Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Saraya Hakuziyaremye ubwo hasozwaga ubukamnguramba bw’amezi arindwi mu Turere tune twahereweho mu gukangurira abagore gukoresha ikoranabuhanga muri Serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Ubushakashatsi bwa karindwi buheruka ku mibereho y’ingo bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishanibare, bwagaragaje ko 8% by’abaturage b’Akarere ka Ngoma batarasobanukirwa gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari. Ni umubare wiganjemo abagore nk’uko byagaragajwe ko hari icyuho kinini mu imikoreshereze y’ikoranabuhanga hagati y’umugore n’umugabo.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko ingo zifite smartphone mu Karere ka Ngoma zingana na 25,1 %.

Banki Nkuru y’u Rwanda ku bufatanye Mobile Money, hashyizweho gahunda yo guhugura abagore ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Kayitaramirwa Claudine yemeza ko aya mahugurwa ku ikoranabuhanga muri serivisi z’imari yabafashije nubwo ngo hakiri imbogamizi z’uko bose bataragerwaho na telefoni zo kwifashisha.

Yagize ati “Byamfashije kumva ko amafaranga najya nyabika kuri Mobile Money, numva biramfashije cyane, kuko nayabikaga mu ntoki cyangwa mu rugo nkayasesagura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie ashishikariza abagore gukoresha amatsinda basanzwe bakoreramo yo kwizigamira kugira ngo abadafite Smartphone babashe kuzibona, ari na ko bakoresha konti zabo ziri mu bigo by’imari bifashishije telefoni.

Ati “Icya mbere ni uguhindura imyumvire ni cyo gikomeye, kuko iyo umugore abonye umugabo afite telefoni we yumva ntacyo bimubwiye, akavuga ati ‘nzatira’. Nubundi basanzwe baba mu matsinda mato mato yo kwizigamira, ya myumvire ihindutse izakumvisha ko mu by’ingenzi ukeneye na telefoni igomba kubamo kugira ngo ubashe kuyikoresha mu ikoranabuhanga uzigama, uguza ni uko ugomba kuba uyifite icyo ni cyo dusaba abagore.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yatangaje ko iyi gahunda izakomereza mu tundi Turere ariko izanagera ku rubyiruko mu rwego kurushaho gukoresha serivisi z’imari.

Ati “Nubwo tuvuga ko dusoje uyu mushinga nka Banki Nkuru y’u Rwanda, ni igikorwa kigiye gukomeza kugira ngo ntihagire umugore usubira inyuma mu kugezwaho serivisi z’imari. Ikindi twanasabwe ni uko uyu mushinga twagura ukagera no ku rubyiruko kuko na bo byagiye bigaragara ko rrubyiruko rutagera kuri serivisi z’imari ku buryo bukwiye.”

Mu mezi arindwi iyi gahunda yo guhugura abagore mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari itangijwe mu Turere twa Nyamasheke, Rulindo, Nyaruguru na Ngoma, aka Ngoma ni ko kabaye aka mbere mu guhugura umubare munini w’Abagore, aho kahuguye abagera ku bihumbi 16, mu gihe mu Turere uko ari tune hahuguwe ababarirwa mu bihumbi 36.

Abagore bahuguwe bishimiye ubumenyi bungutse
Ubuyobozi bwongeye kugaragariza abagore ibyiza by’ikoranabuhanga mu rwego rw’imari
Urubyiruko na rwo rushonje ruhishiwe

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + fifteen =

Previous Post

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

Building a strong career foundation: A guide for Rwandan youth

Building a strong career foundation: A guide for Rwandan youth

by radiotv10
18/07/2025
0

In today’s fast-changing world, choosing and growing a career is more than just getting a job. It's about building a...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.