Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Basketball: Umukinnyi uherutse kwigaragaza mu Rwanda yinjiye muri Shampiyona ya mbere ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in BASKETBALL, SIPORO
0
Basketball: Umukinnyi uherutse kwigaragaza mu Rwanda yinjiye muri Shampiyona ya mbere ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Isaiah Miller wafashije ikipe ya APR BBC kwegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka, akanigaragaza mu mikino ya kamarampaka, yamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa San Antonio Spurs isanzwe ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri USA (NBA), inafatwa nk’iya mbere ku Isi.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, Ikipe ya San Antonio Spurs yatangaje ko isinyishije uyu musore n’ubundi usanzwe akomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho ari ku rutonde rw’abakinnyi iyi kipe izakoresha muri Shampiyona izatangira tariki 22 Ukwakira 2024.

Isaiah Miller yari aherutse gufasha APR BBC kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka mu Rwanda, itsinze ikipe ya Patriots imikino 4-2.

Uyu musore watanze ibyishimo bikomeye muri Basketball y’u Rwanda, yanegukanye igihembo cy’umukinnyi wahize abandi mu mikino ya kamarampaka.

Isaiah Miller nubwo yasinyiye San Antonio Spurs BBC ikina NBA, azajya anifashishwa na Austin Spurs BBC ikaba ari nk’ikipe yayo ya kabiri yo ikina NBA G League wageraranya nk’icyiciro cya kabiri.

Amakuru ahari, avuga ko APR BBC yamaze gusimbuza Isaiah Miller undi munyamerika Antino Alvarez Jackson Jr wakiniraga ikipe ya REG BBC, ndetse akaba azafasha iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu mikino ya Basketball Africa League (BAL).

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + four =

Previous Post

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Next Post

OUR OPINION: DRC: WHO BENEFITS FROM THE CRIME?

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
OUR OPINION: DRC: WHO BENEFITS FROM THE CRIME?

OUR OPINION: DRC: WHO BENEFITS FROM THE CRIME?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.