziki bigezweho.

Muri aya mashusho, imfungwa zigaragaza akanyamuneza k’umuziki uba uri gucurangwa na bagenzi babo ndetse bakanyuzamo bakabakomera amashyi nkuko bisanzwe bikorwa mu bitaramo bya muzika.

Urwego rushinzwe Imfungwa n’abagororwa kandi rutangaza ko muri iyi Gereza ya Muhanga, abafungiyemo bakora ibikorwa by’Ubukorikiri kandi “Bagahabwa igice kimwe cy’amafaranga kiva mu byagurishijwe.”

Muri iyi Gereza hanatangirwa amasomo y’imyuga ajyanye no gukora amashanyarasi ashobora kuzabafasha mu gihe bazaba bageze hanze.

Hari n’uburyo kandi bahabwa umwanya wo kuvugisha imiryango yabo, bakoresheje telefone yabugenewe, ndetse bakanahabwa serivisi z’ubuvuzi zigezweho.

Muri iyi gereza hari n’icyumba cyabugenewe kibamo mudasobwa zifasha imfungwa n’abagororwa gukurikirana dosiye z’ibirego byabo dore ko ikurikirana rya dosiye z’ibirego, rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Harimo n’ikigo gitanga serivisi z’uburezi bw’abana bato gifasha ababyeyi bafunganywe n’abana babo bakiri bato, guhabwa uburezi no kwitabwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Next Post

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Indege ya RwandAir yakoreye impanuka yoroheje i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.