• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
2
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?
Share on FacebookShare on Twitter

Iby’umukinnyi Achraf Hakim wa PSG n’umugore we Hiba Abouk, bikomeje kuba inkuru idasaza, igenda igarukwaho uko bwije uko bucyeye, kubera ibitangaje byabaye muri gatanya yabo. Benshi baravuga kuri gatanya ariko ntibatekereze ku by’urukundo rwabo, ubundi rwaje rute?

Bamwe bati “ni intwari”, abandi bati “ni umuhungu wa nyina” abandi bati “si umugabo”. Buri wese ari kuvuga Hakimi uko ashatse ariko benshi bakemeza ko yakoze igikorwa cy’ubutwari.

Ni bacye bibaza uko Hakimi n’umugore we Hiba Abouk bakundanye ndetse n’icyatumye urukundo rwabo ruzamo kidobya bokagera aho basaba gutandukana.

Achraf Hakim w’imyaka 24 yavukiye muri Espagne, gusa ababyeyi be bakomoka muri Maroc baje muri Espan gushaka ubuzima.

Ni mfura mu muryango w’abana batatu bakuriye mu buzima butoroshye cyane ko mama we yakoraga amasuku mu ngo z’abantu, naho se agacuruza utuntu ducye ku muhanda. Ibi byamuteye umuhate wo gukora cyane kugiran go ahindure ubuzima bw’iwabo abinyujije mu mpano yari afite yo gukina umupira w’amaguru.

Muri 2006 yinjiye mu ikipe ya Real Madrid, aha ngo se yakoraga ibirometero birenga ijana aherekeje umuhungu we gukina.

Yaje guhura na Hiba Abouk, uyu mukobwa akaba ari umunyamideli n’umukinnyi wa filime wabigize umwuga.

Bitewe n’ikimero cy’uyu mukobwa ntawari kumenya ko arusha Hakim imyaka igera kuri 20 y’amavuko, uyu mubyeyi yagiye afasha umugabo we kenshi kuko bamaze gukundana Hakim yagiye gukinira PSG aha akaba yarahawe agera kuri Miliyoni 8 Euro, biba ngombwa ko uyu mugore asiga ibyo yakoraga muri Espagne agasanga umukunzi we i Paris yatangaje ko ngo ubuzima bw’i paris bwamugoye ariko ngo yagombaga kwitangira urukundo. Iki gihe uretse kuba yari umugore we, yanamufashaga nk’umwarimu w’igifaransa cyane ko uyu mugore avuga indimi nyinshi nk’igifaransa, igi-Spanis, n’icyongereza.

Muri 2020 bakoze ubukwe bwitabiriwe n’abantu bacye bari inshuti zahafi n’imiryango yabo gusa.

Hakimi yamenyekanye cyane muri 2020 aho yatsindaga igitego muri PSG mu kwishimira iki gitego agakuramo umupira agasigarana undi wanditseho ngo George Floyd ndetse n’ubuzima bw’abirabura bifite umumaro.

Aha benshi babonye ko uretse ubuhanga agaragaza mu kibuga ko ashobora no kugira icyo afasha akoresheje izina afite. Hakimi asanzwe afite abana babiri yabyaranye n’uyu mubyeyi.

Muri 2023 muri uku kwezi kwa Ma ni bwo humvikanye inkuru z’uko Hiba Abouk agiye gusaba gatanya n’umugabo we Hakim Achraf nkuko bisanzwe abashakanye bagasezerana ivangamutungo urukiko rubagabanya ibyo batunze.

Gusa mu buryo butunguranye uyu mubyeyi yabwiwe n’urukiko ko umugabo we ari umukene ko ntakintu atunze kuko ngo ibyo akorera byose bijya kuri mama we. Ahubwo ko ngo bagiye kugabana iby’umugore atunze bingana na Miliyoni 2.5 z’ama-Euro.

Benshi bagarutse kuri iyi gatanya yabo ariko birengagiza ko urukundo rwabo rwanyuze muri byinshi kandi ko bakundanye bizira uburyarya.

Blandine UWIKUNDA
RADIOTV10

Comments 2

  1. MFURANZIMA Maestro Olivier says:
    3 years ago

    Merci bcp kwiyo nkuru irambuye ariko hariho ico ntatomokewe neza mbega baragabuye izo 2,5million€z’umugore???munyishuye mwoba mukoze

    Reply
  2. Edouardson Bigirimana says:
    3 years ago

    Kwisi ntivyoroshe kbs

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Next Post

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.