Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

BASKETBALL: U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Zone V izatanga itike y’igikombe cya Afurika cya 2021

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in SIPORO
0
BASKETBALL: U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Zone V izatanga itike y’igikombe cya Afurika cya 2021
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Misiri ihakanye kwakira imikino y’akarere ka gatanu (Zone V) mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball, u Rwanda rwahawe uburenganzira bwo kuryakirira muri Kigali Arena kuva tariki 12-17 Nyakanga 2021.

Imikino ya nyuma y’igikombe cya cy’ibihugu izaba ikinwa ku nshuro ya 27 ikazabera muri Cameroon kuva tariki 17-26 Nzeri 2021.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryemewe ryashyizwe hanze n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball muri Afurika (FIBA-Afrique) yemereye u Rwanda ko ruzakira iyi mikino yari kubera mu Misiri.

Mu ijambo rye riri muri iri tangazo, perezida wa FERWABA, Mugwiza Desire yavuze ko kwakira iri rushanwa bifite kinini bivuze ku Rwanda n’abakunzi b’umukino wa Basketball muri rusange.

“Kwakira iri rushanwa bivuze byinshi ku Rwanda nk’uko dukomeje urugendo rwo kuzahura no guha imbaraga Basketball y’abagore mu karere turimo no ku rwego rw’umugabane muri rusange. Turiteguye kandi twishimiye kwakira iri rushanwa” Perezida Mugwiza

Ikipe y’abari n’abategarugori b’u Rwanda ikomeje imyitozo muri Kigali Arena (Ifoto: The New Times)

 

Akarere ka gatanu (Zone V) igizwe n’ibihugu 11 birimo; u Rwanda, Burundi, Egypt, Ethiopia, Erythrea, Kenya, Somalia, South Sudan, Sudan, Tanzania na Uganda.

Ku ruhande rw’u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika mu cyiciro cy’abagore, rwitabiriye inshuro ebyiri (2009 na 2009) hose bagenda bacyura umwanya wa cyenda. Kuri iyi nshuro rero bazaba bashaka itike yatuma bagaruka mu irushanwa nyuma y’imyaka icumi (10).

SADAM MIHIGO-RADIO & TV10 RWANDA

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eight =

Previous Post

Ambasaderi Peter Vrooman yitabiriye igikorwa cya ANCA cyo gutangiza umukino w’amagare akoresha ikoranabuhanga

Next Post

AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

Related Posts

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

AFURIKA: Abarwayi ba COVID-19 bapfa kubera kubura umwuka wa Oxygen barikwiyongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.