Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bashyira imbaraga mu kudukuramo amafaranga ariko ntibazishyire mu kuturengera- Abamotari bongeye gusharirirwa

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Bashyira imbaraga mu kudukuramo amafaranga ariko ntibazishyire mu kuturengera- Abamotari bongeye gusharirirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko inzego zibareberera zishyira imbaraga mu nzira zatuma babasha kubakuramo amafaranga ariko ntizizishyire mu kubarengera nibura ngo n’ayo mafaranga babifuzamo babashe kuyabona.

Byatangajwe na bamwe mu bamotari kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022 ubwo bateranyirizwaga hamwe ngo bamenyeshwe impinduka zigiye kuba mu miyoborere yabo.

Ni inama yayobowe n’inzego za leta zifite aho zihuriye n’uyu mwuga wo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative ndetse n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Abamotari bamenyeshejwe ko ubu bagiye kwibumbira mu makoperative atanu nyuma yo gusesa ayo bahozemo yari 41.

Ubwo Abamotari bahabwaga umwanya wo kugararaza ibibazo bafite, bahurizaga ku mikorere y’amakoperative yabo banenga kuba yarabakamagamo amafaranga ariko nta nyungu babonamo.

Umwe yagize ati “Muri Koperative mazemo imyaka icumi (10) ariko twe nta mumaro ahubwo yadusubije inyuma. RCA rero nkabona ibikwepa, irinze igera aho iyasesa abanyamuryango nta nyungu turagira.”

Uyu mumotari akomeza avuga ko nubwo aya makoperative bahozemo yaseshwe, ariko batigeze babona imigabane bari baratanzemo kandi ko yari amaze kuba akayabo.

Ati “Usanga akenshi imbaraga bazishyira mu ho bakuramo amafaranga muri motari ariko mu gushyira imbaraga mu kurengera motari bikaba hafi ya ntabyo.”

Mugenzi we yagaragaje ko nta kamaro na gato bakuye mu makoperative, ati “Nta munyamuryango uri hano wavuga ngo yaba yaraguze ikibanza kivuye muri koperative yabayemo cyangwa ngo yubatse inzu akuye muri koperative kuko ni cyo koperative bisobanuye.”

Undi mumotari yahakanye ibyatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’amakoperative ko abanyamuryango bagabanye imisanzu bari baratanze.

Ati “Ntayo twagabanye ahubwo ikintu cyabayeho batubwiye uburyo amazu yakorerwagamo n’amakoperative, abasekirite, abakozi bakoraga ku makoperative, baragiye ngo bihuriyemo.”

Gusa umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA), Prof. Harerimana Jean Bosco avuga ko hari inyungu nyinshi zavuye mu makoperative acyuye igihe.

Ati “Abari bafite ideni barishingiwe n’amakoperative bakaba bishyura banki, ubu barakomeza kwishyurirwa. Ndetse n’imitungo yaragurishijwe, abagize icyo babona barayigabagabanye.”

Yavuze kandi ko imikorere y’amakoperative mashya agiye gushyirwaho, itandukanye n’iy’ayabanje kuko nk’amafaranga agomba kuzishyurwa abakozi b’ayo makoperative, azajya atangwa na Leta aho kugira ngo ave mu mafaranga atangwa n’abamotari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + two =

Previous Post

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Next Post

Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame

Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.