Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Paul Kagame aramukanya n’umwana wo mu muryango wa Minisitiri w’Urubyiruko mushya, yongeye gushimangira ko Umukuru w’u Rwanda akunzwe na buri.

Ni ifoto yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, ubwo hari hahumuje umuhango wo kwakira indahiro za Minisitiri mushya w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah.

Nyuma yuko Perezida Paul Kagame ayoboye uyu muhango akanakira indahiro za Minisitiri, habayeho igikorwa cyo gufata amafoto y’urwibutso, aho umuryango wa Minisitiri wifotoranyije n’Umukuru w’u Rwanda.

Mu gufata aya mafoto, umwana muto w’umuhungu wa Minisitiri, yagiye kuramutsa Umukuru w’Igihugu, bahuza urugwiro dore ko Perezida Kagame akunze kugaragaza ko akunda abana cyane.

Ni ifoto yazamuye ibinezaneza muri benshi, bagiye basangiza abandi ku mbuga nkoranyambaga zabo, iyi foto, bagaragaza ko bishimira uburyo Umukuru w’Igihugu yisanzura kuri bose.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yagize icyo avuga kuri iyi foto, yifashishije amafoto abiri, arimo imwe uyu mwana ajya kuramutsa Perezida amuha ikiganza n’indi yamuhobeye.

Ubutumwa bwa Yolande Makolo buherekeje aya mafoto, yagize ati “Byatangiye bahezanya ibiganza batuje, ariko nyuma bahita baba inshuti mu buryo bwihuse. Nabikunze.”

Urukundo Perezida Kagame akunda abana, akunze kurugaragariza mu mafoto akunze kwifotozanya n’umwuzukuru we, umwana wa Ange Ingabire Kagame, ndetse n’amashusho.

Nko mu mashusho aheruka kugaragara, Perezida Paul Kagame yariho aha umugisha umwuzukuru we, akoresheje uburyo bumenyerewe muri Kiliziya Gatulika bakoresho iyo batanga isakaramentu ryo gukomeza, bagakora ikimenyetso cy’umusaraba ku gahanga n’agashyi ku itama.

Muri aya mashusho na yo yakunzwe na benshi, umwuzukuru wa Perezida na we ahita abikora nkuko yabikorewe na Sekuru.

Byatangiye baramukanya bahana ikiganza
Bahita baba inshuti barahoberana
Ni ifoto yashimishije benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 3 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.