• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye inzego zirebwa n’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abakora akazi ko gutwarara abagenzi kuri moto, kubishakira umuti, abizeza ko na we agiye kubishyiramo uruhare rwe.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 mu ruzinduko yatangiye kugirira mu bice binyuranye by’Igihugu, yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga ibibazo n’ibitekerezo by’abaturage, uwitwa Bizimana Pierre usanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, yavuze ko abakora aka kazi bafite ibibazo byinshi.

Umukuru w’u Rwanda, yahise avuga ko ibibazo by’Abamotari yabyumvise, ati “Icyo kibazo cyatumye abantu bigaragambya naracyumvise.”

Uyu mumotari yakomeje avuga ko kimwe muri ibi bibazo ari amafaranga y’ubwishingizi ari hejuru cyane, ati “Ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingize bw’ibihumbi 165, tukishyura ibintu bitandukanye, authorization, ipatante, umusoro ku nyungu,…tukishyura byinshi ku buryo utabasha kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana mu ishuri.”

Bizimana Pierre wavuganaga agahinda, yakomeje agira ati “Turagira ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.” Perezida Kagame ati “Ndabyumva ndabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda yahise asaba Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana kugira icyo avuga kuri iki kibazo, avuga ko iki kibazo cy’abamotari kizwi.

Ati “Icyo kibazo avuze koko ni cyo ariko inzego [yaba MININFRA, BNR, MINECOFIN, zirimo ziragikurikirana ku buryo twamizeza mu gihe gito…mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Perezida Kagame yahise agira ati “Icyo kibazo rwose nanjye ndagishyiramo uruhare rwanjye, turaza kugikemura.”

Muri Mutarama uyu mwaka, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo bamagana ibibazo byinshi bari bamaranye igihe byazamuwe cyane n’ikoreshwa rya mubazi.

Icyo gihe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko inzego zirebwa n’iki kibazo zahuye zigasanga abamotari bafite ibibazo uruhuri ariko ko buririye kuri mubazo bagakora iriya myigaragambyo.

Muri ibyo bibazo harimo ibyagarutsweho n’uyu mumotari wo ku Karere ka Ruhango wagejeje ikibazo kuri Perezida Paul Kagame.

Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali kandi baherutse kongera gukora igisa n’imyigaragambyo aho bamagana ibiciro byo kuri mubazi, bavuga ko bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bikomeje gutumbagira.

Ibi byanatumye Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rutangaza ibiciro bishya byo kuri mubazi nubwo aba bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri Moto, bavuga ko ntacyongereweho.

RADIOTV10

Comments 1

  1. GAHONZIRE says:
    4 years ago

    abamotori nibyo bafite ibyo basaba umukuru w’ igihugu kandi byumvikana ariko natwe dufite ibyo tubasaba harimo kuba abanyamwuga kuko service batanga icyenerwa n’ abanyarwanda benshi. Nigute kuva mu mugi kugera nyabugogo hishyurwa 1500Frw ngo umuhanda urimo gukorwa. ngaho ibitabi,gushwanira abagenzi batwaye cyane ,cyane mu masaha y’ ijoro, ikindi nigute cooperative zose basanga nta mafaranga zigira kuri Account n’ igihe zimaze zikora .bagakwiye guhabwa rwiyemezamirimo akababyaza umusaruro kandi nabo bakabona umusaruro bakanakora kinyamwuga ntibarengane kandi ntibanatange service mbi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Next Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.