Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye inzego zirebwa n’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abakora akazi ko gutwarara abagenzi kuri moto, kubishakira umuti, abizeza ko na we agiye kubishyiramo uruhare rwe.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 mu ruzinduko yatangiye kugirira mu bice binyuranye by’Igihugu, yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga ibibazo n’ibitekerezo by’abaturage, uwitwa Bizimana Pierre usanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, yavuze ko abakora aka kazi bafite ibibazo byinshi.

Umukuru w’u Rwanda, yahise avuga ko ibibazo by’Abamotari yabyumvise, ati “Icyo kibazo cyatumye abantu bigaragambya naracyumvise.”

Uyu mumotari yakomeje avuga ko kimwe muri ibi bibazo ari amafaranga y’ubwishingizi ari hejuru cyane, ati “Ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingize bw’ibihumbi 165, tukishyura ibintu bitandukanye, authorization, ipatante, umusoro ku nyungu,…tukishyura byinshi ku buryo utabasha kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana mu ishuri.”

Bizimana Pierre wavuganaga agahinda, yakomeje agira ati “Turagira ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.” Perezida Kagame ati “Ndabyumva ndabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda yahise asaba Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana kugira icyo avuga kuri iki kibazo, avuga ko iki kibazo cy’abamotari kizwi.

Ati “Icyo kibazo avuze koko ni cyo ariko inzego [yaba MININFRA, BNR, MINECOFIN, zirimo ziragikurikirana ku buryo twamizeza mu gihe gito…mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Perezida Kagame yahise agira ati “Icyo kibazo rwose nanjye ndagishyiramo uruhare rwanjye, turaza kugikemura.”

Muri Mutarama uyu mwaka, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo bamagana ibibazo byinshi bari bamaranye igihe byazamuwe cyane n’ikoreshwa rya mubazi.

Icyo gihe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko inzego zirebwa n’iki kibazo zahuye zigasanga abamotari bafite ibibazo uruhuri ariko ko buririye kuri mubazo bagakora iriya myigaragambyo.

Muri ibyo bibazo harimo ibyagarutsweho n’uyu mumotari wo ku Karere ka Ruhango wagejeje ikibazo kuri Perezida Paul Kagame.

Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali kandi baherutse kongera gukora igisa n’imyigaragambyo aho bamagana ibiciro byo kuri mubazi, bavuga ko bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bikomeje gutumbagira.

Ibi byanatumye Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rutangaza ibiciro bishya byo kuri mubazi nubwo aba bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri Moto, bavuga ko ntacyongereweho.

RADIOTV10

Comments 1

  1. GAHONZIRE says:
    3 years ago

    abamotori nibyo bafite ibyo basaba umukuru w’ igihugu kandi byumvikana ariko natwe dufite ibyo tubasaba harimo kuba abanyamwuga kuko service batanga icyenerwa n’ abanyarwanda benshi. Nigute kuva mu mugi kugera nyabugogo hishyurwa 1500Frw ngo umuhanda urimo gukorwa. ngaho ibitabi,gushwanira abagenzi batwaye cyane ,cyane mu masaha y’ ijoro, ikindi nigute cooperative zose basanga nta mafaranga zigira kuri Account n’ igihe zimaze zikora .bagakwiye guhabwa rwiyemezamirimo akababyaza umusaruro kandi nabo bakabona umusaruro bakanakora kinyamwuga ntibarengane kandi ntibanatange service mbi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eighteen =

Previous Post

“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Next Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.