Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Nshuti Manasseh wahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 60 Uganda imaze ibonye Ubwigenge, yongeye gushimangira ko Iguhugu cy’u Rwanda n’icya Uganda bifitanye isano ya hafi ndetse ko bamwe mu Banyarwanda babaye muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Ni ibirori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 09 Ukwakira 2022 nyuma y’imyaka 60 Uganda ibonye ubwengenge yabonye ku ya 09 Ukwakira 1962.

Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye byo mu karere, barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, William Ruto wa Kenya ndetse na Salva Kiir wa Sudani y’Epfo.

Prof Nshuti Manasseh wahagarariye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibi birori, yibukije amateka u Rwanda na Uganda bifitanye.

Yabwiye Abanya-Uganda ko Perezida Paul Kagame yaboherereje intashyo ndetse n’Abanyarwanda bose babatashya.

Yavuze ko kuva Perezida Yoweri Kaguta Museveni yajya ku butegetsi, hari Abanyarwanda benshi babaye muri iki Gihugu cya Uganda, ndetse bakanahakora.

Yagize ati “Bamwe muri twe twabaye muri Uganda kuva wajya ku buyobozi mu bihe bitambutse. Uganda yabaye nziza ku buryo butangaje. Turabashimira byimazeyo Abanya-Uganda nawe Perezida.”

Yakomeje avuga ko amateka Abanyarwanda n’Abanya-Uganda bafitanye, yatumye baba abavandimwe kandi ko bahujwe n’icyerekezo kimwe kandi ko bitazigera bitezuka.

Ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda, ni abavandimwe bahuriye ku cyerekezo n’umugambi bimwe kandi bizakomeza kubaho.”

Prof Nshuti Manasseh yashimiye Museveni ku ruhare rukomeye agira mu kuzanira ibyiza akarere kandi ko n’u Rwanda ruzakomeza kugendera muri uwo mujyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

Next Post

IFOTO: Muhoozi yakuriye ingofero umu-Para Commando wa UPDF wamanutse mu mutaka

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Muhoozi yakuriye ingofero umu-Para Commando wa UPDF wamanutse mu mutaka

IFOTO: Muhoozi yakuriye ingofero umu-Para Commando wa UPDF wamanutse mu mutaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.