Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Barafinda wigeze gushaka kwiyamamariza kuba Perezida yasubijwe i Ndera kuvurwa mu mutwe

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in Uncategorized
0
Barafinda wigeze gushaka kwiyamamariza kuba Perezida yasubijwe i Ndera kuvurwa mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Barafinda Sekikubo Fred wamenyekanye ubwo yashakaga kuba umwe mu bakandida biyamamaje mu matora ya Perezida wa Repubulika, yasubijwe mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe by’i Ndera.

Barafinda wari uherutse n’ubundi kuvanwa mu bitaro bya Ndera nyuma y’uko yahamagazwaga n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB muri 2020 ngo rugire ibyo rumubaza ariko rugasanga ashobora kuba afite ikibazo mu mutwe.

Barafinda Sekikubo Fred wiyita Umunyapolitiki w’Agatangaza wamaze amezi atandatu avurirwa i Ndera, mu minsi ishize aherutse kuvuga andi magambo aremereye avuga ku buzima bwa Perezida wa Repubulika.

Gusa ubwo yavanwaga i Ndera, abaganga bari bavuze ko niyongera kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi bwo mu mutwe, yazabizwayo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko uyu Munyarwanda yasubije i Ndera nyuma yo kugaragaza indi myitwarire igaragaza ibibazo byo mu mutwe.

Dr Murangira avuga ko Barafinda mu minsi ishize yari yorohewe ariko ko “Abaganga badusabye ko igihe cyose yakongera kugira ikibazo yazajya yoherezwayo kugira ngo akomeze kwitabwaho n’abaganga.”

Barafinda Sekikubo Fred yamamaye cyane ubwo yajyaga ku cyicaro cya Komisiyo y’Amatora avuga ko ashaka kuba umwe mu bakandida bagombaga kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye muri 2017.

Barafinda ubwo yari mu bikorwa byo gushaka kujya mu bakandida

Gusa kandidatire y’uyu mugabo waje atunguranye agatangaza benshi, ntiyemewe kuko atari yujuje ibisabwa mu gihe we yavuga ko afite impamvu nziza nyinshi zimwemerera kuba yayobora Abanyarwanda.

Icyo gihe ubwo kandidatire ye yasubizwaga inyuma, yabwiye Umunyamakuru ati “Abanyarwanda ko bahombye umuyobozi w’agatangaza se barabigenza bate? Uretse no guhomba baranahombanye.”

Barafinda wakomeje kumvikana mu binyamakuru birimo ibikorera kuri YouTube, yagiye avuga amagambo akarishye anyunye n’ukuri arimo agaragaza ibibazo mu miyoborere y’u Rwanda.

Barafinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Next Post

Abapolisi 7 berekanywe bashinjwa ruswa batatu barekuwe n’urukiko ariko Polisi ihita ibafunga

Related Posts

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi 7 berekanywe bashinjwa ruswa batatu barekuwe n’urukiko ariko Polisi ihita ibafunga

Abapolisi 7 berekanywe bashinjwa ruswa batatu barekuwe n’urukiko ariko Polisi ihita ibafunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.