Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Saraya Hakuziyaremye ubwo hasozwaga ubukamnguramba bw’amezi arindwi mu Turere tune twahereweho mu gukangurira abagore gukoresha ikoranabuhanga muri Serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Ubushakashatsi bwa karindwi buheruka ku mibereho y’ingo bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishanibare, bwagaragaje ko 8% by’abaturage b’Akarere ka Ngoma batarasobanukirwa gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari. Ni umubare wiganjemo abagore nk’uko byagaragajwe ko hari icyuho kinini mu imikoreshereze y’ikoranabuhanga hagati y’umugore n’umugabo.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko ingo zifite smartphone mu Karere ka Ngoma zingana na 25,1 %.

Banki Nkuru y’u Rwanda ku bufatanye Mobile Money, hashyizweho gahunda yo guhugura abagore ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Kayitaramirwa Claudine yemeza ko aya mahugurwa ku ikoranabuhanga muri serivisi z’imari yabafashije nubwo ngo hakiri imbogamizi z’uko bose bataragerwaho na telefoni zo kwifashisha.

Yagize ati “Byamfashije kumva ko amafaranga najya nyabika kuri Mobile Money, numva biramfashije cyane, kuko nayabikaga mu ntoki cyangwa mu rugo nkayasesagura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie ashishikariza abagore gukoresha amatsinda basanzwe bakoreramo yo kwizigamira kugira ngo abadafite Smartphone babashe kuzibona, ari na ko bakoresha konti zabo ziri mu bigo by’imari bifashishije telefoni.

Ati “Icya mbere ni uguhindura imyumvire ni cyo gikomeye, kuko iyo umugore abonye umugabo afite telefoni we yumva ntacyo bimubwiye, akavuga ati ‘nzatira’. Nubundi basanzwe baba mu matsinda mato mato yo kwizigamira, ya myumvire ihindutse izakumvisha ko mu by’ingenzi ukeneye na telefoni igomba kubamo kugira ngo ubashe kuyikoresha mu ikoranabuhanga uzigama, uguza ni uko ugomba kuba uyifite icyo ni cyo dusaba abagore.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yatangaje ko iyi gahunda izakomereza mu tundi Turere ariko izanagera ku rubyiruko mu rwego kurushaho gukoresha serivisi z’imari.

Ati “Nubwo tuvuga ko dusoje uyu mushinga nka Banki Nkuru y’u Rwanda, ni igikorwa kigiye gukomeza kugira ngo ntihagire umugore usubira inyuma mu kugezwaho serivisi z’imari. Ikindi twanasabwe ni uko uyu mushinga twagura ukagera no ku rubyiruko kuko na bo byagiye bigaragara ko rrubyiruko rutagera kuri serivisi z’imari ku buryo bukwiye.”

Mu mezi arindwi iyi gahunda yo guhugura abagore mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari itangijwe mu Turere twa Nyamasheke, Rulindo, Nyaruguru na Ngoma, aka Ngoma ni ko kabaye aka mbere mu guhugura umubare munini w’Abagore, aho kahuguye abagera ku bihumbi 16, mu gihe mu Turere uko ari tune hahuguwe ababarirwa mu bihumbi 36.

Abagore bahuguwe bishimiye ubumenyi bungutse
Ubuyobozi bwongeye kugaragariza abagore ibyiza by’ikoranabuhanga mu rwego rw’imari
Urubyiruko na rwo rushonje ruhishiwe

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eighteen =

Previous Post

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.