Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Paul Kagame aramukanya n’umwana wo mu muryango wa Minisitiri w’Urubyiruko mushya, yongeye gushimangira ko Umukuru w’u Rwanda akunzwe na buri.

Ni ifoto yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, ubwo hari hahumuje umuhango wo kwakira indahiro za Minisitiri mushya w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah.

Nyuma yuko Perezida Paul Kagame ayoboye uyu muhango akanakira indahiro za Minisitiri, habayeho igikorwa cyo gufata amafoto y’urwibutso, aho umuryango wa Minisitiri wifotoranyije n’Umukuru w’u Rwanda.

Mu gufata aya mafoto, umwana muto w’umuhungu wa Minisitiri, yagiye kuramutsa Umukuru w’Igihugu, bahuza urugwiro dore ko Perezida Kagame akunze kugaragaza ko akunda abana cyane.

Ni ifoto yazamuye ibinezaneza muri benshi, bagiye basangiza abandi ku mbuga nkoranyambaga zabo, iyi foto, bagaragaza ko bishimira uburyo Umukuru w’Igihugu yisanzura kuri bose.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yagize icyo avuga kuri iyi foto, yifashishije amafoto abiri, arimo imwe uyu mwana ajya kuramutsa Perezida amuha ikiganza n’indi yamuhobeye.

Ubutumwa bwa Yolande Makolo buherekeje aya mafoto, yagize ati “Byatangiye bahezanya ibiganza batuje, ariko nyuma bahita baba inshuti mu buryo bwihuse. Nabikunze.”

Urukundo Perezida Kagame akunda abana, akunze kurugaragariza mu mafoto akunze kwifotozanya n’umwuzukuru we, umwana wa Ange Ingabire Kagame, ndetse n’amashusho.

Nko mu mashusho aheruka kugaragara, Perezida Paul Kagame yariho aha umugisha umwuzukuru we, akoresheje uburyo bumenyerewe muri Kiliziya Gatulika bakoresho iyo batanga isakaramentu ryo gukomeza, bagakora ikimenyetso cy’umusaraba ku gahanga n’agashyi ku itama.

Muri aya mashusho na yo yakunzwe na benshi, umwuzukuru wa Perezida na we ahita abikora nkuko yabikorewe na Sekuru.

Byatangiye baramukanya bahana ikiganza
Bahita baba inshuti barahoberana
Ni ifoto yashimishije benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Radio10, mudatenguha abayumva n’abafatanyabikorwa abanyamakuru bayo ba Siporo bongeye gutungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.