Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bari bagiye kumushyingura ahita akomangira mu isanduku ababwira ko ari muzima

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in MU RWANDA
0
Bari bagiye kumushyingura ahita akomangira mu isanduku ababwira ko ari muzima
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu gace ka Lambayque muri Peru byari byemejwe ko yapfuye, bagiye kumushyingura, bamanura isanduku mu mva, bumva ari gusakurizamo avuga ko ari muzima, bafunguye bahita bakubitana amaso bagwa mu kantu.

Uyu mugore witwa Rosa Isabel Cespede Callaca w’imyaka 36 y’amavuko, yari yakuwe mu bitaro byo muri aka gace by’ikitegererezo bizwi nka Hospital Ferrenafe, bababwira ko yapfuye ndetse na bo bamucyura mu isanduku.

Daily Star dukesha iyi nkuru yashyizwe mu Kinyarwanda na RADIOTV10, ivuga ko uyu mugore byavugwaga ko yishwe n’impanuka ndetse mu muryango bagakora ikiriyo.

Ubwo bateruraga isanduku ngo bajye gushyingura nyakwigendera, Cespede Callaca yarogoye umuhango wo kumuherekeza atangira gusakuriza mu isanduku.

Abavandimwe be bari bahetse isanduku, bahise bayitura barayifungura basanga koko aracyari muzima ndetse bahita bakubitana amaso.

Juan Segundo Cajo, umwe mu bakozi b’iri rimbi ryari rigiye gushyingurwamo uyu mugore yagize ati “Yahise abumbura amaso ari kubira icyunzwe. Ako kanya nahise njya mu biro byanjye mpamagara Polisi.”

 

Yaje kwitaba Imana

Umuryango w’uyu mugore wahise umusubiza ku bitaro byari byababwiye ko yapfuye, ariko n’ubundi yari afite intege nke ndetse mu masaha macye yakurikiyeho bwo yaje kwitaba Imana.

Gusa umuryango we wakamejeje, uri gusaba ubuyobozi bw’ibi bitaro gutanga ibisobanuro by’uburyo batangaje ko yapfuye nyamara yari agihumeka.

Nyirasenge yagize ati “Turifuza kumenya impamvu umwisengeneza wanjye yagaragaje ko ari muzima ubwo twari tugiye kumushyingura. Dufite amashusho agaragaza uko yinyagamburaga ari mu isanduku.”

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko yari akiri muri coma ubwo ibitaro byemezaga ko yapfuye ku buryo bemeza ko yashobora kuvurwa hakiri kare agakira.

Polisi y’i Peru yo yatangiye iperereza kuri iki kibazo aho yatangiye kubaza ibitaro byakiriye uyu mugore bwa mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

IFOTO: Bamporiki ku munsi w’Ilayidi ati “Alhamdulillah”

Next Post

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw'136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.