Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Barafinda Sekikubo Fred wiyita Umunyapolitiki w’akaraboneka, yongeye gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, aho yahise anagaragaza ibyo yazashyira mu bikorwa igihe yaramuka atowe, birimo gushyiraho izindi Perezidansi enye.

Barafinda yamenyekanye mu matora ya 2017 ubwo yatunguranaga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora icyo gihe yakoreraga ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo, afite igikapu kinini avuga ko aje gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora yabaye muri uwo mwaka.

Kandidatire ye yaranzwe kuko hari ibyo atari yujuje, ariko icyo gihe avuga ko “Abanyarwanda bahombye bikomeye, kuko babuze Umunyapolitiki w’akataraboneka.”

Mu minsi ishize, Barafinda yongeye kugaragara ku mbuga nkoranyambaga ateguza Abanyarwanda ko azongera gutanga kandidatire ye mu Matora y’Umukuru w’Igihugu y’uyu mwaka azaba mu kwezi kwa Nyakanga.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Barafinda Sekikubo Fred yongeye kujya gutanga kandidatire ye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, yashyikirije Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Barafinda wagiye kuri cyicaro cya Komisiyo y’Amatora aherekejwe n’umugore we, ubwo yari amaze gutanga kandidatire, yaganiriye n’Itangazamakuru, avuga imwe mu migabo n’imigambi ye azashyira mu bikorwa naramuka atowe, we yita “impamvu nziza nyinshi 200, nzaziramburira abanyamakuru mu buryo burambuye.”

Imwe mu mpamvu Barafinda avuga ko Abanyarwanda bakwiye kumutora, harimo kuzashyiraho uburyo buzoroshya ikemurwa ry’ibibazo byabo, batiriwe bakora ingendo ndende.

Ati “Iya mbere ni ukuzana Perezidansi enye, zikiyongera ku isanzweho. Mu Majyaruguru nkabashyiriraho Perezidansi ikemura ibibazo byabo batiriwe basiragira baza i Kigali, mu Majyepfo, mbashyirireho indi, mu Burasirazuba mbashyirireho indi Perezidansi, n’Iburengerazuba, ibyo ni byo twita decentralization [kwegereza ubuyobozi abaturage].”

Barafinda avuga kandi ko hari izindi nzego za Leta azegereza abaturage, n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abaohoka, kugira ngo boroherwe no kubona ibyangombwa byo kujya mu mahanga.

Ati “Urumva nje koroshya ibintu mu Gihugu mu buryo budasanzwe. Urumva utwo ni udushya tw’umusaza w’umunyapolitiki mwiza w’amahoro, umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cyacu cya Repubulika y’u Rwanda ukwiye kukiyobora koko.”

Barafinda wumvikana nk’utarahindutse mu mvugo ye dore ko ibyo avuga n’unundi yabivugaga muri 2017, avuga ko afite impamvu nziza nyinshi 200 zikwiye gutuma ngo atorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Barafinda ubwo yageraga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yakiriye Barafinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Related Posts

6 Fruits you should eat after every meal

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Eating fruits after meals is a simple way to stay healthy. Fruits help your body digest food, give you energy,...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.