Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Barafinda Sekikubo Fred wiyita Umunyapolitiki w’akaraboneka, yongeye gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, aho yahise anagaragaza ibyo yazashyira mu bikorwa igihe yaramuka atowe, birimo gushyiraho izindi Perezidansi enye.

Barafinda yamenyekanye mu matora ya 2017 ubwo yatunguranaga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora icyo gihe yakoreraga ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo, afite igikapu kinini avuga ko aje gutanga kandidatire ngo azahatane mu matora yabaye muri uwo mwaka.

Kandidatire ye yaranzwe kuko hari ibyo atari yujuje, ariko icyo gihe avuga ko “Abanyarwanda bahombye bikomeye, kuko babuze Umunyapolitiki w’akataraboneka.”

Mu minsi ishize, Barafinda yongeye kugaragara ku mbuga nkoranyambaga ateguza Abanyarwanda ko azongera gutanga kandidatire ye mu Matora y’Umukuru w’Igihugu y’uyu mwaka azaba mu kwezi kwa Nyakanga.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Barafinda Sekikubo Fred yongeye kujya gutanga kandidatire ye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, yashyikirije Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Barafinda wagiye kuri cyicaro cya Komisiyo y’Amatora aherekejwe n’umugore we, ubwo yari amaze gutanga kandidatire, yaganiriye n’Itangazamakuru, avuga imwe mu migabo n’imigambi ye azashyira mu bikorwa naramuka atowe, we yita “impamvu nziza nyinshi 200, nzaziramburira abanyamakuru mu buryo burambuye.”

Imwe mu mpamvu Barafinda avuga ko Abanyarwanda bakwiye kumutora, harimo kuzashyiraho uburyo buzoroshya ikemurwa ry’ibibazo byabo, batiriwe bakora ingendo ndende.

Ati “Iya mbere ni ukuzana Perezidansi enye, zikiyongera ku isanzweho. Mu Majyaruguru nkabashyiriraho Perezidansi ikemura ibibazo byabo batiriwe basiragira baza i Kigali, mu Majyepfo, mbashyirireho indi, mu Burasirazuba mbashyirireho indi Perezidansi, n’Iburengerazuba, ibyo ni byo twita decentralization [kwegereza ubuyobozi abaturage].”

Barafinda avuga kandi ko hari izindi nzego za Leta azegereza abaturage, n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abaohoka, kugira ngo boroherwe no kubona ibyangombwa byo kujya mu mahanga.

Ati “Urumva nje koroshya ibintu mu Gihugu mu buryo budasanzwe. Urumva utwo ni udushya tw’umusaza w’umunyapolitiki mwiza w’amahoro, umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cyacu cya Repubulika y’u Rwanda ukwiye kukiyobora koko.”

Barafinda wumvikana nk’utarahindutse mu mvugo ye dore ko ibyo avuga n’unundi yabivugaga muri 2017, avuga ko afite impamvu nziza nyinshi 200 zikwiye gutuma ngo atorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Barafinda ubwo yageraga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yakiriye Barafinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + ten =

Previous Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.