Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

BASKETBALL: U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Zone V izatanga itike y’igikombe cya Afurika cya 2021

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in SIPORO
0
BASKETBALL: U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Zone V izatanga itike y’igikombe cya Afurika cya 2021
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Misiri ihakanye kwakira imikino y’akarere ka gatanu (Zone V) mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball, u Rwanda rwahawe uburenganzira bwo kuryakirira muri Kigali Arena kuva tariki 12-17 Nyakanga 2021.

Imikino ya nyuma y’igikombe cya cy’ibihugu izaba ikinwa ku nshuro ya 27 ikazabera muri Cameroon kuva tariki 17-26 Nzeri 2021.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryemewe ryashyizwe hanze n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball muri Afurika (FIBA-Afrique) yemereye u Rwanda ko ruzakira iyi mikino yari kubera mu Misiri.

Mu ijambo rye riri muri iri tangazo, perezida wa FERWABA, Mugwiza Desire yavuze ko kwakira iri rushanwa bifite kinini bivuze ku Rwanda n’abakunzi b’umukino wa Basketball muri rusange.

“Kwakira iri rushanwa bivuze byinshi ku Rwanda nk’uko dukomeje urugendo rwo kuzahura no guha imbaraga Basketball y’abagore mu karere turimo no ku rwego rw’umugabane muri rusange. Turiteguye kandi twishimiye kwakira iri rushanwa” Perezida Mugwiza

Ikipe y’abari n’abategarugori b’u Rwanda ikomeje imyitozo muri Kigali Arena (Ifoto: The New Times)

 

Akarere ka gatanu (Zone V) igizwe n’ibihugu 11 birimo; u Rwanda, Burundi, Egypt, Ethiopia, Erythrea, Kenya, Somalia, South Sudan, Sudan, Tanzania na Uganda.

Ku ruhande rw’u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika mu cyiciro cy’abagore, rwitabiriye inshuro ebyiri (2009 na 2009) hose bagenda bacyura umwanya wa cyenda. Kuri iyi nshuro rero bazaba bashaka itike yatuma bagaruka mu irushanwa nyuma y’imyaka icumi (10).

SADAM MIHIGO-RADIO & TV10 RWANDA

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Ambasaderi Peter Vrooman yitabiriye igikorwa cya ANCA cyo gutangiza umukino w’amagare akoresha ikoranabuhanga

Next Post

AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.