Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye inzego zirebwa n’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abakora akazi ko gutwarara abagenzi kuri moto, kubishakira umuti, abizeza ko na we agiye kubishyiramo uruhare rwe.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 mu ruzinduko yatangiye kugirira mu bice binyuranye by’Igihugu, yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga ibibazo n’ibitekerezo by’abaturage, uwitwa Bizimana Pierre usanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, yavuze ko abakora aka kazi bafite ibibazo byinshi.

Umukuru w’u Rwanda, yahise avuga ko ibibazo by’Abamotari yabyumvise, ati “Icyo kibazo cyatumye abantu bigaragambya naracyumvise.”

Uyu mumotari yakomeje avuga ko kimwe muri ibi bibazo ari amafaranga y’ubwishingizi ari hejuru cyane, ati “Ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingize bw’ibihumbi 165, tukishyura ibintu bitandukanye, authorization, ipatante, umusoro ku nyungu,…tukishyura byinshi ku buryo utabasha kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana mu ishuri.”

Bizimana Pierre wavuganaga agahinda, yakomeje agira ati “Turagira ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.” Perezida Kagame ati “Ndabyumva ndabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda yahise asaba Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana kugira icyo avuga kuri iki kibazo, avuga ko iki kibazo cy’abamotari kizwi.

Ati “Icyo kibazo avuze koko ni cyo ariko inzego [yaba MININFRA, BNR, MINECOFIN, zirimo ziragikurikirana ku buryo twamizeza mu gihe gito…mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Perezida Kagame yahise agira ati “Icyo kibazo rwose nanjye ndagishyiramo uruhare rwanjye, turaza kugikemura.”

Muri Mutarama uyu mwaka, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo bamagana ibibazo byinshi bari bamaranye igihe byazamuwe cyane n’ikoreshwa rya mubazi.

Icyo gihe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko inzego zirebwa n’iki kibazo zahuye zigasanga abamotari bafite ibibazo uruhuri ariko ko buririye kuri mubazo bagakora iriya myigaragambyo.

Muri ibyo bibazo harimo ibyagarutsweho n’uyu mumotari wo ku Karere ka Ruhango wagejeje ikibazo kuri Perezida Paul Kagame.

Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali kandi baherutse kongera gukora igisa n’imyigaragambyo aho bamagana ibiciro byo kuri mubazi, bavuga ko bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bikomeje gutumbagira.

Ibi byanatumye Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rutangaza ibiciro bishya byo kuri mubazi nubwo aba bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri Moto, bavuga ko ntacyongereweho.

RADIOTV10

Comments 1

  1. GAHONZIRE says:
    3 years ago

    abamotori nibyo bafite ibyo basaba umukuru w’ igihugu kandi byumvikana ariko natwe dufite ibyo tubasaba harimo kuba abanyamwuga kuko service batanga icyenerwa n’ abanyarwanda benshi. Nigute kuva mu mugi kugera nyabugogo hishyurwa 1500Frw ngo umuhanda urimo gukorwa. ngaho ibitabi,gushwanira abagenzi batwaye cyane ,cyane mu masaha y’ ijoro, ikindi nigute cooperative zose basanga nta mafaranga zigira kuri Account n’ igihe zimaze zikora .bagakwiye guhabwa rwiyemezamirimo akababyaza umusaruro kandi nabo bakabona umusaruro bakanakora kinyamwuga ntibarengane kandi ntibanatange service mbi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Next Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.