Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
2
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?
Share on FacebookShare on Twitter

Iby’umukinnyi Achraf Hakim wa PSG n’umugore we Hiba Abouk, bikomeje kuba inkuru idasaza, igenda igarukwaho uko bwije uko bucyeye, kubera ibitangaje byabaye muri gatanya yabo. Benshi baravuga kuri gatanya ariko ntibatekereze ku by’urukundo rwabo, ubundi rwaje rute?

Bamwe bati “ni intwari”, abandi bati “ni umuhungu wa nyina” abandi bati “si umugabo”. Buri wese ari kuvuga Hakimi uko ashatse ariko benshi bakemeza ko yakoze igikorwa cy’ubutwari.

Ni bacye bibaza uko Hakimi n’umugore we Hiba Abouk bakundanye ndetse n’icyatumye urukundo rwabo ruzamo kidobya bokagera aho basaba gutandukana.

Achraf Hakim w’imyaka 24 yavukiye muri Espagne, gusa ababyeyi be bakomoka muri Maroc baje muri Espan gushaka ubuzima.

Ni mfura mu muryango w’abana batatu bakuriye mu buzima butoroshye cyane ko mama we yakoraga amasuku mu ngo z’abantu, naho se agacuruza utuntu ducye ku muhanda. Ibi byamuteye umuhate wo gukora cyane kugiran go ahindure ubuzima bw’iwabo abinyujije mu mpano yari afite yo gukina umupira w’amaguru.

Muri 2006 yinjiye mu ikipe ya Real Madrid, aha ngo se yakoraga ibirometero birenga ijana aherekeje umuhungu we gukina.

Yaje guhura na Hiba Abouk, uyu mukobwa akaba ari umunyamideli n’umukinnyi wa filime wabigize umwuga.

Bitewe n’ikimero cy’uyu mukobwa ntawari kumenya ko arusha Hakim imyaka igera kuri 20 y’amavuko, uyu mubyeyi yagiye afasha umugabo we kenshi kuko bamaze gukundana Hakim yagiye gukinira PSG aha akaba yarahawe agera kuri Miliyoni 8 Euro, biba ngombwa ko uyu mugore asiga ibyo yakoraga muri Espagne agasanga umukunzi we i Paris yatangaje ko ngo ubuzima bw’i paris bwamugoye ariko ngo yagombaga kwitangira urukundo. Iki gihe uretse kuba yari umugore we, yanamufashaga nk’umwarimu w’igifaransa cyane ko uyu mugore avuga indimi nyinshi nk’igifaransa, igi-Spanis, n’icyongereza.

Muri 2020 bakoze ubukwe bwitabiriwe n’abantu bacye bari inshuti zahafi n’imiryango yabo gusa.

Hakimi yamenyekanye cyane muri 2020 aho yatsindaga igitego muri PSG mu kwishimira iki gitego agakuramo umupira agasigarana undi wanditseho ngo George Floyd ndetse n’ubuzima bw’abirabura bifite umumaro.

Aha benshi babonye ko uretse ubuhanga agaragaza mu kibuga ko ashobora no kugira icyo afasha akoresheje izina afite. Hakimi asanzwe afite abana babiri yabyaranye n’uyu mubyeyi.

Muri 2023 muri uku kwezi kwa Ma ni bwo humvikanye inkuru z’uko Hiba Abouk agiye gusaba gatanya n’umugabo we Hakim Achraf nkuko bisanzwe abashakanye bagasezerana ivangamutungo urukiko rubagabanya ibyo batunze.

Gusa mu buryo butunguranye uyu mubyeyi yabwiwe n’urukiko ko umugabo we ari umukene ko ntakintu atunze kuko ngo ibyo akorera byose bijya kuri mama we. Ahubwo ko ngo bagiye kugabana iby’umugore atunze bingana na Miliyoni 2.5 z’ama-Euro.

Benshi bagarutse kuri iyi gatanya yabo ariko birengagiza ko urukundo rwabo rwanyuze muri byinshi kandi ko bakundanye bizira uburyarya.

Blandine UWIKUNDA
RADIOTV10

Comments 2

  1. MFURANZIMA Maestro Olivier says:
    3 years ago

    Merci bcp kwiyo nkuru irambuye ariko hariho ico ntatomokewe neza mbega baragabuye izo 2,5million€z’umugore???munyishuye mwoba mukoze

    Reply
  2. Edouardson Bigirimana says:
    3 years ago

    Kwisi ntivyoroshe kbs

    Reply

Leave a Reply to MFURANZIMA Maestro Olivier Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Next Post

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Related Posts

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amashusho agaragaza umuhanzikazi Celine Dion atitira anarira kubera ububabare bw’indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome) amaranye...

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

by radiotv10
04/02/2026
0

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu...

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo,...

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye nka 5k Etienne wari uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa, arabimwemerera. Iki gikorwa...

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yitabye Imana ku myaka 81. Urupfu rw'uyu muhanzi rwatangajwe...

IZIHERUKA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo
MU RWANDA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

05/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

05/02/2026
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.