Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Paul Kagame aramukanya n’umwana wo mu muryango wa Minisitiri w’Urubyiruko mushya, yongeye gushimangira ko Umukuru w’u Rwanda akunzwe na buri.

Ni ifoto yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, ubwo hari hahumuje umuhango wo kwakira indahiro za Minisitiri mushya w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah.

Nyuma yuko Perezida Paul Kagame ayoboye uyu muhango akanakira indahiro za Minisitiri, habayeho igikorwa cyo gufata amafoto y’urwibutso, aho umuryango wa Minisitiri wifotoranyije n’Umukuru w’u Rwanda.

Mu gufata aya mafoto, umwana muto w’umuhungu wa Minisitiri, yagiye kuramutsa Umukuru w’Igihugu, bahuza urugwiro dore ko Perezida Kagame akunze kugaragaza ko akunda abana cyane.

Ni ifoto yazamuye ibinezaneza muri benshi, bagiye basangiza abandi ku mbuga nkoranyambaga zabo, iyi foto, bagaragaza ko bishimira uburyo Umukuru w’Igihugu yisanzura kuri bose.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yagize icyo avuga kuri iyi foto, yifashishije amafoto abiri, arimo imwe uyu mwana ajya kuramutsa Perezida amuha ikiganza n’indi yamuhobeye.

Ubutumwa bwa Yolande Makolo buherekeje aya mafoto, yagize ati “Byatangiye bahezanya ibiganza batuje, ariko nyuma bahita baba inshuti mu buryo bwihuse. Nabikunze.”

Urukundo Perezida Kagame akunda abana, akunze kurugaragariza mu mafoto akunze kwifotozanya n’umwuzukuru we, umwana wa Ange Ingabire Kagame, ndetse n’amashusho.

Nko mu mashusho aheruka kugaragara, Perezida Paul Kagame yariho aha umugisha umwuzukuru we, akoresheje uburyo bumenyerewe muri Kiliziya Gatulika bakoresho iyo batanga isakaramentu ryo gukomeza, bagakora ikimenyetso cy’umusaraba ku gahanga n’agashyi ku itama.

Muri aya mashusho na yo yakunzwe na benshi, umwuzukuru wa Perezida na we ahita abikora nkuko yabikorewe na Sekuru.

Byatangiye baramukanya bahana ikiganza
Bahita baba inshuti barahoberana
Ni ifoto yashimishije benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.