• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umu-Republican Donald Trump wahataniraga kuyobora Leta Zunze za America Ubumwe, arakoza imitwe y’intoki ku ntsinzi, ndetse na we ubwe akaba yatangaje ko yamaze gutsinda aya matora yari ahatanyemo na Kamala Harris, Visi Perezida w’iki Gihugu.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, Trump yari amaze kugira amajwi 267 mu gihe uwatsinze amatora aba agomba kugira 270, hagendewe ku mubare w’Intebe z’abahagarariye abatora, mu gihe Kamala Harris yari afite amajwi 224.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024 Abanyamerika babarirwa muri miliyoni 120 baramukiye mu gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu, dore ko abandi babarirwa muri miliyoni 80 bari batoye mbere.

Nyuma y’amatora y’abaturage, hakurikiraho intebe z’abahagarariye abatora muri buri Leta, ziba ari 538 ari na yo majwi ari kubarurwa, aho kugeza ubu Donald Trump afite amajwi 267, aho abura atatu gusa ngo yegukane intsinzi.

Trump ukoza imitwe y’intoki ku kugaruka muri White House, yahise atangaza ko yatsinze aya matora, aho yavuze ko yari abikwiye kubera ibyo yanyuzemo byabanje kumunaniza ndetse no gusimbuka impfu z’abashaka kumwivugana.

Yagize ati “Abantu benshi barambwiye ngo Imana yarokoye ubuzima bwanjye kubera impamvu. None rero iyo mpamvu ikaba ari ugutabara Igihugu cyacu no kongera kugaruka America ku buhangange.”

Abakuru b’Ibihigu by’ibihangange, batangiye kwifuriza ishya n’ihirwe, Perezida Donald Trump, nka Emmanuel Macron w’u Bufaransa wahise atanga ubutumwa bwe.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Emmanuel Macron yagize ati “Nshimiye Perezida Donald Trump. Niteguye gukorana na we nkuko twabigenje mu gihe cy’imyaka ine.”

Perezida Macron yavuze ko akurikije imyemerere ya Trump ndetse n’iye, hazabaho ubwubahane mu ntego zabo, bagamije amahoro n’iterambere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?

Next Post

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.