Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Barafinda Sekikubo Fred wiyita Umunyapolitiki w’akaraboneka, yongeye gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, aho yahise anagaragaza ibyo yazashyira mu bikorwa igihe yaramuka atowe, birimo gushyiraho izindi Perezidansi enye.

Barafinda yamenyekanye mu matora ya 2017 ubwo yatunguranaga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora icyo gihe yakoreraga ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo, afite igikapu kinini avuga ko aje gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora yabaye muri uwo mwaka.

Kandidatire ye yaranzwe kuko hari ibyo atari yujuje, ariko icyo gihe avuga ko “Abanyarwanda bahombye bikomeye, kuko babuze Umunyapolitiki w’akataraboneka.”

Mu minsi ishize, Barafinda yongeye kugaragara ku mbuga nkoranyambaga ateguza Abanyarwanda ko azongera gutanga kandidatire ye mu Matora y’Umukuru w’Igihugu y’uyu mwaka azaba mu kwezi kwa Nyakanga.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Barafinda Sekikubo Fred yongeye kujya gutanga kandidatire ye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, yashyikirije Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Barafinda wagiye kuri cyicaro cya Komisiyo y’Amatora aherekejwe n’umugore we, ubwo yari amaze gutanga kandidatire, yaganiriye n’Itangazamakuru, avuga imwe mu migabo n’imigambi ye azashyira mu bikorwa naramuka atowe, we yita “impamvu nziza nyinshi 200, nzaziramburira abanyamakuru mu buryo burambuye.”

Imwe mu mpamvu Barafinda avuga ko Abanyarwanda bakwiye kumutora, harimo kuzashyiraho uburyo buzoroshya ikemurwa ry’ibibazo byabo, batiriwe bakora ingendo ndende.

Ati “Iya mbere ni ukuzana Perezidansi enye, zikiyongera ku isanzweho. Mu Majyaruguru nkabashyiriraho Perezidansi ikemura ibibazo byabo batiriwe basiragira baza i Kigali, mu Majyepfo, mbashyirireho indi, mu Burasirazuba mbashyirireho indi Perezidansi, n’Iburengerazuba, ibyo ni byo twita decentralization [kwegereza ubuyobozi abaturage].”

Barafinda avuga kandi ko hari izindi nzego za Leta azegereza abaturage, n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abaohoka, kugira ngo boroherwe no kubona ibyangombwa byo kujya mu mahanga.

Ati “Urumva nje koroshya ibintu mu Gihugu mu buryo budasanzwe. Urumva utwo ni udushya tw’umusaza w’umunyapolitiki mwiza w’amahoro, umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cyacu cya Repubulika y’u Rwanda ukwiye kukiyobora koko.”

Barafinda wumvikana nk’utarahindutse mu mvugo ye dore ko ibyo avuga n’unundi yabivugaga muri 2017, avuga ko afite impamvu nziza nyinshi 200 zikwiye gutuma ngo atorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Barafinda ubwo yageraga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yakiriye Barafinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + one =

Previous Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.