Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in Uncategorized
0
Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Inkoko yari yo ngoma ku Banyarwanda benshi babyukiye kuri site z’itora ngo bigenere amahitamo y’imiyoborere y’imyaka itanu iri imbere, aho baramutse bajya gutora Perezida wa Repubulika ndetse n’Abadepite, mu gikorwa cyari gitegerejwe na benshi. Hari abafatiye ifunguro rya mu gitondo kuri site kuko bazindutse iya rubika.

Ni amatora ya Perezida wa Repubulika y’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere ahujwe, aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga, mu bice byose by’Igihugu, haramutse hari gukorwa iki gikorwa cy’amatora.

Muri iki gikorwa cyatangiye ku isaaha ya saa moya za mu gitondo (07:00’), bamwe bazindutse iya rubika kubera ubwuzu n’amatsiko baba bamaranye igihe bategerezanyije iki gikorwa, ku buryo benshi bakitabiriye batabashije gufata ifunguro rya mu gitondo.

Iki gikorwa cy’amatora yo mu Rwanda, benshi bakunze kuvuga ko aba ari ubukwe, n’ubundi cyongeye kugaragaramo udushya, turimo imyiteguro n’uburyo site zarimbishijwe zigatakwa byihariye, ndetse kuri kuri Site imwe yo mu Karere ka Musanze, abakitabiriye mu gitondo, babashije gufata ifunguro rya mu gitondo.

Ni kuri Site yo mu Muduhudu wa Nyiraruhengeri mu Kagari ka Rwebeya, aho abaje gutora muri iki gitondo, basangaga hari amandazi ndetse n’icyayi bibategereje, kugira ngo babashe gufatira ifunguro rya mu gitondo aha, kuko babyutse kare bakagenda batikoze ku munwa.

Iri funguro ryafatwaga n’umuturage ubwo yabaga amaze gutora, kugira ngo ahite ahitira mu mirimo ye atagombye kujya gushaka ifunguro, kuko bamwe bazindutse mu gitondo.

Abatoreye ku zindi site kandi, nabo ibyishimo byari byose, bavuga ko uyu munsi bari bawutegerezanyije amatsiko menshi, kuko ari wo wo kugena uko Igihugu cyabo kizaba kimeze mu bihe biri imbere.

Mukanyubahiro Philonille, umwe mu baturage uvuga ko yari atagerezanyije amatsiko menshi iki gikorwa cy’amatora, avuga ko yabyutse saa cyenda z’ijoro, ubundi akitegura kugira ngo ajye mu matora.

Ati “Saa kumi n’imwe nari nageze hano dutorera, kuko numvaga mbyishimiye cyane, itariki numvaga itazagera vuba, n’ubu ndumva nishimye cyane. Urabona ko iyi tariki iza rimwe mu myaka ingahe, urumva rero nari mbyishimiye cyane.”

Mukanyubahiro Philonille avuga kandi ko aho atuye baraye umuhuro kuko iki gikorwa cy’amatora, ubundi basanzwe bagifata nk’ubukwe.

Ati “Mu muhuro twanyweye agafanta nk’abantu b’abarokore, turabyina turishima, twaririmbye iz’Imana, twaririmbye iz’Igihugu, zose mbese twaririmbye ariko nyine turanezerewe.”

I Musanze bamwe banafashe ifunguro rya mu gitondo

I Runda mu Karere ka Kamonyi
Kuri GS Islamique mu Kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe muri Rusizi, barimbishije ibiro by’itora

Benshi bavuga ko ari ubukwe
Byari umunezero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fifteen =

Previous Post

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Next Post

Capt.Ian Kagame mu Banyarwanda batoye mu gitondo cya kare

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Capt.Ian Kagame mu Banyarwanda batoye mu gitondo cya kare

Capt.Ian Kagame mu Banyarwanda batoye mu gitondo cya kare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.