Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in MU RWANDA
0
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse ku nshuro ya kabiri bikavugwa ko byamurembeje kugeza ubwo baketse ko yitabye Imana, ariko akaba akiriho ubu akaba arwariye mu Bitaro by’i Kigali. Ubuyobozi bwo burabihakana.

Ni umugore witwa Faida ubana na Se nyuma yuko yari yashatse umugabo ariko bakananiranwa, akaza kubana n’umubyeyi we ariko ngo bakaba bahora mu makimbirane.

Uyu mugabo witwa Venuste na we ngo amaze gushaka abandi bagore babiri nyuma yo gutandukana n’umubyeyi w’uriya mukobwa Faida babana, ariko akaba atarakunze guhuza na ba Mukase.

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye BTN TV dukesha aya makuru, ko uyu mukobwa uhora mu makimbirane na mukase, umunsi umwe bigeze gufatana mu mashati, ndetse se akabizamo, agahita amwadukira akamukanda ubugabo, bagakizwa n’abaturanyi.

Umwe ati “Bakicara bashondana na mukase, noneho umusaza yataha n’ubundi ya nduru yabaye kare ikongera ikabyuka.”

Uyu muturage avuga ko no mu minsi ishize uyu Faida yongeye kurwana n’umubyeyi we akongera akamukanda ubugabo, na bwo bagakizwa n’abaturanyi.

Ati “Ibyo byarabaye, yamukanze ubugabo byo turabizi, ahubwo bikimara kuba, babwiye uwo musaza bati ‘jya gufata umuti unywe’ abifata nk’ikintu cyoroshye.”

Aba baturanyi bavuga ko nyuma yuko uwo musaza akanzwe ubugabo n’umukobwa yibyariye, yakomeje kubisuzugura, ariko akagenda aremba, ku buryo byageze aho ajyanwa kwa muganga, ariko bakabura indwara, bakagenda bamwohereza mu Bitaro byisumbuyeho kugeza ubwo yoherejwe mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ari na ho arwariye ubu.

Umuturanyi ati “Ubwo burwayi bwo kumukanda ubugabo, nibwo bwabanje kumuryamisha hasi ajya no kwa muganga babura indwara, agiye i Cyangugu bamwohereza i Gihundwe, na ho babura indwara, bamwohereza i Kibogora.”

Aba baturanyi bavuga ko kandi bari bakiriye amakuru ko uyu musaza yaba yitabye Imana, ariko nyuma bakaza kwakira andi ko agihumeka.

Bavuga ko umuti w’ariya makimbirane, ari uko uriya Faida yakubakirwa inzu ye, akava mu rugo rwa Se bityo ntibahore muri izo ntonganya zituma ajya anyuzamo akamukanda ubugabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mururu, Ngirabatware James ahakana ibitangazwa n’aba baturage, ko muri uriya muryango urimo amakimbirane, ndetse ko uwo musaza atakanzwe ubugabo. Ati “Nta makimbirane ahari, ahubwo uriya mugabo arwaye bisanzwe.”

Uyu Muyobozi avuga ko ahubwo Mukase wa Faida ari we ufitanye ikibazo n’uyu mukobwa w’umugabo we, akaba ari na we uzamura ayo makuru yo kubasebya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + fourteen =

Previous Post

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Next Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.